Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

radiotv10by radiotv10
05/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’Umutekano ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zikomeje kwagura ibikorwa byo guha inkunga abaturage z’iby’ibanze bakenera, birimo ibiribwa, imbuto ndetse n’ibikoresho by’ishuri.

Ibi bikorwa by’Inzego z’umutekano z’u Rwanda bigamije kuzamura imibereho y’abaturage, bikorerwa mu Turere twa Palma na Mocimboa da Praia.

Izi nzego ziyemeje gukora ibi bikorwa nyuma yo kubona ko hari ibice birimo ubukene bukabije butuma abaturage batabona ibyo bakenera by’ibanze nk’imbuto yakagombye gufasha aba baturage kurwanya inzara.

Ubuyobozi bwa RDF buvuga ko kuva muri Mutarama uyu mwaka wa 2024, izi nzego z’u Rwanda zageneye inkunga y’ibintu binyuranye, abaturage bo mu gace k’icyaro ka Pundanhar mu Karere ka Palma, no mu bice bya Natandola, Chinda na Mbau mu Ntara ya Mocimboa da Praia.

Inkunga zatanzwe, zirimo imbuto y’ibigori, ibishyimbo n’ubunyobwa, byose bigamije gufasha aba baturage guhangana n’imibereho mibi ibugarije ituma baterwa n’inzara.

Izi nzego kandi ziboneraho kuganira n’abaturage no kubigisha uburyo bahinga mu buryo bugezweho, ndetse zikanabaha ibikoresho by’ishuri birimo amakayi, ibitabo, amarati, ingwa n’amakaramu, byagiye bihabwa abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’n’ayisumbuye bo mu bice byose biri mu nshingano z’inzego z’umutekano z’u Rwanda.

RDF ivuga kandi ko iki gikorwa cyo gutanga ibikoresho by’ishuri kizakomereza no mu bigo by’amashuri yose yo mu Turere twa Mocimboa da Praia na Palma.

Izi nzego z’umutekano z’u Rwanda kandi, zakoze ibikorwa byo kuvura ku buntu mu bice binyuranye byo muri utu Turere, aho zibasanga mu bice batuyemo.

Abaturage bo muri ibi bice, bakomeje gushimira inzego z’umutekano z’u Rwanda, kimwe n’ubuyobozi bwa Mozambique, kuri ibi bikorwa bikomeje guhindura imibereho y’abaturage.

Maj Gen Alex Kagame uyoboye inzego z’umutekano z’u Rwanda muri Mozambique anaganiriza abaturage

Inzego z’umutekano zatanze inkunga y’ibiribwa

Zinavura abaturage

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + seventeen =

Previous Post

Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

Next Post

Perezida w’Igihugu cy’i Burayi yemeye ko cyashoboraga guhagarika Jenoside ariko hakabura ubushake

Related Posts

Bashyize hanze iby’umukobwa uvugwaho gukanda se imyanya y’ibanga ubugirakabiri

Bashyize hanze iby’umukobwa uvugwaho gukanda se imyanya y’ibanga ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

IZIHERUKA

Bashyize hanze iby’umukobwa uvugwaho gukanda se imyanya y’ibanga ubugirakabiri
MU RWANDA

Bashyize hanze iby’umukobwa uvugwaho gukanda se imyanya y’ibanga ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’Igihugu cy’i Burayi yemeye ko cyashoboraga guhagarika Jenoside ariko hakabura ubushake

Perezida w’Igihugu cy’i Burayi yemeye ko cyashoboraga guhagarika Jenoside ariko hakabura ubushake

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bashyize hanze iby’umukobwa uvugwaho gukanda se imyanya y’ibanga ubugirakabiri

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.