Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RIB yemeje ko Bamporiki akurikiranyweho ruswa akaba afungiye iwe

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in MU RWANDA
0
RIB yemeje ko Bamporiki akurikiranyweho ruswa akaba afungiye iwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruratangaza ko Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo akaba afungiye iwe mu rugo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwemeje ko rukurikiranye Bamporiki icyaha cya ruswa akaba ari gukurikiranwa ari iwe.

Iri tangazo rya RIB ryasohotse nyuma y’iry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko Perezida Paul Kagame yahagaritse mu nshingano Edouard Bamporiki wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco.

Itangazo rya RIB rigira riti “Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco akurikiranweho icyaha cya ruswa n’ibyaha bifitanye isano nayo. Iperereza ku byaha akurikiranweho rikaba rikomeje mu gihe afungiwe iwe mu rugo.”

 

Biravugwa ko Bamporiki yafatanywe n’undi muyobozi bari mu Hoteli

Amakuru yageze kuri RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 05 Gicurasi 2022, avuga ko Bamporiki Edouard yafatanywe n’Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali, Merard Mpabwanamaguru ubwo bari mu bikorwa bya ruswa.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko umwe muri aba bayobozi yashyikirizaga mugenzi we ruswa y’amafaranga yatanzwe n’undi muntu.

Bivugwa ko uwatanze iyi ruswa yabonye atabasha kuyishyikiriza umwe muri aba bayobozi, akisunga umwe muri bo kugira ngo azayimushyikirize.

Amakuru avuga ko aba bayobozi bahuriye muri imwe muri Hoteli yo mu Mujyi wa Kigali, umwe muri aba bayobozi ari kumushyikiriza iyo ruswa y’amafaranga.

Inzego zishinzwe iperereza, zafatiye mu cyuho aba bayobozi bahise bafatwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

Ubusanzwe Merard Mpabwanamaguru, ni Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa Remezo akaba ari we ukuriye ibikorwa byose by’imiturire mu Mujyi wa Kigali.

Mu myubakire yo mu Mujyi wa Kigali, hakunze kuvugwamo ruswa aho bamwe mu bubaka ibikorwa binyuranye byaba ari inzu zabo bwite ndetse n’iz’ubucuruzi, batanga ruswa kugira ngo babone impushya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yahagaritse Bamporiki kubera ibyo akurikiranyweho

Next Post

Umuhanzi Yverry uririmba urukundo yamaze kuruhamiriza ku ibendera ubu ntakiri ingaragu

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Yverry uririmba urukundo yamaze kuruhamiriza ku ibendera ubu ntakiri ingaragu

Umuhanzi Yverry uririmba urukundo yamaze kuruhamiriza ku ibendera ubu ntakiri ingaragu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.