Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Amahirwe asekeye abaturage bari banze kwandavura bagateza imyenda bambaraga ngo babone icyo kurya

radiotv10by radiotv10
21/07/2022
in MU RWANDA
0
Ukena ufite itungo rikakugoboka: Hari abari kudandaza imyenda bambara ngo babone ko bwacya kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Abahoze bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka bo mu Murenge wa Rubavu, bari biyemeje kudandaza imyenda yabo kugira ngo babashe kubona icyo kurya, ubu batangiye gufashwa kwikura mu bukene.

RADIOTV10 yari iherutse gukora inkuru y’aba baturage bavugaga ko “umuntu yanga kwiba agateza utwe”  bityo ko na bo biyemeje kujya kudandaza imyenda yabo kuko byari byabayobeye dore ko bari basanzwe batunzwe n’ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRCongo none bukaba bwarajemo ibibazo.

Ubuyobozi bukimara kumva iyi nkuru, bwatangaje ko bugiye gushaka umuti urambye kuri iki kibazo. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nyakanga, ubuyobozi bwagiranye inama n’aba baturage bubasaba kwishyira hamwe kugira ngo bahabwe inkunga ibafasha kuzahura imibereho yabo.

Aba baturage bavuze ko na bo bishimiye iyi nkuru nziza kuko na bo bifuzaga icyabakura mu mibereho igoye barimo muri iki gihe yatangiye kubageraho ubwo COVID-19 yazaga igatuma imipaka ifungwa bikaza guhumira ku mirari ubwo u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byagiranaga ibibazo.

Umwe muri bo yagize ati “Byarangiye dufashe umwanzuro wo kwishyira hamwe dukurikije uko umuntu ameze, waba ufite amafaranga macye babakongerera ukabona igishoro gitubutse ku buryo tutakongera gukorera mu muhanda tugashaka ahantu ho gukorera nko mu isoko.”

Undi muturage avuga ko ibyo babwiwe n’abayobozi babyizeye, ati “Ibyo baje kutuganiriza ntabwo batubeshye, turamutse tubonye inkunga twajya no mu masoko impamvu tuba turi hano ni uko igishoro tuba dufite sti gicye cyane.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Emmanuel Blaise Harelimana yemeje ko aba baturage nibamara kwishyira mu matsinda bagendeye ku byo basanzwe bacuruza, bazahabwa inkunga.

Ati “Buri wese arakora ubucuruzi buciriritse bijyanye n’ibyo ashora n’ibyo amenyereye gukora, ni tuzazamukira natwe tuvuga tuti ‘wenda uyu aracuruza imyenda ya caguwa’ wenda ashobora kuba ashora ibihumbi mirongo itatu, ariko abonye ibihumbi mirongo itanu ashobora kuba yakunguka kurushaho.”
Harelimana avuga ko hari uburyo butandukanye buzifashishwa mu gutera inkunga aba bacuruzi bwaba ubwo kubatera inkunga babongerera igishoro cyangwa babahuza n’ibigo by’imari kugira ngo bibagurize.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 1 =

Previous Post

Ange Kagame yibarutse ubuheta bitera ishema Perezida Kagame (IFOTO)

Next Post

Ingabo za Ukraine zarashe urufaya rw’amabombe ku muyobozi w’inkotamutima ya Putin ararusimbuka

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za Ukraine zarashe urufaya rw’amabombe ku muyobozi w’inkotamutima ya Putin ararusimbuka

Ingabo za Ukraine zarashe urufaya rw’amabombe ku muyobozi w’inkotamutima ya Putin ararusimbuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.