Monday, May 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
18/05/2026
in MU RWANDA
0
Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa ikibazo cy’abagabo bata ingo zabo, bakajya gushaka abagore batagira abana, bikavugwa ko babiterwa n’ubukene hamwe n’ubuzima bugoye, mu gihe abagore bo bavuga ko biterwa n’irari rikabije no gushaka guhunga inshingano z’urugo.

Bamwe mu baturage dusanze mu tugari dutandukanye tw’umurenge wa Rubavu bavuga ko ikibazo cyo guta ingo n’amakimbirane gikomeje kugenda cyigaragaza kandi gifata intera ndende muri imwe mu miryango.

Jeannette ati “Nanjye byambayeho kuko umugabo yanyohereje mu isoko ampaye amafaranga make ngo njye guhaha, ngarutse nsanga yansahuye ajya kwibanira n’undi.”

Cyakora n’ubwo hari abagaragaza ko iki kibazo gishobora kuba kiri guterwa n’irari rikabije, abaganiriye na RADIOTV10 benshi bagaragaza ko aya makimbirane ari guturuka ku kibazo cy’imibereho igoranye n’inzara, ngo biri gutera bamwe mu bagabo gufata icyemezo cyo guta ingo bagashaka abagore badafite abana bakeka ko ari bwo biza kuborohereza.

Ndindiriyimana ati “Umugabo ari gukorera bitatu (3,000), yayahereza umugore ngo ajye mu isoko guhaha ugasanga nta kigenda! Ubwo rero niba afite abana 3, 4, umugabo ntabwo aba arya, agahita afata icyemezo cyo kujya kwishakira wa wundi udafite umwana, wibana. Dore nk’ubu uyu mugabo yamusize mu bukode, ubwo se nabura amafaranga yishyura inzu azajya he? N’inzara irimo.”

N’ubwo nta mugabo wemeye kugaragara imbere ya kamera yemera ko koko yahunze inshingano, bamwe mu bakekwaho iyo myitwarire iyo babajijwe basubiza muri aya magambo. Umugabo ati “Nararutaye da! Ntabwo biba byoroshye.”

Mulindwa Prosper uyobora akarere ka Rubavu asobanura ko umugabo cyangwa umugore uta urugo kubera guhunga inshingano aba afashe icyemezo kibi, ari na yo mpamvu ubuyobozi bukora ibishoboka byose kugira ngo bufashe abaturage gukemura ibibazo by’amakimbirane.

Ati  “Impamvu iyo ari yo yose ituma abashakanye batabana neza iba igomba gushakirwa igisubizo, naho guhunga urugo kubera guhunga inshingano ni icyemezo kibi. Wahunga kubera ko uwo mwashakanye ashaka kukugirira nabi, naho guhunga ugiye kubaka urundi rugo ntabwo ari byo.”

Ni mu gihe impamvu zitangwa mu ziri ku isonga y’amakimbirane zitandukanye hagati y’abagore n’abagabo, ariko ubukene n’ihindagurika ry’ubukungu bigahurizwaho mu bikomeje guteza icyuho mu ngo zimwe na zimwe, ndetse abaturage bakavuga ko kongererwa amahirwe y’imirimo n’ubushobozi bwo kwiteza imbere byafasha kugabanya amakimbirane.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Related Posts

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

by radiotv10
17/05/2026
0

Ubwo diyosezi gatolika ya Cyangugu yibukaga abari abakirisito abihayimana n’abari abakozi bayo bazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, hagarutswe kuri...

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

The Lux Collective Enters Rwanda with Landmark Ultra-Luxury Tourism Circuit Partnership

by radiotv10
16/05/2026
0

Mauritius, 15 May 2026 – Global hospitality group The Lux Collective has marked its first entry into Rwanda through a...

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

Amakuru mashya: Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yapfuye

by radiotv10
16/05/2026
0

Félicien Kabuga wari ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, wari umaze imyaka itanu afatiwe i Paris...

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

Ibyo abaturage bakeka ku nkongi y’umuriro yibasiye bitunguranye inzu yari irimo abana batatu

by radiotv10
16/05/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, baturanye n'umuryango wahishije inzu...

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

Nyamasheke: Barataka kubura amazi kubera ivomo ryafunzwe, WASAC ikavuga ko badashobotse

by radiotv10
16/05/2026
0

Hari abaturage bo mu kagari k’impala mu murenge wa Bushenge bataka ikibazo cyo kubura amazi meza aho ngo biba ngombwa...

IZIHERUKA

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe
MU RWANDA

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

by radiotv10
18/05/2026
0

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

18/05/2026
Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

18/05/2026
REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

17/05/2026
Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

Rusizi: Hibutswe abarimo Padiri Mbuguje wabeshyewe guhanura indege ya Habyarimana no kohereza abasore mu nkotanyi

17/05/2026
Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

Sunrise na Unity zazamutse mu Cyiciro cya Mbere

17/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.