Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho

radiotv10by radiotv10
24/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abafite imirima y’icyayi mu gishanga cya Kagera mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka itanu bagaragaza ikibazo cy’ikiraro kirengerwa n’amazi akangiza imyaka yabo, bakibaza icyabuze ngo gikemurwe, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hataraboneka ubushobozi, ariko ko baramutse babufite na bo bacyikemurira.

Ubwo hubakwaga umudugudu w’icyitegererezo wa Bahimba, nibwo ikiraro cyari gisanzwe kiri kuri uyu muhanda cyasenywe, cyongera kubakwa ariko noneho hubakwa igito ugereranyije n’icyahahoze, bikaba byaratumye iki gishya gihorana ibibazo, n’icyayi baba bahinze kikabigenderamo

Mvuyekure Aloys ati “Ntibigitanga umusaruro kubera imyuzure y’uyu mugezi wa Kagera wajyanye ubuso bwinshi kubera iki kiraro cyubatswe nabi.”

Aba baturage bakomeza bagaragaza ko iki kiraro cyababereye nk’ihwa mu kirenge kuva cyubakwa mu myaka itanu ishize kuko ngo kimaze kubakenesha.

Ndimurwango Aoron ati “Cyadusubije inyuma kuko buriya hariya mpafite umurima w’icyayi nakuragamo nk’ibihumbi 50 cyangwa 60 ariko ubu hari n’igihe ntabona ibihumbi 10.”

Bavuga ko iki kibazo bakivuze kenshi, ndetse ubuyobozi bukaba bukizi, ariko ko ntacyo bugikoraho.

Mwemezi Assiel ati “Akarere karabizi turabizi ariko kugira ngo baze kugisenya byarananiranye kandi iki cyayi ni cyo dukuraho ubuzima bwacu bwose.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko hataboneka ubushobozi bwo kubaka iki kiraro kuko hari ibindi byihutirwaga.

Ati “Ntabwo twahise tukibonera ubushobozi kuko twabanje ibyo twabonaga ko bifite ingaruka ku buzima bw’abaturage, ariko babonye ubushobozi mbere yacu bazagikore kuko bafite uruganda rw’icyayi n’abandi bafatanyabikorwa.”

Cyokora nubwo ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buhuza ikibazo cy’iki kiraro n’ibiza by’umwaka ushize wa 2023, aba bahinzi bagaragaza ko ntaho bihuriye kuko bisaba gusa ko imvura igwa ari nyinshi ubundi umugezi wa Kagera ugahita wuzura ukakirengera.

Bavuga ko uko imvura iguye ari nyinshi yangiza icyayi cyabo
Ngo ntibumva icyabuze ngo iki kibazo gishakirwe umuti

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Herekanywe ukekwaho ubutekamutwe burimo ubwo yakoreye umukobwa yabeshye urukundo akamurya 4.000.000Frw

Next Post

Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.