Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Amahirwe asekeye abaturage bari banze kwandavura bagateza imyenda bambaraga ngo babone icyo kurya

radiotv10by radiotv10
21/07/2022
in MU RWANDA
0
Ukena ufite itungo rikakugoboka: Hari abari kudandaza imyenda bambara ngo babone ko bwacya kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Abahoze bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka bo mu Murenge wa Rubavu, bari biyemeje kudandaza imyenda yabo kugira ngo babashe kubona icyo kurya, ubu batangiye gufashwa kwikura mu bukene.

RADIOTV10 yari iherutse gukora inkuru y’aba baturage bavugaga ko “umuntu yanga kwiba agateza utwe”  bityo ko na bo biyemeje kujya kudandaza imyenda yabo kuko byari byabayobeye dore ko bari basanzwe batunzwe n’ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRCongo none bukaba bwarajemo ibibazo.

Ubuyobozi bukimara kumva iyi nkuru, bwatangaje ko bugiye gushaka umuti urambye kuri iki kibazo. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nyakanga, ubuyobozi bwagiranye inama n’aba baturage bubasaba kwishyira hamwe kugira ngo bahabwe inkunga ibafasha kuzahura imibereho yabo.

Aba baturage bavuze ko na bo bishimiye iyi nkuru nziza kuko na bo bifuzaga icyabakura mu mibereho igoye barimo muri iki gihe yatangiye kubageraho ubwo COVID-19 yazaga igatuma imipaka ifungwa bikaza guhumira ku mirari ubwo u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byagiranaga ibibazo.

Umwe muri bo yagize ati “Byarangiye dufashe umwanzuro wo kwishyira hamwe dukurikije uko umuntu ameze, waba ufite amafaranga macye babakongerera ukabona igishoro gitubutse ku buryo tutakongera gukorera mu muhanda tugashaka ahantu ho gukorera nko mu isoko.”

Undi muturage avuga ko ibyo babwiwe n’abayobozi babyizeye, ati “Ibyo baje kutuganiriza ntabwo batubeshye, turamutse tubonye inkunga twajya no mu masoko impamvu tuba turi hano ni uko igishoro tuba dufite sti gicye cyane.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Emmanuel Blaise Harelimana yemeje ko aba baturage nibamara kwishyira mu matsinda bagendeye ku byo basanzwe bacuruza, bazahabwa inkunga.

Ati “Buri wese arakora ubucuruzi buciriritse bijyanye n’ibyo ashora n’ibyo amenyereye gukora, ni tuzazamukira natwe tuvuga tuti ‘wenda uyu aracuruza imyenda ya caguwa’ wenda ashobora kuba ashora ibihumbi mirongo itatu, ariko abonye ibihumbi mirongo itanu ashobora kuba yakunguka kurushaho.”
Harelimana avuga ko hari uburyo butandukanye buzifashishwa mu gutera inkunga aba bacuruzi bwaba ubwo kubatera inkunga babongerera igishoro cyangwa babahuza n’ibigo by’imari kugira ngo bibagurize.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Ange Kagame yibarutse ubuheta bitera ishema Perezida Kagame (IFOTO)

Next Post

Ingabo za Ukraine zarashe urufaya rw’amabombe ku muyobozi w’inkotamutima ya Putin ararusimbuka

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za Ukraine zarashe urufaya rw’amabombe ku muyobozi w’inkotamutima ya Putin ararusimbuka

Ingabo za Ukraine zarashe urufaya rw’amabombe ku muyobozi w’inkotamutima ya Putin ararusimbuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.