Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki
Share on FacebookShare on Twitter

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba Rayon Sports FC ibyabereye kuri stade ya Bugesera umwaka ushize.

Mu mukino w’umunsi wa 11 wabereye kuri stade ya Bugesera kuri iki cyumweru taliki ya 14 Ukuboza 2025, Ikipe ya Rayon Sports FC yabanjwe igitego cyatsinzwe na Rugangazi Prosper ariko mu minota y’inyongera ku gice cya mbere , Habimana Yves yishyurira Rayon Sports FC igitego yatsinze kuri penaliti.

Bugesera FC yabonye igitego cya kabiri cy’intsinzi ku munota wa 78 cyatsinzwe na Byishimo Valua.

Abafana ba Rayon Sports FC bongeye gushavurira i Bugesera nk’umwaka ushize ubwo batsindwaga na Bugesera FC ibitego 2-1 byabaviriyemo gutakaza igikombe cya shampiyona , umukino wasize amateka mabi , abafana bagatera amabuye bamwe bakaza no kubihanirwa.

Uku gutsindwa kwatumye Rayon Sports FC yisanga ku mwanya wa gatanu n’amanota 17 irushwa na Police FC ya mbere amanota 9.

Mu yindi mikino y’umunsi wa 11, Marine FC yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda SC Kiyovu igitego kimwe ku busa mu mukino wabereye kuri stade Umuganda kuri iki cyumweru, taliki ya 14 Ukuboza 2025.

APR FC yanganyije na Gorilla FC ubusa ku bundi, mu gihe Etincelles FC yabonye intsinzi ya mbere kuva iyi shampiyona yatangira , ubwo yatsindaga Musanze FC ibitego 3-1 iyisanze iwayo kuri stade Ubworoherane.

Kuri uyu wa mbere saa 18h00, ikipe ya Al Hilal Omdurman irakira Rutsiro FC kuri Kigali Pele Stadium.

Imikino y’umunsi wa 11:

Ku cyumweru taliki ya 14.12.2025

  • Al- Merrikh 1 – 0 Amagaju FC
  • Bugesera 2-1 Rayon Sports FC
  • Marine FC 1-0 SC Kiyovu
  • Mukura VS 2-0 Gicumbi FC

Ku wa Gatandatu taliki ya 13.12.2025

  • Gorilla FC 0-0 APR FC
  • As Muhanga 0 – 0 As Kigali
  • Musanze FC 1-3 Etincelles FC

Ku wa Gatanu taliki ya 12.12.2025

  • Police FC 1-0 Gasogi United

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 7 =

Previous Post

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

Next Post

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.