Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi bazobereye gucunga umutekano wo mu mazi

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi bazobereye gucunga umutekano wo mu mazi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Rubavu hatangijwe amahugurwa y’abapolisi 14 ajyanye no gucunga umutekano wo mu mazi, azamara ibyumweru bibiri, yitezweho kugira uruhare mu bumenyi bwo gucunga umutekano wo mu mazi.

Aya mahugurwa yateguwe ku bufatanye bw’Ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe ubushakashatsi n’amahugurwa (UNITAR), na Polisi y’u Rwanda, yatangijwe ku ya 06 Gicurasi 2024.

Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda, CP Rafiki Mujiji, watangije ku mugaragaro aya mahugurwa yavuze ko uru rwego rushinzwe gucunga umutekano w’abantu n’ibyabo, rushyira imbere amahugurwa, kuko afasha Abapolisi kunoza neza inshingano zabo.

Yagize ati “Aya mahugurwa ajyanye n’ibikorwa byihariye byo gucunga umutekano wo mu mazi, agamije kongerera abapolisi bayobora ibyo bikorwa ubumenyi n’ubushobozi bizabafasha kuba abayobozi beza no kuzuza neza inshingano zo kubungabunga umutekano wo mu mazi.”

CP Mujiji yashimiye ubufatanye busanzwe hagati ya Polisi y’u Rwanda n’Ikigo cya UNITAR n’uburyo gifasha mu mahugurwa aganisha ku gukora kinyamwuga.

Aya mahugurwa azamara ibyumweru bibiri, akubiye mu byiciro bitanu by’amahugurwa nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi (Marine Unit), ACP Elias Mwesigye.

ACP Elias Mwesigye yavuze ko aya mahugurwa ategurwa hagamijwe kubaka no guteza imbere imiyoborere y’ibikorwa byo kubungabunga umutekano wo mu mazi.

Abapolisi 14 batangiye amahugurwa yo gucunga umutekano wo mu mazi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + five =

Previous Post

Kenya: Hagaragaye ibimenyetso ko imyuzure ishobora gukurikirwa n’ibyorezo

Next Post

Hafashwe icyemezo ku barimo umupolisi wo hejuru bafatanywe amatoni y’ikiyobyabwenge gikomeye

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe icyemezo ku barimo umupolisi wo hejuru bafatanywe amatoni y’ikiyobyabwenge gikomeye

Hafashwe icyemezo ku barimo umupolisi wo hejuru bafatanywe amatoni y’ikiyobyabwenge gikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.