Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse

radiotv10by radiotv10
09/11/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
2
Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Alyn Sano yavuze ko atumva ukuntu Polisi yamwandikiye kurenza umuvuduko w’imodoka kandi yari yicaye mu rugo ndetse n’imodoka iparitse, mu gihe Polisi ivuga ko nyuma yo gukurikirana ikibazo cye, basanze yarandikiwe koko, ivuga n’aho yandikiriwe.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Ugushyingo 2022, Alyn Sano yagize ati “Nicaye imuhira mbona message [ubutumwa] ngo warengeje umuvuduko kandi imodoka iparitse.”

Yakomeje agira ati “Biba inshuro 2 Ntanze complaint [ikirego] ngo nta kundi ugomba kwishyura, nsabye ngo banyereke ifoto barayibura mba nishyuye inshuro ebyiri harimo n’ibihano yo gutinda.”

Polisi y’u Rwanda yahise isubiza uyu muhanzikazi kuri ubu butumwa, iti “Mutwandikire muduhe nimero zanyu za telefone tubavugishe dukurikirane iki kibazo. Murakoze.”

Nyuma Polisi y’u Rwanda, yongeye gutanga igitekerezo kuri ubu butumwa, igira iti “Aya makuru watangaje ntabwo ariyo. Twakurikiranye ikibazo cyawe dusanga warandikiwe kurenza umuvuduko aho bita Niboye mu Karere ka Kicukiro ndetse no gutwara ikinyabiziga kidafite icyangombwa cy’ubuziranenge.”

Nyuma Alyn Sano na we yaje kuvuga ko ikibazo cye cyakurikiranywe, bagasanga koko yarandikiwe.

Yagize ati “Uyu munsi Polisi y’u Rwanda yakurikiranye ikibazo cyanjye dusanga camera koko yafotoye imodoka yarengeje umuvuduko nubwo message yangezeho itinze nkagira ngo ntabwo ari byo nkakurikirana hakabaho gutinda kunyereka ibimenyetso. Ubu rwose byabaye clear to me ko imodoka yafotowe.”

RADIOTV10

Comments 2

  1. lg says:
    3 years ago

    Abantu bajye birinda kutubahiriza amategeko yumuhanda bareke gukora ibyaha hanyuma ngo bahangane na Polisi banerekana ko ibarenganya cyane abitwako ali ibyamamare kandi nambere yokwandika bajye batekereza ko iyo ibyo bavuze ataribyo uretse ubushishozi bwa Polisi uwanditse aba ashobora no guhanwa nawe se umuntu imodoka ye ntigira icyangombwa cyubuziranenge aciwe ihazabu aho kwishyura ategereje ko hiyongeraho ubukererwe arengeje umuvuduko wemewe ati imodoka yanjye yari iparitse Abantu bajye bitwararika kuko akantu gato gahinduka icyaha

    Reply
  2. Egide K says:
    3 years ago

    Barakoze Rwanda Police. Muzanatubwire kuri camera ziri regle kuri 40km ahantu hatari mu rusisiro ndetse zishinze mu cyapa cya 60km. Ntibisobanutse. Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − two =

Previous Post

Perezida wa Senegal yashenguwe n’imvune ya kizigenza Sadio Mané

Next Post

Dore uko byagendekeye umugabo wateye amagi Umwami w’u Bwongereza na Madamu we

Related Posts

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video
IBYAMAMARE

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore uko byagendekeye umugabo wateye amagi Umwami w’u Bwongereza na Madamu we

Dore uko byagendekeye umugabo wateye amagi Umwami w’u Bwongereza na Madamu we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.