Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abamotari bakorera mu isantere ya Kabari mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze iminsi bakorerwa urugomo n’abantu bataramenyekana mu muhanda unyura mu musozi wa Kirerema, ku buryo ababizi badashobora kuhanyura nyuma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

AbaBamotari bakorera mu isantere iherereye mu Kagari ka Kirerema, bavuga ko barembejwe n’urugomo rw’ababategera mu muhanda uva muri iyi santere ya Kabari werekeza mu bindi bice.

Claude usanzwe ari umumotari wo muri aka gace, yagize ati “Saa moya nta muntu ukinyura hariya. Umugenzi wa nimugoroba ntitukimutwara kuko iyo ukibageraho bagukubita inkoni nziza y’umunzenze. Nkanjye bayinkubise hano mu gatuza ariko ku bw’amahirwe sinagwa, ndakomeza ariko n’undi wari uri imbere yanjye bari bamaze gukubita umugenzi atwaye.”

Uretse uyu mumotari wacitse abanyarugomo, bamwe mu bamotari bakunze kunyura muri uyu muhanda, bagaragaza ko bamaze kumenyera inkoni cyane cyane mu masaha y’umugoroba.

Basenge Simeon ati “Haba abantu nk’ubu ntiwababona ariko nk’uriya ufite moto baramutangira bakamukubita bashaka kuyimwambura.”

UwitwaInnocent na we ati “Arahagukubitira wagira amahirwe ntugwe ugakomeza kuko uhagaze yahakwicira. Hari umumotari mugenzi wanjye barahamukubitiye n’ubu aracyari kwivuza kwa muganga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko bakimenya iki kibazo bagiye guhiga bukware abo bagizi ba nabi kugira ngo abakoresha uyu muhanda batekane.

Ati “Ndavugana n’ubuyobozi bwaho buhapangire neza n’abo bantu bashake amakuru yimbitse babamenye kuko ntabwo ari abava mu kindi Gihugu cyangwa mu kandi Karere cyangwa mu wundi Murenge baje gukora ibyo ahubwo ni abaturage b’aho ngaho, ntabwo bazatunanira, tuzabashaka kandi tuzabafata nidufatanya n’abaturage.”

Umuyobozi w’Akarere yizeza aba bamotari kimwe n’abaturage bo muri aka gace, ko hagiye gukorwa ibishoboka kugira ngo iki kibazo kibahungabanyiriza umutekano kive mu nzira.

Aho abamotari bavuga ko bakubitirwa n’abantu bataramenyekana
Abamotari bavuga ko batagipfa kuhanyura

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko

Next Post

Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari ‘ikidayimoni’

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari ‘ikidayimoni’

Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari 'ikidayimoni'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.