Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bizejwe n’abahinga iki gihingwa kuzongezwa 10 Frw ku kilo, none amezi igice cy’umwaka kikaba gishize bagitegereje.
Aba bakozi basoroma icyayi, basanzwe bahembwa 60 Frw ku kilo, ariko mu ntangiro z’uyu mwaka bakaba bari bizejwe kuzongezwaho 10 Frw.
Umunyamakuru wasanze aba bahinzi mu mirimo y’icyayi cya Pfunda giherereye mu Kagari ka Terimbere mu Murenge wa Nyundo, bahise bamubwira bimwe mu bibazo bafite birimo kuba basanzwe bakatwa 6% y’ayo bahembwa, ashyirwa mu isanduku y’Ikigo cy’Ubwiteganyirize, ndetse no muri gahunda ya Ejo Heza.
Uwitwa Hategekimana yagize ati “Noneho bakadukandamiza ku nsoromo ngo bazatwongeza, ariko tugategereza inyongezo tukayibura, ugasanga ni nko gutanga Umuganda.”
Nyirahabimana Odette avuga ko ashobora kwiriza umunsi asoroma ariko agacyura amafaranga 500 Frw, ku buryo amafaranga 60 Frw bahemberwaho ku kilo ari macye cyane.
Ati “Uzi ngo turacyacyura umubyizi ko ari uguhunga urugo ngo abana batirirwa batubona badusaba ibyo kurya. Nk’ubu reba icyayi twarangije kugipima saa saba ariko ubu saa kumi n’ebyiri zingereyeho nkiri ku kirogotero ntegereje imodoka ku buryo n’ayo maganatandatu nakoreye ndebye umuntu akanguriza magana atatu ngo ndebe akantu nashyira mu nda igifu kitamerera nabi.”
Uwitwa Musabyimana na we yagize ati “Ko numva ko guhera mu kwa mbere bari bemeye kudushyiriraho igiceri cy’10, cyaheze he?”
Cyokora nubwo aba basoromyi bagaragaza ko amafaranga 70 Frw ku kilo na yo adahagije, ariko nibura bagombye kuyahabwa.
Nyirahabimana Odette ati “Ubundi na mirongo irindwi ni macye kuko urebye imihahire ihari byakabaye n’ijana ariko ntakibazo nibaduhereze ayo 70 batwemereye.”
Bizirema Pacifique, Perezida wa Koperative COOTP y’abahinzi b’icyayi gisoromwa n’aba basoromyi, avuga ko bazi imvune za bo ariko ko nta bubasha bufite bwo kuzamura icyo giciro, kuko biri mu bubasha bw’Ikigo gishinzwe Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’ubworozi NAEB.
Yagize ati “Nta burenganzira n’ubushobozi twe tubifitiye kuko binyura muri NAEB ariko tuzakomeza gukora ubuvugizi muri NAEB n’inteko rusange ibyemeze kuko kugeza ubu igiciro cyemewe muri NAEB ni 60 ku kilo.”
Kugeza ubu umusoromyi w’icyayi ukorera koperative y’abahinzi b’icyayi ba Pfunda ahembwa 60Frw ku kilo akatwamo ibintu bitandukanye bityo ngo akabageraho ari 45 Frw ku kilo.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10