Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi bazobereye gucunga umutekano wo mu mazi

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi bazobereye gucunga umutekano wo mu mazi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Rubavu hatangijwe amahugurwa y’abapolisi 14 ajyanye no gucunga umutekano wo mu mazi, azamara ibyumweru bibiri, yitezweho kugira uruhare mu bumenyi bwo gucunga umutekano wo mu mazi.

Aya mahugurwa yateguwe ku bufatanye bw’Ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe ubushakashatsi n’amahugurwa (UNITAR), na Polisi y’u Rwanda, yatangijwe ku ya 06 Gicurasi 2024.

Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda, CP Rafiki Mujiji, watangije ku mugaragaro aya mahugurwa yavuze ko uru rwego rushinzwe gucunga umutekano w’abantu n’ibyabo, rushyira imbere amahugurwa, kuko afasha Abapolisi kunoza neza inshingano zabo.

Yagize ati “Aya mahugurwa ajyanye n’ibikorwa byihariye byo gucunga umutekano wo mu mazi, agamije kongerera abapolisi bayobora ibyo bikorwa ubumenyi n’ubushobozi bizabafasha kuba abayobozi beza no kuzuza neza inshingano zo kubungabunga umutekano wo mu mazi.”

CP Mujiji yashimiye ubufatanye busanzwe hagati ya Polisi y’u Rwanda n’Ikigo cya UNITAR n’uburyo gifasha mu mahugurwa aganisha ku gukora kinyamwuga.

Aya mahugurwa azamara ibyumweru bibiri, akubiye mu byiciro bitanu by’amahugurwa nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi (Marine Unit), ACP Elias Mwesigye.

ACP Elias Mwesigye yavuze ko aya mahugurwa ategurwa hagamijwe kubaka no guteza imbere imiyoborere y’ibikorwa byo kubungabunga umutekano wo mu mazi.

Abapolisi 14 batangiye amahugurwa yo gucunga umutekano wo mu mazi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Kenya: Hagaragaye ibimenyetso ko imyuzure ishobora gukurikirwa n’ibyorezo

Next Post

Hafashwe icyemezo ku barimo umupolisi wo hejuru bafatanywe amatoni y’ikiyobyabwenge gikomeye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe icyemezo ku barimo umupolisi wo hejuru bafatanywe amatoni y’ikiyobyabwenge gikomeye

Hafashwe icyemezo ku barimo umupolisi wo hejuru bafatanywe amatoni y’ikiyobyabwenge gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.