Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abagore barashinja abagabo babo kubahindukiza mu buriri ku gahato kandi batabahahira

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abagore barashinja abagabo babo kubahindukiza mu buriri ku gahato kandi batabahahira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Rubavu barashinja abagabo babo kubakoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato kandi batabahahira ku buryo hari abo bahindukiza mu buriri bakanga bitewe n’umunaniro wo kuba biriwe bahahira ingo zabo.

Aba bagore babwiye RADIOTV10 ko batanze kuba bakwishimana n’abagabo babo mu buriri ariko ko imyitwarire yabo ibaca intege kuko birirwa mu gasozi bagacyurwa n’ijoro kandi nta mahaho babazaniye.

Umwe ati “Ubundi biriya byo mu buriri bihera muri salo namara kunywa no kurya ubwo tayari nanjye iyo ngeze hariya [mu buriri] icyo avuze ndacyumva kuko nanjye aba yamenye inda yanjye n’inda y’abana.”

Aba bagore bavuga ko iyi myitwarire y’abagabo babo yo kuba batagira icyo bakora, yatumye bakora batikoresheje kugira ngo babashe guhahira ingo zabo, ku buryo batataha bananiwe ngo bajye no guhindukirira abagabo babo biriwe mu mihana.

Undi muturage ati “Niba umuntu yagiye ntahahire umugore, abana biriwe bari kwayura, baryamye mu buriri gutyo nta mwenda bagira, ntabwo wagera mu buriri ngo ushikanuze umuntu ngo vayo hano ngo ibyo bintu uhite ubikora ubundi abantu ba bagomba kubanza gutegurana muri salo.”

Ikibabaje ngo ni uko abagabo babo baza bahaze batura imibi y’inzoga na za mushikaki mu gihe we n’abana baba bicira isazi mu jisho.

Bavuga ko ibi bikomeje guteza amakimbirane mu miryango. Undi ati “Ahita akubwira ngo ‘niba utanshaka ufite abo wirirwanye na bo ni yo mpamvu utanshaka’ kandi hari impamvu runaka.”

Aba bagore bavuga ko hari n’abarwanira mu buriri bagakora imibonano ku gahato ku buryo bamwe bavuga ko ari ihohoterwa bakorerwa.

Inzego zifite mu nshingano imibanire y’imiryango, zikunze kugira inama abashakanye kujya babanza kumvikana ku byo bagomba gukora byose birimo n’iki gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Indwara yahitanye Perezida w’Inteko ya Uganda yamenyekanye

Next Post

Burkina Faso: Compaoré wabaye Perezida yakatiwe gufungwa burundu

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burkina Faso: Compaoré wabaye Perezida yakatiwe gufungwa burundu

Burkina Faso: Compaoré wabaye Perezida yakatiwe gufungwa burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.