Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA
2
RBC yavuze ku ndwara idasanzwe yadutse ku Isi inasubiza abibaza niba yarageze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze amakuru arambuye ku ndwara ya Monkeypox ikomeje kuragara mu bice binyuranye by’Isi, inatanga umucyo ku bibaza niba iyi ndwara y’uruhu yaba yarageze mu Rwanda.

Iyi ndwara ya Monkeypox imaze kugaragara mu Bihugu binyuranye birimo ibyo ku Mugabane w’u Burayi birimo u Bufaransa, Sweden, Espagne, u Butaliyani ndetse no muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru mashya kuri iyi ndwara imaze icyumweru ikomeje kugarukwaho cyane, avuga ko ubu hari gukorwa icukumbura muri ibi Bihugu by’i Burayi ndetse no muri Cananda, muri Australia no muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Muri Canada gusa hari gukorwa ibizamini ku bantu 13 bakekwaho kurwara iyi ndwara ifata uruhu.

Umuntu wa mbere urwaye iyi ndwara, yagaragaye tariki 07 Gicurasi 2022 mu Bwongereza aho uwo murwayi yari aherutse gukorera ingendo muri Nigeria bikaba binakekwa ko ari ho yayikuye.

Iyi ndwara ya Monkeypox ikunze kugaragara cyane mu Bihugu byo muri Afurika yo Hagati n’iy’Iburengerazuba.

Inzego z’ubuzima ku Isi ndetse no mu Bihugu by’i Burayi yamaze kugaragaramo, ziratangaza ko inkomo y’iyi ndwara, itaramenyekana.

Iyi ndwara iterwa na Virus, ntikunze kwanduzanya hagati y’abantu ndetse nta nubwo ikwirakwira mu bantu cyane mu buryo bwa rusange nk’icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze igihe cyarashegeshe Isi.

 

Ntiragera mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) gitangaza ko iyi ndwara ya Monkeypox ihererekanywa binyuze ku gukora ku nyamaswa, ku muntu byamaze kwandura cyangwa no ku bindi bintu iyo virusi yagezeho.

Iki Kigo kandi cyamaze impungenge ku bakekaga ko iyi ndwara yaba yamaze kugera mu Rwanda, kigira kiti “Iyi ndwara ntabwo iragaragara mu Rwanda.”

RBC ikomeza ivuga ko “Inyamaswa zishobora kwanduza abantu iyi virusi binyuze mu kubaruma cyangwa kubashwaratuza inzara. Abantu kandi bashobora kwandura binyuze mu gukora ku matembabuzi ava mu mubiri w’uwanduye cyangwa gukora ku myenda n’ibiryamirwa by’uwanduye.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima cyanagaragaje ingamba zo kwirinda iyi ndwara zirimo kwirinda gukora ku nyamaswa cyane cyane izipfushije, kwirinda gukora ku murwayi cyangwa inyamaswa irwaye no kwirinda gukora ku myenda cyangwa ibiryamirwa by’umurwayi.

Virusi itera #Monkeypox ihererekanywa binyuze ku gukora ku nyamaswa, ku muntu byamaze kwandura cyangwa no ku bindi bintu iyo virusi yagezeho.

Iyi ndwara ntabwo iragaragara mu #Rwanda. https://t.co/3CQAMFbVdA

— Rwanda Biomedical Centre (@RBCRwanda) May 20, 2022

RADIOTV10

Comments 2

  1. Sharifu says:
    3 years ago

    Imana ikiturinde nukiri kandi mushyireho ubukangurambaga bwisuku ndetse mukwirakwize namazi meza

    Reply
  2. DUSENGE says:
    3 years ago

    Ese kuki amafoto yifashishijwe ari ayabirabura kandi numva ibihugu irimo ari mubazungu?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Ntaganda wafunzwe imyaka 4 azira gukurura amacakubiri yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya Perezida

Next Post

Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye

Related Posts

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
02/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
02/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
0

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye

Amavubi: Kwizera Olivier arahamagawe, Haruna na Jacques Tuyisenge basigaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.