Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko

radiotv10by radiotv10
28/04/2023
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid uregwa ibyaha birimo icyo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina, yagarutse mu rukiko kugira ngo akomeza kuburana ku bujurire bw’Ubushinjacyaha, bwajuririye icyemezo cyo kumugira umwere.

Prince Kid washinze kompanyi ya Rwanda Inspiration BackUp yategura irushanwa rya Miss Rwanda, ubu akaba aregwa ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina bivugwa ko ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye iri rushanwa.

Tariki 12 Ukuboza umwaka ushize wa 2022, Prince Kid yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije urubanza aregwamo, ariko Ubushinjacyaha ntibwanyurwa buza kujuririra Urukiko Rukuru.

Uru rubanza rw’ubujurire rwatangiye kuburanishwa tariki 31 Werurwe 2023, rwasubitswe rudapfundikiwe, rwimurirwa kuri uyu wa 28 Mata 2023.

Muri iki gitondo, Ishimwe Dieudonne AKA Prince Kid yari yageze mu cyumba cy’Urukiko Rukuru kugira ngo urubanza aregwamo rusubukurwe.

Muri iri buranisha ryabaye tariki 31 Werurwe, ubwo uregwa yatangiraga kuburana ubujurire bwatanzwe n’Ubushinjacyaha, yakomeje guhakana ibyaha ashinjwa, avuga ko kujyanwa mu nkiko kwe hari ababyihishe inyuma.

Muri iri buranisha noneho ryabereye mu ruhame, Prince Kid yavuze ko ikirego cyatanzwe bwa mbere n’uwahawe izina rya TGK hagamijwe kugira ngo yamburwe ibikorwa byo gutegura iri rushanwa rya Miss Rwanda yatangiye gutegura muri 2014, ngo kugira ngo rihabwe umukobwa uvuga ko afite ubushobozi.

Prince Kid wavugaga ko ibyaha ashinjwa bitabayeho, icyo gihe yari yagize ati “Ibikorwa byose byavuzwe n’Ubushinjacyaha ntabwo byabayeho. Ni ibyaha byatekinitswe.”

Muri iri buranisha ryabaye tariki 31 Werurwe, Ubushinjacyaha bwakomeje kuvuga ko Uregwa (Prince Kid) yakoreye ihohotera rishingiye ku gitsina bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda.

Bwavuze ko hari ubuhamya bw’umwe mu batangabuhamya wavuze ko uregwa yamuhohoteye amushukishije ibyo yamuhaye amufatiranye n’ubukene bwariho mu bihe bya COVID-19.

Prince Kid muri iki gitondo ubwo yari ageze ku Rukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Menya icyatumye Perezida w’Igihugu cy’igihangange atungurana akagaragara arinzwe n’Abajepe badasanzwe

Next Post

Abafungiye iby’ikirombe cyagwiriye abantu i Huye bamenyekanye barimo uwari Major

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Hamenyekanye amakuru mashya atunguranye ku bantu 6 bagwiriwe n’ikirombe kitari kizwi

Abafungiye iby’ikirombe cyagwiriye abantu i Huye bamenyekanye barimo uwari Major

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.