Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare 127 bafite ubumenyi mu gucuranga no gusurutsa abantu mu birori, ibizwi nk’akarasisi, bari bamaze umwaka umwe mu mahugurwa y’ibyiciro binyuranye mu bya muzika.

Mu mihango ikomeye nko kwakira indahiro z’abayobozi bakuru, kwakira abayobozi bakuru bagenderera u Rwanda, mu birori birimo nko kwizihiza Kwibohora k’u Rwanda, hagaragara itsinda rya gisirikare risusurutsa ababyitabira, mu ncurango zinogeye amatwi ndetse n’akarasisi karyoheye amaso,

Abacuranga muri ibi birori, ni abagize itsinda rya gisirikare rizwi nka Military Bandt, baba basanzwe ari abasirikare babihuguriwe bagahabwa ubumenyi mu bya muzika.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwakoze umuhango wo gusoza imyitozo y’abasirikare 127 barangije mu bumenyi bwo muri uru rwego rwo gucuranga.

Abarangije, bahawe ubumenyi mu byiciro by’amasomo binyuranye nka Basic Music Course, Drum Major’s Course na Ceremonial Drills ndetse Duties Instructors Course.

Ni amahugurwa yateguwe n’itsinda rya RDF rizwi nka Military Band Regiment, akaba yasojwe nyuma y’umwaka umwe.

Uyu muhango wo guha impamyabushobozi aba basirikare, wabereye mu Kigo cya Gisirikare i Kanombe mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cya Gisirikare cya Kanombe Major Gen Augustin Turagara, yayoboye uyu muhango wo guha impamyabushobozi aba basirikare mu izina ry’Umugaba Mukuru wa RDF.

Major Gen Augustin Turagara yashimiye abasoje aya mahugurwa, abasaba ko ubumenyi bahawe muri iki gihe cy’umwaka, bazarushaho kubukoresha neza mu kuzuza inshingano zabo n’iz’Igihugu.

Uyu muhango wayobowe na Gen Turagara

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Next Post

Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.