Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abagore barashinja abagabo babo kubahindukiza mu buriri ku gahato kandi batabahahira

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abagore barashinja abagabo babo kubahindukiza mu buriri ku gahato kandi batabahahira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Rubavu barashinja abagabo babo kubakoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato kandi batabahahira ku buryo hari abo bahindukiza mu buriri bakanga bitewe n’umunaniro wo kuba biriwe bahahira ingo zabo.

Aba bagore babwiye RADIOTV10 ko batanze kuba bakwishimana n’abagabo babo mu buriri ariko ko imyitwarire yabo ibaca intege kuko birirwa mu gasozi bagacyurwa n’ijoro kandi nta mahaho babazaniye.

Umwe ati “Ubundi biriya byo mu buriri bihera muri salo namara kunywa no kurya ubwo tayari nanjye iyo ngeze hariya [mu buriri] icyo avuze ndacyumva kuko nanjye aba yamenye inda yanjye n’inda y’abana.”

Aba bagore bavuga ko iyi myitwarire y’abagabo babo yo kuba batagira icyo bakora, yatumye bakora batikoresheje kugira ngo babashe guhahira ingo zabo, ku buryo batataha bananiwe ngo bajye no guhindukirira abagabo babo biriwe mu mihana.

Undi muturage ati “Niba umuntu yagiye ntahahire umugore, abana biriwe bari kwayura, baryamye mu buriri gutyo nta mwenda bagira, ntabwo wagera mu buriri ngo ushikanuze umuntu ngo vayo hano ngo ibyo bintu uhite ubikora ubundi abantu ba bagomba kubanza gutegurana muri salo.”

Ikibabaje ngo ni uko abagabo babo baza bahaze batura imibi y’inzoga na za mushikaki mu gihe we n’abana baba bicira isazi mu jisho.

Bavuga ko ibi bikomeje guteza amakimbirane mu miryango. Undi ati “Ahita akubwira ngo ‘niba utanshaka ufite abo wirirwanye na bo ni yo mpamvu utanshaka’ kandi hari impamvu runaka.”

Aba bagore bavuga ko hari n’abarwanira mu buriri bagakora imibonano ku gahato ku buryo bamwe bavuga ko ari ihohoterwa bakorerwa.

Inzego zifite mu nshingano imibanire y’imiryango, zikunze kugira inama abashakanye kujya babanza kumvikana ku byo bagomba gukora byose birimo n’iki gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + two =

Previous Post

Indwara yahitanye Perezida w’Inteko ya Uganda yamenyekanye

Next Post

Burkina Faso: Compaoré wabaye Perezida yakatiwe gufungwa burundu

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burkina Faso: Compaoré wabaye Perezida yakatiwe gufungwa burundu

Burkina Faso: Compaoré wabaye Perezida yakatiwe gufungwa burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.