Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

radiotv10by radiotv10
28/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bizejwe n’abahinga iki gihingwa kuzongezwa 10 Frw ku kilo, none amezi igice cy’umwaka kikaba gishize bagitegereje.

Aba bakozi basoroma icyayi, basanzwe bahembwa 60 Frw ku kilo, ariko mu ntangiro z’uyu mwaka bakaba bari bizejwe kuzongezwaho 10 Frw.

Umunyamakuru wasanze aba bahinzi mu mirimo y’icyayi cya Pfunda giherereye mu Kagari ka Terimbere mu Murenge wa Nyundo, bahise bamubwira bimwe mu bibazo bafite birimo kuba basanzwe bakatwa 6% y’ayo bahembwa, ashyirwa mu isanduku y’Ikigo cy’Ubwiteganyirize, ndetse no muri gahunda ya Ejo Heza.

Uwitwa Hategekimana yagize ati “Noneho bakadukandamiza ku nsoromo ngo bazatwongeza, ariko tugategereza inyongezo tukayibura, ugasanga ni nko gutanga Umuganda.”

Nyirahabimana Odette avuga ko ashobora kwiriza umunsi asoroma ariko agacyura amafaranga 500 Frw, ku buryo amafaranga 60 Frw bahemberwaho ku kilo ari macye cyane.

Ati “Uzi ngo turacyacyura umubyizi ko ari uguhunga urugo ngo abana batirirwa batubona badusaba ibyo kurya. Nk’ubu reba icyayi twarangije kugipima saa saba ariko ubu saa kumi n’ebyiri zingereyeho nkiri ku kirogotero ntegereje imodoka ku buryo n’ayo maganatandatu nakoreye ndebye umuntu akanguriza magana atatu ngo ndebe akantu nashyira mu nda igifu kitamerera nabi.”

Uwitwa Musabyimana na we yagize ati “Ko numva ko guhera mu kwa mbere bari bemeye kudushyiriraho igiceri cy’10, cyaheze he?”

Cyokora nubwo aba basoromyi bagaragaza ko amafaranga 70 Frw ku kilo na yo adahagije, ariko nibura bagombye kuyahabwa.

Nyirahabimana Odette ati “Ubundi na mirongo irindwi ni macye kuko urebye imihahire ihari byakabaye n’ijana ariko ntakibazo nibaduhereze ayo 70 batwemereye.”

Bizirema Pacifique, Perezida wa Koperative COOTP y’abahinzi b’icyayi gisoromwa n’aba basoromyi, avuga ko bazi imvune za bo ariko ko nta bubasha bufite bwo kuzamura icyo giciro, kuko biri mu bubasha bw’Ikigo gishinzwe Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’ubworozi NAEB.

Yagize ati “Nta burenganzira n’ubushobozi twe tubifitiye kuko binyura muri NAEB ariko tuzakomeza gukora ubuvugizi muri NAEB n’inteko rusange ibyemeze kuko kugeza ubu igiciro cyemewe muri NAEB ni 60 ku kilo.”

Kugeza ubu umusoromyi w’icyayi ukorera koperative y’abahinzi b’icyayi ba Pfunda ahembwa 60Frw ku kilo akatwamo ibintu bitandukanye bityo ngo akabageraho ari 45 Frw ku kilo.

Akazi bakora ngo karavunanye ariko icyo bakuramo ni iyanga

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 6 =

Previous Post

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Next Post

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.