Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rayon&AS Kigali: Abafana bararebana ay’ingwe kubera ibara ry’ubururu…Ubuyobozi buti “Ni amarangamutima adafite aho ashingiye”

radiotv10by radiotv10
01/12/2021
in MU RWANDA, SIPORO
0
Rayon&AS Kigali: Abafana bararebana ay’ingwe kubera ibara ry’ubururu…Ubuyobozi buti “Ni amarangamutima adafite aho ashingiye”
Share on FacebookShare on Twitter

Abafana ba Rayon Sports bakomeje kuvuga ko batumva impamvu ikipe ya AS Kigali isigaye yambara imyambaro y’ibara ry’ubururu n’umweru, bakavuga ko ari ukubashishura mu gihe ubuyobozi bw’aya makipe bwo buvuga ko ntakibazo bubibonamo kuko ibitangazwa n’abafana nta tegeko bishingiyeho.

Hashize ukwezi shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda itangiye ndetse amwe mu makipe agaragaye mu mwambaro mushya.

AS Kigali yari isanzwe imenyerewe mu ibara ry’umuhondo n’icyatsi byerurutse, ubu yagaragaye no mu mwambaro w’ibara ry’Ubururu n’umweru risanzwe rimenyerewe kuri Rayon Sports.

Bamwe mu bafana ba Rayon bavuga ko batunguwe no kubona AS Kigali igaragaye muri iri bara risanzwe rizwi ko ari iryabo.

Umwe mu bafana ba Rayon ati “Ko ku Isi yose ibara ry’ubururu n’umweru ari irya Rayon Sports, kuki AS Kigali yaje kwiharira ubururu n’umweru? Ahubwo niba hari ingingo ihana abashishuzi [kwigana], AS Kigali bayihanire kudushishura.”

Aba bafana basaba ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kugira icyo ibikoraho kuko bibabangamiye.

Umwe ati “Byangiza isura yacu kuko iyo uje ugasanga AS Kigali iri gukina nta mufana, twe twaba turi gukina, bose bagira ngo ni abafana babo ku buryo n’umuterankunga yakwibeshya.”

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele avuga ko ibitangazwa n’aba bafana ari amarangamutima yabo kuko ibyo bavuga batabishingira ku mategeko yaba yarishwe.

Ikipe ya Rayon Sports

Avuga ko amakipe abanza gutanga imyenda muri FERWAFA ikaba ari yo iyemeza kandi ko imyenda y’aya makipe yombi yemejwe.

Ati “Ikipe igira imyenda ibiri cyangwa irenzeho ishobora gukinana yasuye cyangwa yasuwe. Rero ntabwo wabuze ikipe ngo ntiwambare iri bara, amakipe ashobora kuba menshi, amabara ari macye. Ntayavuze ngo mfite ibara ryanjye.”

Icyakora avuga ko aya marangamutima y’abafana ayumva ariko ko bakwiye guca bugufi bakumva ko nta kosa ryakozwe bakoroherana nk’uko siporo isanzwe ari umuyoboro w’ubworoherane.

Ikipe ya AS Kigali

Perezida wa AS Kigali, Shema Fabrice aherutse gutangaza ko bahisemo ariya mabara bagendeye ku kirango [Logo] gishya cy’iyi kipe.

Ati “Ntawaje kutubwira ngo mwashyizeho ibiranga bisa na Rayon. Niba batwakiriye ubwo barambara iyabo natwe dushake iyindi twambara, ibyo mu mupira w’amaguru hari amategeko abigenga ntakibazo kiba gihari.”

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Nyanza: Ubushinjacyaha bwasabiye Aba-Islam baregwa iterabwoba gufungwa burundu no kwamburwa uburenganzira

Next Post

Menya ibiri kuba hamwe na TV10: Tubazaniye amakuru avunaguye ya saa 12:30’

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibiri kuba hamwe na TV10: Tubazaniye amakuru avunaguye ya saa 12:30’

Menya ibiri kuba hamwe na TV10: Tubazaniye amakuru avunaguye ya saa 12:30’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.