Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Putin yageneye ubutumwa Trump anagaragaza ko ibintu bishobora kuzahinduka hagati y’u Burusiya na America

radiotv10by radiotv10
08/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Putin yageneye ubutumwa Trump anagaragaza ko ibintu bishobora kuzahinduka hagati y’u Burusiya na America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yashimiye Donald Trump wongeye gutorerwa kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, anasezeranya ko yiteguye ko bazagirana ibiganiro.

Perezida Putin yageneye ubutumwa Trump kuri uyu wa Kane nyuma y’umunsi umwe uyu munyapolitiki usanzwe ari n’umushoramari atsindiye kugaruka muri White House.

Perezida w’u Burusiya yavuze ko Trump yagaragaje ubutangamburuzwa kubera inzira y’inzitane yanyuzemo irimo kuba yararashwe n’uwashakaga kumwivugana, ariko Imana igakinga akaboko.

Mu butumwa bwa mbere Putin yatanze kuva Trump yatorerwa kongera kuba Perezida wa US, yavuze ko yiteguye kuganira n’uyu uzaba Perezida wa America kuva muri Mutarama umwaka utaha wa 2025.

Agaruka ku buryo Trump yitwaye ubwo yarasirwaga muri Pennsylvania, Putin yavuze ko “Yabyitwayemo neza, mu buryo buboneye, ntiyacika intege, nk’umugabo wa nyawe. Ndifuza gufata uyu mwanya kugira ngo mushimire ku bwo gutorwa.”

Avuga ku byo kuzaganira na we ku by’intambara yo muri Ukraine, Putin yagize ati “Ku byavuzwe ko hari ubushake bwo kubura umubano n’u Burusiya mu kurangiza amakimbirane yo muri Ukraine, ku bwanjye ibi birasaba ubushishozi.”

Ni mu gihe Trump ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, yavuze ko aramutse atowe yahita arangiza intambara yo muri Ukraine mu gihe cy’amasaha 24 gusa, ariko ntiyatangaje inzira yazakoresha.

Putin muri ubu butumwa bwe, yavuze ko kuri iyi ngingo “atazi ikigiye gukurikiraho. Ntabwo nzi aho byerecyeza.”

Abajijwe niba yazahura na Trump mu gihe yabyifuza, Putin yavuze ko yiteguye kongera kubyutsa ibiganiro na Trump mu gihe yabyifuza, kandi ko yiteguye kuba bagirana ibiganiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + seventeen =

Previous Post

Umunyamakuru ukomoka muri Kenya wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda yageneye ubutumwa Perezika Kagame

Next Post

Umuhanzikazi w’ikirangirire yababajwe n’ibyo umugabo we yakoze batabyumvikanyeho

Related Posts

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’ikirangirire yababajwe n’ibyo umugabo we yakoze batabyumvikanyeho

Umuhanzikazi w’ikirangirire yababajwe n’ibyo umugabo we yakoze batabyumvikanyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.