Friday, February 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Robert Nyamvumba warezwe mu rubanza rwa Miliyari 7Frw ntakiri muri Gereza

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in MU RWANDA
1
Robert Nyamvumba warezwe mu rubanza rwa Miliyari 7Frw ntakiri muri Gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Robert Nyamvumba [umuvandiwe wa General Patrick Nyamvumba] wahamijwe icyaha cyo kwaka indonke ya Miliyari 7 Frw, yafunguwe arangije igihano yakatiwe.

Robert Nyamvumba wahoze ari umukozi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yahamijwe kwaka indonke ya miliyari 7Frw umushoramari w’umunyamahanga wari watsindiye isoko muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwabanje kumuburanisha, rwari rwamukatiye igifungo cy’imyaka itandatu n’ihazabu ya Miliyari 21,6 Frw zihwanye n’ubwikube bwa gatatu bw’indonke yarezwe kwaka.

Yaje kukijurira mu Rukiko Rukuru, asaba imbabazi Perezida Paul Kagame n’Abanyarwanda muri rusange, asaba kugabanyirizwa ibihano kuko yavugaga ko imyaka itandatu ari myinshi ndetse n’ihazabu ya Miliyari 7 Frw ntaho yazikura kuko atarazitunga kuva yabaho.

Uru Rukiko Rukuru, rwaramwumvise kuko rwaje kumugabanyiriza igihano, rumukatira gufungwa imyaka ibiri n’igice n’ihazabu ya Miliyoni 50 Frw.

Robert Nyamvumba watawe muri yombi muri Werurwe 2020, yarangije iki gihano muri uku kwezi kwa Nzeri 2022, ndetse akaba yararekuwe mu cyumweru gishize nkuko tubikesha ikinyamakuru Bwiza.

Uyu wahoze ari umukozi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yafunguwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 16 Nzeri 2022 nyuma yo kurangiza igihano cye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kwizera says:
    3 years ago

    Ni byiza kuba yarangije igihano

    Reply

Leave a Reply to Kwizera Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Mugunga Yves wa APR FC yavunikiye mu myitozo

Next Post

Amashuri yaciye undi muvuno: Hari aho ikarita y’imyitwarire yageze kuri 20.000Frw!

Related Posts

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

by radiotv10
05/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yongeye gusubiza abirirwa bashinja u Rwanda ibinyoma ko ruri muri DRC, avuga ko ababibajije yabasubije kenshi ko...

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

by radiotv10
05/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yongeye kugaruka ku bibazo byo mu karere u Rwanda ruherereyemo by’umwihariko ibyarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi REB, bwavuze ko umunyeshuri wigaga mu Ishuri ryisumbuye ryigamo abakobwa ryo mu Murenge wa Rusiga mu...

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

by radiotv10
05/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b'Abanyamulenge bahuriye na Patrick Muyaya-Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC i...

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

by radiotv10
05/02/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko Abanyarwanda bakwiye guhora bumva ko kubaho neza nk’uko benshi ku Isi babayeho ari intego ihoraho,...

IZIHERUKA

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo
MU RWANDA

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

05/02/2026
REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

05/02/2026
Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

05/02/2026
Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

05/02/2026
Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

05/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashuri yaciye undi muvuno: Hari aho ikarita y’imyitwarire yageze kuri 20.000Frw!

Amashuri yaciye undi muvuno: Hari aho ikarita y’imyitwarire yageze kuri 20.000Frw!

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.