Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yagaragaje uko Dipolomasi y’Igisirikare ifatiye runini u Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
RDF yagaragaje uko Dipolomasi y’Igisirikare ifatiye runini u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi ushinzwe ubutwererane mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa uri mu Misiri, yagaragarije izindi ngabo amahirwe u Rwanda rukura mu butwererane bw’Igisisirikare cyarwo n’icy’ibindi Bihugu.

Brig Gen Patrick Karuretwa ari mu Misiriri mu butumwa bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) aho ari mu itsinda riyobowe n’Umugaba Mukuru wa RDF, General Jean Bosco Kazura

Nkuko tubikesha Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023, uyu Muyobozi ushinzwe ubutwererane mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda yatanze isomo ku “mahirwe y’u Rwanda muri Dipolomasi mu bya gisirikare.”

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko iri somo ryatanzwe na Brig Gen Patrick Karuretwa, ryakurikiwe n’abantu 43 bari mu mahugurwa ku bijyanye n’imikoranire mu bya gisirikare mu ishuri rikuru ry’ubumenyi mu by’iperereza n’umutekano rizwi nka ‘Intelligence and Security Sciences Studies Institute’.

Umugaba Mukuru wa RDF, General Jean Bosco Kazura uyoboye iri tsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riri mu Misiriri, yanabonanye na mugenzi we, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri, Lt Gen Osama Askar; baganira ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yashyizweho umukono hagati y’ubuyobozi bw’Ingabo z’Ibihugu byombi.

Muri ibi biganiro kandi, hagarutswe ku mikoranire isanzwe iri hagati y’Ingabo z’Ibihugu byombi, irimo gusangizanya ubunararibonye ndetse n’imyitozo mu bya gisirikare.

Gen Patrick Karuretwa ubwo yatangaga iri somo
Igisirikare cy’u Rwanda kizwiho kuba kibanye neza n’izindi ngabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 1 =

Previous Post

U Rwanda rwibiye ibanga Afurika icyatuma ica ukubiri n’ibibazo byototera ubukungu bwayo

Next Post

Tshisekedi yageze mu Bushinwa ahitezwe gusinywa amasezerano y’akayabo yerecyeye amabuye y’agaciro

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi yageze mu Bushinwa ahitezwe gusinywa amasezerano y’akayabo yerecyeye amabuye y’agaciro

Tshisekedi yageze mu Bushinwa ahitezwe gusinywa amasezerano y’akayabo yerecyeye amabuye y’agaciro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.