Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rayon&AS Kigali: Abafana bararebana ay’ingwe kubera ibara ry’ubururu…Ubuyobozi buti “Ni amarangamutima adafite aho ashingiye”

radiotv10by radiotv10
01/12/2021
in MU RWANDA, SIPORO
0
Rayon&AS Kigali: Abafana bararebana ay’ingwe kubera ibara ry’ubururu…Ubuyobozi buti “Ni amarangamutima adafite aho ashingiye”
Share on FacebookShare on Twitter

Abafana ba Rayon Sports bakomeje kuvuga ko batumva impamvu ikipe ya AS Kigali isigaye yambara imyambaro y’ibara ry’ubururu n’umweru, bakavuga ko ari ukubashishura mu gihe ubuyobozi bw’aya makipe bwo buvuga ko ntakibazo bubibonamo kuko ibitangazwa n’abafana nta tegeko bishingiyeho.

Hashize ukwezi shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda itangiye ndetse amwe mu makipe agaragaye mu mwambaro mushya.

AS Kigali yari isanzwe imenyerewe mu ibara ry’umuhondo n’icyatsi byerurutse, ubu yagaragaye no mu mwambaro w’ibara ry’Ubururu n’umweru risanzwe rimenyerewe kuri Rayon Sports.

Bamwe mu bafana ba Rayon bavuga ko batunguwe no kubona AS Kigali igaragaye muri iri bara risanzwe rizwi ko ari iryabo.

Umwe mu bafana ba Rayon ati “Ko ku Isi yose ibara ry’ubururu n’umweru ari irya Rayon Sports, kuki AS Kigali yaje kwiharira ubururu n’umweru? Ahubwo niba hari ingingo ihana abashishuzi [kwigana], AS Kigali bayihanire kudushishura.”

Aba bafana basaba ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kugira icyo ibikoraho kuko bibabangamiye.

Umwe ati “Byangiza isura yacu kuko iyo uje ugasanga AS Kigali iri gukina nta mufana, twe twaba turi gukina, bose bagira ngo ni abafana babo ku buryo n’umuterankunga yakwibeshya.”

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele avuga ko ibitangazwa n’aba bafana ari amarangamutima yabo kuko ibyo bavuga batabishingira ku mategeko yaba yarishwe.

Ikipe ya Rayon Sports

Avuga ko amakipe abanza gutanga imyenda muri FERWAFA ikaba ari yo iyemeza kandi ko imyenda y’aya makipe yombi yemejwe.

Ati “Ikipe igira imyenda ibiri cyangwa irenzeho ishobora gukinana yasuye cyangwa yasuwe. Rero ntabwo wabuze ikipe ngo ntiwambare iri bara, amakipe ashobora kuba menshi, amabara ari macye. Ntayavuze ngo mfite ibara ryanjye.”

Icyakora avuga ko aya marangamutima y’abafana ayumva ariko ko bakwiye guca bugufi bakumva ko nta kosa ryakozwe bakoroherana nk’uko siporo isanzwe ari umuyoboro w’ubworoherane.

Ikipe ya AS Kigali

Perezida wa AS Kigali, Shema Fabrice aherutse gutangaza ko bahisemo ariya mabara bagendeye ku kirango [Logo] gishya cy’iyi kipe.

Ati “Ntawaje kutubwira ngo mwashyizeho ibiranga bisa na Rayon. Niba batwakiriye ubwo barambara iyabo natwe dushake iyindi twambara, ibyo mu mupira w’amaguru hari amategeko abigenga ntakibazo kiba gihari.”

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 1 =

Previous Post

Nyanza: Ubushinjacyaha bwasabiye Aba-Islam baregwa iterabwoba gufungwa burundu no kwamburwa uburenganzira

Next Post

Menya ibiri kuba hamwe na TV10: Tubazaniye amakuru avunaguye ya saa 12:30’

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibiri kuba hamwe na TV10: Tubazaniye amakuru avunaguye ya saa 12:30’

Menya ibiri kuba hamwe na TV10: Tubazaniye amakuru avunaguye ya saa 12:30’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.