Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse

radiotv10by radiotv10
09/11/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
2
Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Alyn Sano yavuze ko atumva ukuntu Polisi yamwandikiye kurenza umuvuduko w’imodoka kandi yari yicaye mu rugo ndetse n’imodoka iparitse, mu gihe Polisi ivuga ko nyuma yo gukurikirana ikibazo cye, basanze yarandikiwe koko, ivuga n’aho yandikiriwe.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Ugushyingo 2022, Alyn Sano yagize ati “Nicaye imuhira mbona message [ubutumwa] ngo warengeje umuvuduko kandi imodoka iparitse.”

Yakomeje agira ati “Biba inshuro 2 Ntanze complaint [ikirego] ngo nta kundi ugomba kwishyura, nsabye ngo banyereke ifoto barayibura mba nishyuye inshuro ebyiri harimo n’ibihano yo gutinda.”

Polisi y’u Rwanda yahise isubiza uyu muhanzikazi kuri ubu butumwa, iti “Mutwandikire muduhe nimero zanyu za telefone tubavugishe dukurikirane iki kibazo. Murakoze.”

Nyuma Polisi y’u Rwanda, yongeye gutanga igitekerezo kuri ubu butumwa, igira iti “Aya makuru watangaje ntabwo ariyo. Twakurikiranye ikibazo cyawe dusanga warandikiwe kurenza umuvuduko aho bita Niboye mu Karere ka Kicukiro ndetse no gutwara ikinyabiziga kidafite icyangombwa cy’ubuziranenge.”

Nyuma Alyn Sano na we yaje kuvuga ko ikibazo cye cyakurikiranywe, bagasanga koko yarandikiwe.

Yagize ati “Uyu munsi Polisi y’u Rwanda yakurikiranye ikibazo cyanjye dusanga camera koko yafotoye imodoka yarengeje umuvuduko nubwo message yangezeho itinze nkagira ngo ntabwo ari byo nkakurikirana hakabaho gutinda kunyereka ibimenyetso. Ubu rwose byabaye clear to me ko imodoka yafotowe.”

RADIOTV10

Comments 2

  1. lg says:
    3 years ago

    Abantu bajye birinda kutubahiriza amategeko yumuhanda bareke gukora ibyaha hanyuma ngo bahangane na Polisi banerekana ko ibarenganya cyane abitwako ali ibyamamare kandi nambere yokwandika bajye batekereza ko iyo ibyo bavuze ataribyo uretse ubushishozi bwa Polisi uwanditse aba ashobora no guhanwa nawe se umuntu imodoka ye ntigira icyangombwa cyubuziranenge aciwe ihazabu aho kwishyura ategereje ko hiyongeraho ubukererwe arengeje umuvuduko wemewe ati imodoka yanjye yari iparitse Abantu bajye bitwararika kuko akantu gato gahinduka icyaha

    Reply
  2. Egide K says:
    3 years ago

    Barakoze Rwanda Police. Muzanatubwire kuri camera ziri regle kuri 40km ahantu hatari mu rusisiro ndetse zishinze mu cyapa cya 60km. Ntibisobanutse. Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 18 =

Previous Post

Perezida wa Senegal yashenguwe n’imvune ya kizigenza Sadio Mané

Next Post

Dore uko byagendekeye umugabo wateye amagi Umwami w’u Bwongereza na Madamu we

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore uko byagendekeye umugabo wateye amagi Umwami w’u Bwongereza na Madamu we

Dore uko byagendekeye umugabo wateye amagi Umwami w’u Bwongereza na Madamu we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.