Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ibyabaye aho biga byabateye ubwoba bwo kongera kurya ku ishuri

radiotv10by radiotv10
12/03/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ibyabaye aho biga byabateye ubwoba bwo kongera kurya ku ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bamwe mu bana biga ku ishuri ribanza rya Pfunda mu Karere ka Rabavu baguwe nabi n’amafunguro bariye ku ishuri ndetse bakajyanwa kwa muganga igitaraganya, bamwe bafite bagize bwo kongera kurya ku ishuri.

Aba bana biga ku ishuri Ribanza rya Pfunda riherereye mu Murenge wa Nyundo, baragaragaza izi mpungenge, nyuma y’ibyabaye tariki 06 Werurwe 2024 ubwo bagaburirwaga ibiryo bivugwa ko bidahiye bigatuma abarenga 60 bajyanwa kwa muganga igitaraganya.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze kuri iri shuri mu masaha yo gufata amafunguro, bamwe bari bicaye ku meza bafata ifunguro, mu gihe abandi bavuye mu kigo bajya kurya mu miryango yabo nubwo bishyuye amafaranga yo kurira ku ishuri.

Aba bana bavuga ko batangiye kujya bajya kurya mu rugo kubera iki kibazo giherutse kuba mu ishuri ryabo, bakaba bafite impungenge ko byakongera kubabaho.

Umwe yagize ati “Nakoze mu isosi numva ishaririye ndayitanga, nkoze mu mpungure n’ibishyimbo numva bidahiye; imbaraga zahise zicika mu nda hatangira kundya. Kwa muganga bari batubujije kurya ibiryo bikomeye.”

Icyakora bamwe mu babyeyi bagaragaza ko bari bamaze iminsi babwirwa n’abana babo ko bari kurya ibiryo bitameze neza, bikaza kwigaragaza ubwo bagiraga kiriya kibazo.

Umubyeyi ati “None se abana ko banazaga bari kutubwira ko bari kurya nabi ngo yababwiye ko bazarya impungure kugeza igihe bazaterera amagi, twasanze ko uwo muyobozi uri kuriyobora twabonye ko agiye kutwicira abana, icyo twifuzaga nk’ababyeyi ni ukugira ngo bagaburire abana bacu neza.”

Umuyobozi w’iri shuri ribanza rya Pfunda, Mukeshuwera Justine avuga ko ubuzima bwasubiye ku murongo ndetse ndetse ko ubuyobozi bw’iri shuri bwafashe ingamba ku bijyanye n’imirire.

Yagize ati “Abatetsi bo habayeho uburangare batengushye ikigo, ariko ubu ni ukureba uko umuntu agera buri gihe mwarimu ushinzwe imirire ku ishuri na we akajya aba ari maso, n’ubuyobozi twese n’abarimu kandi wenda nk’ugiye kubigabura agakoramo akabereka ko ibiryo nta kidasanzwe kibirimo.”

Amakuru avuga ko hari gukorwa iperereza, kugira ngo hamenyekane abari inyuma y’iki kibazo giherutse gutuma abanyeshuri barenga 60 bajyanwa kwa muganga kubera amafungoro bari bafatiye ku ishuri.

INKURU MU MASHUSHO

 

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriwe n’Umuhuza mu bya Congo nyuma y’uko anakiriye Tshisekedi

Next Post

Izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryarenze igipimo cyari cyitezwe

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryarenze igipimo cyari cyitezwe

Izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda ryarenze igipimo cyari cyitezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.