Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare 127 bafite ubumenyi mu gucuranga no gusurutsa abantu mu birori, ibizwi nk’akarasisi, bari bamaze umwaka umwe mu mahugurwa y’ibyiciro binyuranye mu bya muzika.

Mu mihango ikomeye nko kwakira indahiro z’abayobozi bakuru, kwakira abayobozi bakuru bagenderera u Rwanda, mu birori birimo nko kwizihiza Kwibohora k’u Rwanda, hagaragara itsinda rya gisirikare risusurutsa ababyitabira, mu ncurango zinogeye amatwi ndetse n’akarasisi karyoheye amaso,

Abacuranga muri ibi birori, ni abagize itsinda rya gisirikare rizwi nka Military Bandt, baba basanzwe ari abasirikare babihuguriwe bagahabwa ubumenyi mu bya muzika.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwakoze umuhango wo gusoza imyitozo y’abasirikare 127 barangije mu bumenyi bwo muri uru rwego rwo gucuranga.

Abarangije, bahawe ubumenyi mu byiciro by’amasomo binyuranye nka Basic Music Course, Drum Major’s Course na Ceremonial Drills ndetse Duties Instructors Course.

Ni amahugurwa yateguwe n’itsinda rya RDF rizwi nka Military Band Regiment, akaba yasojwe nyuma y’umwaka umwe.

Uyu muhango wo guha impamyabushobozi aba basirikare, wabereye mu Kigo cya Gisirikare i Kanombe mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cya Gisirikare cya Kanombe Major Gen Augustin Turagara, yayoboye uyu muhango wo guha impamyabushobozi aba basirikare mu izina ry’Umugaba Mukuru wa RDF.

Major Gen Augustin Turagara yashimiye abasoje aya mahugurwa, abasaba ko ubumenyi bahawe muri iki gihe cy’umwaka, bazarushaho kubukoresha neza mu kuzuza inshingano zabo n’iz’Igihugu.

Uyu muhango wayobowe na Gen Turagara

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

Next Post

Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Related Posts

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.