Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RIB yemeje ko Bamporiki akurikiranyweho ruswa akaba afungiye iwe

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in MU RWANDA
0
RIB yemeje ko Bamporiki akurikiranyweho ruswa akaba afungiye iwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruratangaza ko Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo akaba afungiye iwe mu rugo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwemeje ko rukurikiranye Bamporiki icyaha cya ruswa akaba ari gukurikiranwa ari iwe.

Iri tangazo rya RIB ryasohotse nyuma y’iry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko Perezida Paul Kagame yahagaritse mu nshingano Edouard Bamporiki wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco.

Itangazo rya RIB rigira riti “Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco akurikiranweho icyaha cya ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo. Iperereza ku byaha akurikiranweho rikaba rikomeje mu gihe afungiwe iwe mu rugo.”

 

Biravugwa ko Bamporiki yafatanywe n’undi muyobozi bari mu Hoteli

Amakuru yageze kuri RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 05 Gicurasi 2022, avuga ko Bamporiki Edouard yafatanywe n’Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali, Merard Mpabwanamaguru ubwo bari mu bikorwa bya ruswa.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko umwe muri aba bayobozi yashyikirizaga mugenzi we ruswa y’amafaranga yatanzwe n’undi muntu.

Bivugwa ko uwatanze iyi ruswa yabonye atabasha kuyishyikiriza umwe muri aba bayobozi, akisunga umwe muri bo kugira ngo azayimushyikirize.

Amakuru avuga ko aba bayobozi bahuriye muri imwe muri Hoteli yo mu Mujyi wa Kigali, umwe muri aba bayobozi ari kumushyikiriza iyo ruswa y’amafaranga.

Inzego zishinzwe iperereza, zafatiye mu cyuho aba bayobozi bahise bafatwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

Ubusanzwe Merard Mpabwanamaguru, ni Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa Remezo akaba ari we ukuriye ibikorwa byose by’imiturire mu Mujyi wa Kigali.

Mu myubakire yo mu Mujyi wa Kigali, hakunze kuvugwamo ruswa aho bamwe mu bubaka ibikorwa binyuranye byaba ari inzu zabo bwite ndetse n’iz’ubucuruzi, batanga ruswa kugira ngo babone impushya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 16 =

Previous Post

Perezida Kagame yahagaritse Bamporiki kubera ibyo akurikiranyweho

Next Post

Umuhanzi Yverry uririmba urukundo yamaze kuruhamiriza ku ibendera ubu ntakiri ingaragu

Related Posts

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

IZIHERUKA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye
MU RWANDA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

04/12/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Yverry uririmba urukundo yamaze kuruhamiriza ku ibendera ubu ntakiri ingaragu

Umuhanzi Yverry uririmba urukundo yamaze kuruhamiriza ku ibendera ubu ntakiri ingaragu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.