Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abamotari bakorera mu isantere ya Kabari mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze iminsi bakorerwa urugomo n’abantu bataramenyekana mu muhanda unyura mu musozi wa Kirerema, ku buryo ababizi badashobora kuhanyura nyuma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

AbaBamotari bakorera mu isantere iherereye mu Kagari ka Kirerema, bavuga ko barembejwe n’urugomo rw’ababategera mu muhanda uva muri iyi santere ya Kabari werekeza mu bindi bice.

Claude usanzwe ari umumotari wo muri aka gace, yagize ati “Saa moya nta muntu ukinyura hariya. Umugenzi wa nimugoroba ntitukimutwara kuko iyo ukibageraho bagukubita inkoni nziza y’umunzenze. Nkanjye bayinkubise hano mu gatuza ariko ku bw’amahirwe sinagwa, ndakomeza ariko n’undi wari uri imbere yanjye bari bamaze gukubita umugenzi atwaye.”

Uretse uyu mumotari wacitse abanyarugomo, bamwe mu bamotari bakunze kunyura muri uyu muhanda, bagaragaza ko bamaze kumenyera inkoni cyane cyane mu masaha y’umugoroba.

Basenge Simeon ati “Haba abantu nk’ubu ntiwababona ariko nk’uriya ufite moto baramutangira bakamukubita bashaka kuyimwambura.”

UwitwaInnocent na we ati “Arahagukubitira wagira amahirwe ntugwe ugakomeza kuko uhagaze yahakwicira. Hari umumotari mugenzi wanjye barahamukubitiye n’ubu aracyari kwivuza kwa muganga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko bakimenya iki kibazo bagiye guhiga bukware abo bagizi ba nabi kugira ngo abakoresha uyu muhanda batekane.

Ati “Ndavugana n’ubuyobozi bwaho buhapangire neza n’abo bantu bashake amakuru yimbitse babamenye kuko ntabwo ari abava mu kindi Gihugu cyangwa mu kandi Karere cyangwa mu wundi Murenge baje gukora ibyo ahubwo ni abaturage b’aho ngaho, ntabwo bazatunanira, tuzabashaka kandi tuzabafata nidufatanya n’abaturage.”

Umuyobozi w’Akarere yizeza aba bamotari kimwe n’abaturage bo muri aka gace, ko hagiye gukorwa ibishoboka kugira ngo iki kibazo kibahungabanyiriza umutekano kive mu nzira.

Aho abamotari bavuga ko bakubitirwa n’abantu bataramenyekana
Abamotari bavuga ko batagipfa kuhanyura

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko

Next Post

Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari ‘ikidayimoni’

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari ‘ikidayimoni’

Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari 'ikidayimoni'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.