Friday, April 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon yari iri kugawa imikinire yatangaje inkuru nziza ihumuriza abakunzi bayo

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
2
Rayon yari iri kugawa imikinire yatangaje inkuru nziza ihumuriza abakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports yari imaze iminsi itaramanwa kubera imikine yagaragazaga mu mikino ya gicuti, yatangaje igaruka ry’umukinnyi w’igikurankota ujya ayifasha cyane mu gutaha izamu.

Mu minsi micye ishize, Rayon Sports yakinnye imikino ibiri ya gicuti irimo uwo yakinnye na Vital’o FC yo mu Burundi ndetse n’uwo iherutse gukina na Gorilla FC, yombi irayinganya.

Bamwe mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda barimo n’abakunzi b’iyi kipe, batangiye kugaya imikinire y’iyi kipe igomba kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika.

Bamwe banengaga ubusatirizi bw’iyi kipe, mu gihe isanzwe izwiho gutaha izamu, ariko bamwe bakavuga ko nta bakinnyi bataha izamu ifite muri iki gihe nyuma y’uko Onana agiye.

Kuri uyu wa Kane tariki 03 Kanama 2023, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko rutahizamu w’Umunyekongo Héritier Luvumbu Nzinga, agarutse muri iyi kipe, mu gihe byakekwaga ko azerecyeza mu yindi.

Mu butumwa bwanyuze ku mbuga nkoranyambaga za Rayon Sports, buherekejwe n’ifoto ya Luvumbu ari ku Kibuga cy’Indege muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iyi kipe yavuze ko agiye gufata rutemikirere yerecyeza mu Rwanda.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwagize buti “Mu nzira yerecyeza i Kigali, Héritier Luvumbu Nzinga agarutse kubasusurutsa nanone.”

Luvumbu ubwo yari agiye kurira indege
Yitezweho kongera gushimisha abakunzi ba ruhago

RADIOTV10

Comments 2

  1. Mukiza Philibert says:
    3 years ago

    Cyakoze aho ho nanjye ndemeranya naba yobozi

    Reply
  2. Kadaba says:
    3 years ago

    Nagaruke yaduheshe igikombe cyamahoro.

    Reply

Leave a Reply to Kadaba Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − three =

Previous Post

Hatanzwe amakuru arambuye ku mpanuka y’ubwato yabaye mu Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda

Next Post

Habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Shampiyona itangire Arsenal yavukinishije rutahizamu nyamwamba

Related Posts

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

by radiotv10
31/03/2026
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 itsinze iya Estonia mu mukino warebwe na Perezida Paul...

IZIHERUKA

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje
FOOTBALL

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

03/04/2026
Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

02/04/2026
Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

02/04/2026
Eng.-Tshisekedi and Ndayishimiye Accused of Atrocities Against Banyamulenge

Eng.-Tshisekedi and Ndayishimiye Accused of Atrocities Against Banyamulenge

02/04/2026
Igitero cy’uwitwaje umuhoro yagabye ku ishuri muri Uganda cyahitanye abana bane cyasize amarira menshi

Igitero cy’uwitwaje umuhoro yagabye ku ishuri muri Uganda cyahitanye abana bane cyasize amarira menshi

02/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Shampiyona itangire Arsenal yavukinishije rutahizamu nyamwamba

Habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Shampiyona itangire Arsenal yavukinishije rutahizamu nyamwamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.