Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

radiotv10by radiotv10
14/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera
Share on FacebookShare on Twitter

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye igihe.

Ni inkuru yatangajwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe, mu itangazo bwashyize hanze bugaragaza iyi nkuru y’akababaro y’urupfu rw’uyu muganga.

Muri ubu butumwa, Ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwagize buti “Ruhukira mu mahoro Dr. Charles MUGEMANA. Imyaka irenga 30 y’ubwitange ukorera Gikundiro, turaha agaciro kandi twishimira ubuzima bwe.”

Dr. Mugemana usanzwe ari n’umubyeyi w’Umuhanzi Queen Cha, yari amaze igihe arembye, kuko yagiye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali muri Nzeri umwaka ushize wa 2025.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2025, itsinda ry’abafana b’ikipe ya Rayon Sports rizwi nka Rayon Twifuza, riherekejwe n’uwari Perezida w’iyi kipe, ryasuye Twagirayezu Thaddée, basuye Dr Mugemana Charles wari umaze amezi atatu arwariye muri biriya Bitaro bya CHUK.

Dr Charle Mugemana watangiye kuvura abakinnyi b’Ikipe ya Rayon Sports kuva mu 1995, uretse kuba yakoreraga iyi kipe, yari asanzwe ari n’umukunzi ukomeye wayo.

Mu kiganiro yagiranye na kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda muri 2018, Dr Mugemana yavuze ko isano afitanye n’ikipe ya Rayon atari ukuba ari umukozi wayo wari uyimazemo igihe cyose kingana gutyo, ahubwo ko yakuze ari umukunzi wayo.

Icyo gihe yagize ati “Rayon Sports ni ikipe yanjye. Ni iy’i Nyanza hafi y’iwacu. Natangiye kuyireba ndi umwana nkura ndi umukunzi wayo bisanzwe. Nyuma ngiye kwiga, nize ibijyanye n’ubuvuzi ari nabyo byaje gutuma nyizamo nk’umukozi ariko birumvikana naranayifanaga.”

Dr Mugemana yashimiwe n’ubuyobozi ku myaka 30 yari amaze ari umuganga w’iyi kipe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera
FOOTBALL

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.