Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ibyabaye aho biga byabateye ubwoba bwo kongera kurya ku ishuri

radiotv10by radiotv10
12/03/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ibyabaye aho biga byabateye ubwoba bwo kongera kurya ku ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bamwe mu bana biga ku ishuri ribanza rya Pfunda mu Karere ka Rabavu baguwe nabi n’amafunguro bariye ku ishuri ndetse bakajyanwa kwa muganga igitaraganya, bamwe bafite bagize bwo kongera kurya ku ishuri.

Aba bana biga ku ishuri Ribanza rya Pfunda riherereye mu Murenge wa Nyundo, baragaragaza izi mpungenge, nyuma y’ibyabaye tariki 06 Werurwe 2024 ubwo bagaburirwaga ibiryo bivugwa ko bidahiye bigatuma abarenga 60 bajyanwa kwa muganga igitaraganya.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze kuri iri shuri mu masaha yo gufata amafunguro, bamwe bari bicaye ku meza bafata ifunguro, mu gihe abandi bavuye mu kigo bajya kurya mu miryango yabo nubwo bishyuye amafaranga yo kurira ku ishuri.

Aba bana bavuga ko batangiye kujya bajya kurya mu rugo kubera iki kibazo giherutse kuba mu ishuri ryabo, bakaba bafite impungenge ko byakongera kubabaho.

Umwe yagize ati “Nakoze mu isosi numva ishaririye ndayitanga, nkoze mu mpungure n’ibishyimbo numva bidahiye; imbaraga zahise zicika mu nda hatangira kundya. Kwa muganga bari batubujije kurya ibiryo bikomeye.”

Icyakora bamwe mu babyeyi bagaragaza ko bari bamaze iminsi babwirwa n’abana babo ko bari kurya ibiryo bitameze neza, bikaza kwigaragaza ubwo bagiraga kiriya kibazo.

Umubyeyi ati “None se abana ko banazaga bari kutubwira ko bari kurya nabi ngo yababwiye ko bazarya impungure kugeza igihe bazaterera amagi, twasanze ko uwo muyobozi uri kuriyobora twabonye ko agiye kutwicira abana, icyo twifuzaga nk’ababyeyi ni ukugira ngo bagaburire abana bacu neza.”

Umuyobozi w’iri shuri ribanza rya Pfunda, Mukeshuwera Justine avuga ko ubuzima bwasubiye ku murongo ndetse ndetse ko ubuyobozi bw’iri shuri bwafashe ingamba ku bijyanye n’imirire.

Yagize ati “Abatetsi bo habayeho uburangare batengushye ikigo, ariko ubu ni ukureba uko umuntu agera buri gihe mwarimu ushinzwe imirire ku ishuri na we akajya aba ari maso, n’ubuyobozi twese n’abarimu kandi wenda nk’ugiye kubigabura agakoramo akabereka ko ibiryo nta kidasanzwe kibirimo.”

Amakuru avuga ko hari gukorwa iperereza, kugira ngo hamenyekane abari inyuma y’iki kibazo giherutse gutuma abanyeshuri barenga 60 bajyanwa kwa muganga kubera amafungoro bari bafatiye ku ishuri.

INKURU MU MASHUSHO

 

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − five =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriwe n’Umuhuza mu bya Congo nyuma y’uko anakiriye Tshisekedi

Next Post

Izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryarenze igipimo cyari cyitezwe

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryarenze igipimo cyari cyitezwe

Izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryarenze igipimo cyari cyitezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.