Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Primaire abatsinze neza ni 5.7%, Tronc-Commun ni 15.8%…Abanyeshuri 60.000 batsinzwe noneho bazasibira

radiotv10by radiotv10
05/10/2021
in MU RWANDA
0
Primaire abatsinze neza ni 5.7%, Tronc-Commun ni 15.8%…Abanyeshuri 60.000 batsinzwe noneho bazasibira
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Mbere Minisiteri y’Uburezi yatangaje ku mugaragaro amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza ndetse n’ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye. Bitandukanye no mu yindi myaka, abanyeshuri batatsinze ntabwo bazimuka ngo bajye mu kindi cyiciro.

Ni umuhango wabereye ku cyicaro cy’iyi minisiteri, aho wayobowe na Minisitiri w’Uburezi Dr Valentine Uwamariya.

Minisitiri Uwamariya yavuze ko abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza amashuri abanza ari 251,906, barimo abakobwa 136,830 n’abahungu 115,076. Na ho mu cyiciro rusange hakoze 121,626, harimo abakobwa 66, 240 n’abahungu 55, 386.

Hashingiwe ku byiciro by’imitsindire (Divisions) MINEDUC yatangaje ko abatsinze mu cyiciro cya mbere ari14,373 bangana na 5,7%, mu cyiciro cya kabiri bakaba 54,214 bangana na 21,5%, mu cyiciro cya gatatu ni 75,817 bangana na 30,10%, mu cyiciro cya kane ni 63,326 bangana na 25,1%.

Na ho abatsinzwe bakaba bari mu cyiciro cya gatanu kizwi nka Unclassified ni 44,176 bagana na 17,5%.

Mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, MINEDUC yavuze ko abatsinze mu cyiciro cya mbere ari 19,238 bangana na 15,8%, icyiciro cya kabiri ni 22,576 bangana 18,6%, icyiciro cya gatatu ni 17,349 bangana na 14,3%, na ho icyiciro cya kane ni 45,842 bangana na 37,7%.

Muri iki cyiciro rusange abatsinze bari mu cyiciro cya gatanu ni 16,466 bakaba bangana 13,6%.

Minisitiri w’Uburezi yavuze ko abatsinzwe mu mashuri abanza 44,176 ndetse n’abanyeshuri 16,466 batsinzwe mu mu cyiciro rusange badahabwa ibigo nk’uko byari bimenyereye ahubwo ngo bazasubiramo amasomo.

Ibi iyi minisiteri ikaba ivuga ko yabishingiye ku mwanzuro w’umwiherero w’abayobozi uherutse, aho hemejwe ko nta munyeshuri uzajya yimunwa atatsinze.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Iradukunda Bertand wakiniraga Gasogi United yereje muri Botswana

Next Post

AMAVUBI STARS: 23 TEN SPORTS “Urukiko” rubona bakwiye gusigara ku rupapuro rw’abazahura na Uganda Cranes

Related Posts

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAVUBI STARS: 23 TEN SPORTS “Urukiko” rubona bakwiye gusigara ku rupapuro rw’abazahura na Uganda Cranes

AMAVUBI STARS: 23 TEN SPORTS “Urukiko” rubona bakwiye gusigara ku rupapuro rw’abazahura na Uganda Cranes

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.