Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho

radiotv10by radiotv10
24/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abafite imirima y’icyayi mu gishanga cya Kagera mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka itanu bagaragaza ikibazo cy’ikiraro kirengerwa n’amazi akangiza imyaka yabo, bakibaza icyabuze ngo gikemurwe, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hataraboneka ubushobozi, ariko ko baramutse babufite na bo bacyikemurira.

Ubwo hubakwaga umudugudu w’icyitegererezo wa Bahimba, nibwo ikiraro cyari gisanzwe kiri kuri uyu muhanda cyasenywe, cyongera kubakwa ariko noneho hubakwa igito ugereranyije n’icyahahoze, bikaba byaratumye iki gishya gihorana ibibazo, n’icyayi baba bahinze kikabigenderamo

Mvuyekure Aloys ati “Ntibigitanga umusaruro kubera imyuzure y’uyu mugezi wa Kagera wajyanye ubuso bwinshi kubera iki kiraro cyubatswe nabi.”

Aba baturage bakomeza bagaragaza ko iki kiraro cyababereye nk’ihwa mu kirenge kuva cyubakwa mu myaka itanu ishize kuko ngo kimaze kubakenesha.

Ndimurwango Aoron ati “Cyadusubije inyuma kuko buriya hariya mpafite umurima w’icyayi nakuragamo nk’ibihumbi 50 cyangwa 60 ariko ubu hari n’igihe ntabona ibihumbi 10.”

Bavuga ko iki kibazo bakivuze kenshi, ndetse ubuyobozi bukaba bukizi, ariko ko ntacyo bugikoraho.

Mwemezi Assiel ati “Akarere karabizi turabizi ariko kugira ngo baze kugisenya byarananiranye kandi iki cyayi ni cyo dukuraho ubuzima bwacu bwose.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko hataboneka ubushobozi bwo kubaka iki kiraro kuko hari ibindi byihutirwaga.

Ati “Ntabwo twahise tukibonera ubushobozi kuko twabanje ibyo twabonaga ko bifite ingaruka ku buzima bw’abaturage, ariko babonye ubushobozi mbere yacu bazagikore kuko bafite uruganda rw’icyayi n’abandi bafatanyabikorwa.”

Cyokora nubwo ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buhuza ikibazo cy’iki kiraro n’ibiza by’umwaka ushize wa 2023, aba bahinzi bagaragaza ko ntaho bihuriye kuko bisaba gusa ko imvura igwa ari nyinshi ubundi umugezi wa Kagera ugahita wuzura ukakirengera.

Bavuga ko uko imvura iguye ari nyinshi yangiza icyayi cyabo
Ngo ntibumva icyabuze ngo iki kibazo gishakirwe umuti

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + five =

Previous Post

Herekanywe ukekwaho ubutekamutwe burimo ubwo yakoreye umukobwa yabeshye urukundo akamurya 4.000.000Frw

Next Post

Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.