Thursday, April 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Robert Nyamvumba warezwe mu rubanza rwa Miliyari 7Frw ntakiri muri Gereza

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in MU RWANDA
1
Robert Nyamvumba warezwe mu rubanza rwa Miliyari 7Frw ntakiri muri Gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Robert Nyamvumba [umuvandiwe wa General Patrick Nyamvumba] wahamijwe icyaha cyo kwaka indonke ya Miliyari 7 Frw, yafunguwe arangije igihano yakatiwe.

Robert Nyamvumba wahoze ari umukozi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yahamijwe kwaka indonke ya miliyari 7Frw umushoramari w’umunyamahanga wari watsindiye isoko muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwabanje kumuburanisha, rwari rwamukatiye igifungo cy’imyaka itandatu n’ihazabu ya Miliyari 21,6 Frw zihwanye n’ubwikube bwa gatatu bw’indonke yarezwe kwaka.

Yaje kukijurira mu Rukiko Rukuru, asaba imbabazi Perezida Paul Kagame n’Abanyarwanda muri rusange, asaba kugabanyirizwa ibihano kuko yavugaga ko imyaka itandatu ari myinshi ndetse n’ihazabu ya Miliyari 7 Frw ntaho yazikura kuko atarazitunga kuva yabaho.

Uru Rukiko Rukuru, rwaramwumvise kuko rwaje kumugabanyiriza igihano, rumukatira gufungwa imyaka ibiri n’igice n’ihazabu ya Miliyoni 50 Frw.

Robert Nyamvumba watawe muri yombi muri Werurwe 2020, yarangije iki gihano muri uku kwezi kwa Nzeri 2022, ndetse akaba yararekuwe mu cyumweru gishize nkuko tubikesha ikinyamakuru Bwiza.

Uyu wahoze ari umukozi muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yafunguwe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 16 Nzeri 2022 nyuma yo kurangiza igihano cye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kwizera says:
    4 years ago

    Ni byiza kuba yarangije igihano

    Reply

Leave a Reply to Kwizera Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Mugunga Yves wa APR FC yavunikiye mu myitozo

Next Post

Amashuri yaciye undi muvuno: Hari aho ikarita y’imyitwarire yageze kuri 20.000Frw!

Related Posts

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
30/04/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

by radiotv10
30/04/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa no...

Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

by radiotv10
30/04/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, yayoboye umuhango wo gusoza imyitozo y’abasirikare bo mu mutwe ushinzwe imyitwarire myiza...

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

by radiotv10
30/04/2026
0

Perezida Paul Kagame agiye kugirira uruzinduko rw’Iminsi ibiri muri Botswana ku butumire bwa mugenzi we uyobora iki Gihugu, Duma Gideon...

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko kugira ngo hizihizwe uw’umurimo

by radiotv10
30/04/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Gicurasi, ari umunsi w’Ikiruhuko mu rwego rwo...

IZIHERUKA

Should Social Media Be Banned for the Youth?
IMIBEREHO MYIZA

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
30/04/2026
0

Amakuru mashya: Umunyamakuru DC Clement yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru DC Clement yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

30/04/2026
Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

30/04/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

Ingabo z’u Rwanda zungutse ibikorwa remezo bizifasha mu myitozo birimo Gym igezweho

30/04/2026
Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame ategerejwe muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

30/04/2026
Hamenyekanye igihe Umunyamakuru Djihad n’abo baregwa hamwe bazasubirira imbere y’Urukiko

Hamenyekanye igihe Umunyamakuru Djihad n’abo baregwa hamwe bazasubirira imbere y’Urukiko

30/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashuri yaciye undi muvuno: Hari aho ikarita y’imyitwarire yageze kuri 20.000Frw!

Amashuri yaciye undi muvuno: Hari aho ikarita y’imyitwarire yageze kuri 20.000Frw!

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Amakuru mashya: Umunyamakuru DC Clement yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.