Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

radiotv10by radiotv10
28/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bizejwe n’abahinga iki gihingwa kuzongezwa 10 Frw ku kilo, none amezi igice cy’umwaka kikaba gishize bagitegereje.

Aba bakozi basoroma icyayi, basanzwe bahembwa 60 Frw ku kilo, ariko mu ntangiro z’uyu mwaka bakaba bari bizejwe kuzongezwaho 10 Frw.

Umunyamakuru wasanze aba bahinzi mu mirimo y’icyayi cya Pfunda giherereye mu Kagari ka Terimbere mu Murenge wa Nyundo, bahise bamubwira bimwe mu bibazo bafite birimo kuba basanzwe bakatwa 6% y’ayo bahembwa, ashyirwa mu isanduku y’Ikigo cy’Ubwiteganyirize, ndetse no muri gahunda ya Ejo Heza.

Uwitwa Hategekimana yagize ati “Noneho bakadukandamiza ku nsoromo ngo bazatwongeza, ariko tugategereza inyongezo tukayibura, ugasanga ni nko gutanga Umuganda.”

Nyirahabimana Odette avuga ko ashobora kwiriza umunsi asoroma ariko agacyura amafaranga 500 Frw, ku buryo amafaranga 60 Frw bahemberwaho ku kilo ari macye cyane.

Ati “Uzi ngo turacyacyura umubyizi ko ari uguhunga urugo ngo abana batirirwa batubona badusaba ibyo kurya. Nk’ubu reba icyayi twarangije kugipima saa saba ariko ubu saa kumi n’ebyiri zingereyeho nkiri ku kirogotero ntegereje imodoka ku buryo n’ayo maganatandatu nakoreye ndebye umuntu akanguriza magana atatu ngo ndebe akantu nashyira mu nda igifu kitamerera nabi.”

Uwitwa Musabyimana na we yagize ati “Ko numva ko guhera mu kwa mbere bari bemeye kudushyiriraho igiceri cy’10, cyaheze he?”

Cyokora nubwo aba basoromyi bagaragaza ko amafaranga 70 Frw ku kilo na yo adahagije, ariko nibura bagombye kuyahabwa.

Nyirahabimana Odette ati “Ubundi na mirongo irindwi ni macye kuko urebye imihahire ihari byakabaye n’ijana ariko ntakibazo nibaduhereze ayo 70 batwemereye.”

Bizirema Pacifique, Perezida wa Koperative COOTP y’abahinzi b’icyayi gisoromwa n’aba basoromyi, avuga ko bazi imvune za bo ariko ko nta bubasha bufite bwo kuzamura icyo giciro, kuko biri mu bubasha bw’Ikigo gishinzwe Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’ubworozi NAEB.

Yagize ati “Nta burenganzira n’ubushobozi twe tubifitiye kuko binyura muri NAEB ariko tuzakomeza gukora ubuvugizi muri NAEB n’inteko rusange ibyemeze kuko kugeza ubu igiciro cyemewe muri NAEB ni 60 ku kilo.”

Kugeza ubu umusoromyi w’icyayi ukorera koperative y’abahinzi b’icyayi ba Pfunda ahembwa 60Frw ku kilo akatwamo ibintu bitandukanye bityo ngo akabageraho ari 45 Frw ku kilo.

Akazi bakora ngo karavunanye ariko icyo bakuramo ni iyanga

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two − one =

Previous Post

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Next Post

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.