Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare 127 bafite ubumenyi mu gucuranga no gusurutsa abantu mu birori, ibizwi nk’akarasisi, bari bamaze umwaka umwe mu mahugurwa y’ibyiciro binyuranye mu bya muzika.

Mu mihango ikomeye nko kwakira indahiro z’abayobozi bakuru, kwakira abayobozi bakuru bagenderera u Rwanda, mu birori birimo nko kwizihiza Kwibohora k’u Rwanda, hagaragara itsinda rya gisirikare risusurutsa ababyitabira, mu ncurango zinogeye amatwi ndetse n’akarasisi karyoheye amaso,

Abacuranga muri ibi birori, ni abagize itsinda rya gisirikare rizwi nka Military Bandt, baba basanzwe ari abasirikare babihuguriwe bagahabwa ubumenyi mu bya muzika.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwakoze umuhango wo gusoza imyitozo y’abasirikare 127 barangije mu bumenyi bwo muri uru rwego rwo gucuranga.

Abarangije, bahawe ubumenyi mu byiciro by’amasomo binyuranye nka Basic Music Course, Drum Major’s Course na Ceremonial Drills ndetse Duties Instructors Course.

Ni amahugurwa yateguwe n’itsinda rya RDF rizwi nka Military Band Regiment, akaba yasojwe nyuma y’umwaka umwe.

Uyu muhango wo guha impamyabushobozi aba basirikare, wabereye mu Kigo cya Gisirikare i Kanombe mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cya Gisirikare cya Kanombe Major Gen Augustin Turagara, yayoboye uyu muhango wo guha impamyabushobozi aba basirikare mu izina ry’Umugaba Mukuru wa RDF.

Major Gen Augustin Turagara yashimiye abasoje aya mahugurwa, abasaba ko ubumenyi bahawe muri iki gihe cy’umwaka, bazarushaho kubukoresha neza mu kuzuza inshingano zabo n’iz’Igihugu.

Uyu muhango wayobowe na Gen Turagara

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 11 =

Previous Post

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Next Post

Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.