Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abamotari bakorera mu isantere ya Kabari mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze iminsi bakorerwa urugomo n’abantu bataramenyekana mu muhanda unyura mu musozi wa Kirerema, ku buryo ababizi badashobora kuhanyura nyuma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

AbaBamotari bakorera mu isantere iherereye mu Kagari ka Kirerema, bavuga ko barembejwe n’urugomo rw’ababategera mu muhanda uva muri iyi santere ya Kabari werekeza mu bindi bice.

Claude usanzwe ari umumotari wo muri aka gace, yagize ati “Saa moya nta muntu ukinyura hariya. Umugenzi wa nimugoroba ntitukimutwara kuko iyo ukibageraho bagukubita inkoni nziza y’umunzenze. Nkanjye bayinkubise hano mu gatuza ariko ku bw’amahirwe sinagwa, ndakomeza ariko n’undi wari uri imbere yanjye bari bamaze gukubita umugenzi atwaye.”

Uretse uyu mumotari wacitse abanyarugomo, bamwe mu bamotari bakunze kunyura muri uyu muhanda, bagaragaza ko bamaze kumenyera inkoni cyane cyane mu masaha y’umugoroba.

Basenge Simeon ati “Haba abantu nk’ubu ntiwababona ariko nk’uriya ufite moto baramutangira bakamukubita bashaka kuyimwambura.”

UwitwaInnocent na we ati “Arahagukubitira wagira amahirwe ntugwe ugakomeza kuko uhagaze yahakwicira. Hari umumotari mugenzi wanjye barahamukubitiye n’ubu aracyari kwivuza kwa muganga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko bakimenya iki kibazo bagiye guhiga bukware abo bagizi ba nabi kugira ngo abakoresha uyu muhanda batekane.

Ati “Ndavugana n’ubuyobozi bwaho buhapangire neza n’abo bantu bashake amakuru yimbitse babamenye kuko ntabwo ari abava mu kindi Gihugu cyangwa mu kandi Karere cyangwa mu wundi Murenge baje gukora ibyo ahubwo ni abaturage b’aho ngaho, ntabwo bazatunanira, tuzabashaka kandi tuzabafata nidufatanya n’abaturage.”

Umuyobozi w’Akarere yizeza aba bamotari kimwe n’abaturage bo muri aka gace, ko hagiye gukorwa ibishoboka kugira ngo iki kibazo kibahungabanyiriza umutekano kive mu nzira.

Aho abamotari bavuga ko bakubitirwa n’abantu bataramenyekana
Abamotari bavuga ko batagipfa kuhanyura

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 9 =

Previous Post

Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko

Next Post

Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari ‘ikidayimoni’

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari ‘ikidayimoni’

Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari 'ikidayimoni'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.