Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

radiotv10by radiotv10
05/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’Umutekano ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zikomeje kwagura ibikorwa byo guha inkunga abaturage z’iby’ibanze bakenera, birimo ibiribwa, imbuto ndetse n’ibikoresho by’ishuri.

Ibi bikorwa by’Inzego z’umutekano z’u Rwanda bigamije kuzamura imibereho y’abaturage, bikorerwa mu Turere twa Palma na Mocimboa da Praia.

Izi nzego ziyemeje gukora ibi bikorwa nyuma yo kubona ko hari ibice birimo ubukene bukabije butuma abaturage batabona ibyo bakenera by’ibanze nk’imbuto yakagombye gufasha aba baturage kurwanya inzara.

Ubuyobozi bwa RDF buvuga ko kuva muri Mutarama uyu mwaka wa 2024, izi nzego z’u Rwanda zageneye inkunga y’ibintu binyuranye, abaturage bo mu gace k’icyaro ka Pundanhar mu Karere ka Palma, no mu bice bya Natandola, Chinda na Mbau mu Ntara ya Mocimboa da Praia.

Inkunga zatanzwe, zirimo imbuto y’ibigori, ibishyimbo n’ubunyobwa, byose bigamije gufasha aba baturage guhangana n’imibereho mibi ibugarije ituma baterwa n’inzara.

Izi nzego kandi ziboneraho kuganira n’abaturage no kubigisha uburyo bahinga mu buryo bugezweho, ndetse zikanabaha ibikoresho by’ishuri birimo amakayi, ibitabo, amarati, ingwa n’amakaramu, byagiye bihabwa abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’n’ayisumbuye bo mu bice byose biri mu nshingano z’inzego z’umutekano z’u Rwanda.

RDF ivuga kandi ko iki gikorwa cyo gutanga ibikoresho by’ishuri kizakomereza no mu bigo by’amashuri yose yo mu Turere twa Mocimboa da Praia na Palma.

Izi nzego z’umutekano z’u Rwanda kandi, zakoze ibikorwa byo kuvura ku buntu mu bice binyuranye byo muri utu Turere, aho zibasanga mu bice batuyemo.

Abaturage bo muri ibi bice, bakomeje gushimira inzego z’umutekano z’u Rwanda, kimwe n’ubuyobozi bwa Mozambique, kuri ibi bikorwa bikomeje guhindura imibereho y’abaturage.

Maj Gen Alex Kagame uyoboye inzego z’umutekano z’u Rwanda muri Mozambique anaganiriza abaturage

Inzego z’umutekano zatanze inkunga y’ibiribwa

Zinavura abaturage

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + fifteen =

Previous Post

Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

Next Post

Perezida w’Igihugu cy’i Burayi yemeye ko cyashoboraga guhagarika Jenoside ariko hakabura ubushake

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’Igihugu cy’i Burayi yemeye ko cyashoboraga guhagarika Jenoside ariko hakabura ubushake

Perezida w’Igihugu cy’i Burayi yemeye ko cyashoboraga guhagarika Jenoside ariko hakabura ubushake

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.