Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

radiotv10by radiotv10
05/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’Umutekano ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zikomeje kwagura ibikorwa byo guha inkunga abaturage z’iby’ibanze bakenera, birimo ibiribwa, imbuto ndetse n’ibikoresho by’ishuri.

Ibi bikorwa by’Inzego z’umutekano z’u Rwanda bigamije kuzamura imibereho y’abaturage, bikorerwa mu Turere twa Palma na Mocimboa da Praia.

Izi nzego ziyemeje gukora ibi bikorwa nyuma yo kubona ko hari ibice birimo ubukene bukabije butuma abaturage batabona ibyo bakenera by’ibanze nk’imbuto yakagombye gufasha aba baturage kurwanya inzara.

Ubuyobozi bwa RDF buvuga ko kuva muri Mutarama uyu mwaka wa 2024, izi nzego z’u Rwanda zageneye inkunga y’ibintu binyuranye, abaturage bo mu gace k’icyaro ka Pundanhar mu Karere ka Palma, no mu bice bya Natandola, Chinda na Mbau mu Ntara ya Mocimboa da Praia.

Inkunga zatanzwe, zirimo imbuto y’ibigori, ibishyimbo n’ubunyobwa, byose bigamije gufasha aba baturage guhangana n’imibereho mibi ibugarije ituma baterwa n’inzara.

Izi nzego kandi ziboneraho kuganira n’abaturage no kubigisha uburyo bahinga mu buryo bugezweho, ndetse zikanabaha ibikoresho by’ishuri birimo amakayi, ibitabo, amarati, ingwa n’amakaramu, byagiye bihabwa abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’n’ayisumbuye bo mu bice byose biri mu nshingano z’inzego z’umutekano z’u Rwanda.

RDF ivuga kandi ko iki gikorwa cyo gutanga ibikoresho by’ishuri kizakomereza no mu bigo by’amashuri yose yo mu Turere twa Mocimboa da Praia na Palma.

Izi nzego z’umutekano z’u Rwanda kandi, zakoze ibikorwa byo kuvura ku buntu mu bice binyuranye byo muri utu Turere, aho zibasanga mu bice batuyemo.

Abaturage bo muri ibi bice, bakomeje gushimira inzego z’umutekano z’u Rwanda, kimwe n’ubuyobozi bwa Mozambique, kuri ibi bikorwa bikomeje guhindura imibereho y’abaturage.

Maj Gen Alex Kagame uyoboye inzego z’umutekano z’u Rwanda muri Mozambique anaganiriza abaturage

Inzego z’umutekano zatanze inkunga y’ibiribwa

Zinavura abaturage

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

Next Post

Perezida w’Igihugu cy’i Burayi yemeye ko cyashoboraga guhagarika Jenoside ariko hakabura ubushake

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’Igihugu cy’i Burayi yemeye ko cyashoboraga guhagarika Jenoside ariko hakabura ubushake

Perezida w’Igihugu cy’i Burayi yemeye ko cyashoboraga guhagarika Jenoside ariko hakabura ubushake

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.