Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ibyabaye aho biga byabateye ubwoba bwo kongera kurya ku ishuri

radiotv10by radiotv10
12/03/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ibyabaye aho biga byabateye ubwoba bwo kongera kurya ku ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bamwe mu bana biga ku ishuri ribanza rya Pfunda mu Karere ka Rabavu baguwe nabi n’amafunguro bariye ku ishuri ndetse bakajyanwa kwa muganga igitaraganya, bamwe bafite bagize bwo kongera kurya ku ishuri.

Aba bana biga ku ishuri Ribanza rya Pfunda riherereye mu Murenge wa Nyundo, baragaragaza izi mpungenge, nyuma y’ibyabaye tariki 06 Werurwe 2024 ubwo bagaburirwaga ibiryo bivugwa ko bidahiye bigatuma abarenga 60 bajyanwa kwa muganga igitaraganya.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze kuri iri shuri mu masaha yo gufata amafunguro, bamwe bari bicaye ku meza bafata ifunguro, mu gihe abandi bavuye mu kigo bajya kurya mu miryango yabo nubwo bishyuye amafaranga yo kurira ku ishuri.

Aba bana bavuga ko batangiye kujya bajya kurya mu rugo kubera iki kibazo giherutse kuba mu ishuri ryabo, bakaba bafite impungenge ko byakongera kubabaho.

Umwe yagize ati “Nakoze mu isosi numva ishaririye ndayitanga, nkoze mu mpungure n’ibishyimbo numva bidahiye; imbaraga zahise zicika mu nda hatangira kundya. Kwa muganga bari batubujije kurya ibiryo bikomeye.”

Icyakora bamwe mu babyeyi bagaragaza ko bari bamaze iminsi babwirwa n’abana babo ko bari kurya ibiryo bitameze neza, bikaza kwigaragaza ubwo bagiraga kiriya kibazo.

Umubyeyi ati “None se abana ko banazaga bari kutubwira ko bari kurya nabi ngo yababwiye ko bazarya impungure kugeza igihe bazaterera amagi, twasanze ko uwo muyobozi uri kuriyobora twabonye ko agiye kutwicira abana, icyo twifuzaga nk’ababyeyi ni ukugira ngo bagaburire abana bacu neza.”

Umuyobozi w’iri shuri ribanza rya Pfunda, Mukeshuwera Justine avuga ko ubuzima bwasubiye ku murongo ndetse ndetse ko ubuyobozi bw’iri shuri bwafashe ingamba ku bijyanye n’imirire.

Yagize ati “Abatetsi bo habayeho uburangare batengushye ikigo, ariko ubu ni ukureba uko umuntu agera buri gihe mwarimu ushinzwe imirire ku ishuri na we akajya aba ari maso, n’ubuyobozi twese n’abarimu kandi wenda nk’ugiye kubigabura agakoramo akabereka ko ibiryo nta kidasanzwe kibirimo.”

Amakuru avuga ko hari gukorwa iperereza, kugira ngo hamenyekane abari inyuma y’iki kibazo giherutse gutuma abanyeshuri barenga 60 bajyanwa kwa muganga kubera amafungoro bari bafatiye ku ishuri.

INKURU MU MASHUSHO

 

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriwe n’Umuhuza mu bya Congo nyuma y’uko anakiriye Tshisekedi

Next Post

Izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryarenze igipimo cyari cyitezwe

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryarenze igipimo cyari cyitezwe

Izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryarenze igipimo cyari cyitezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.