Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ngo uwatinze gutaha ahatwa igiti, bati “Turambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo”

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA
2
Rubavu: Ngo uwatinze gutaha ahatwa igiti, bati “Turambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abayobozi babaziza ibintu bitandukanye nko gutinda gutaha no gutinda kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza.

Aba baturage bavuga ko abayobozi babakubita, ari Umukuru w’Umudugudu, inkeragutabara n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama.

Umwe mu bakubiswe witwa Turatsinze, yabwiye RADIOTV10 ko yahuye n’umuyobozi w’irondo mu masaaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ubundi akamukubita.

Ati “Yarankubise, ndamubaza nti ‘umpoye iki?’ ntiyansubiza. Mu gitondo abaturage barampeka banjyana mu bitaro.”

Avuga ko uwo wamukubise yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ariko ko atatinzemo.

Yagize ati “Umuyobozi w’Umurenge yaravuze ngo umuyobozi w’umutekano ntakwiye gufungwa, ngo nibamufungure, baramufungura.”

Undi na we yavuze ko yakubiswe ubwo yari atashye ari nimugoroba, yatangaje ko yahuye n’abayobozi bakamukubita ndetse bagahita bajya kumufungira ku biro by’Umurenge.

Ati “Bamboheye amaboko inyuma [muri kubona n’ingohi] kandi nta muntu nari nibye.”

Aba baturage bavuga ko uretse gukubitwa inkoni, banahimbirwa ibyaha batakoze ku buryo no kuba bavuganye n’umunyamakuru na byo bishobora kubabyarira amazi n’ibisusa.

Umwe ati “N’ubu kuba tuvugiye imbere yanyu, ushobora kumva twageze Nyabishongo cyangwa muri Polisi ngo turafunze bakadushyiraho icyaha kandi nta cyaha dufite.”

Aba baturage bavuga ko n’abatinze kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de sante, bakubitwa; bavuga kandi ko abayobozi bo muri aka gace basa nk’abubatse akazu ko guhohotera abaturage.

Undi ati “Mu Murenge wa Kanama ntiwavuga ku muyobozi, ntiwavuga ku mukire utuyemo ahubwo abakene tugiye kwicwa n’akarengane.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, Ndekezi Honore Mugisha uvugwaho gukubita abaturage, yabihakanye.

Mu ijambo rimwe gusa, yabwiye Umunyamakuru ati “Numva ntayobora RIB ku buryo nayiha amabwiriza.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwajeneza Jeannette yavuze ko aba baturage bashinja abayobozi babo kubakubita na bo atari shyashya.

Yagarutse ku rugero rw’abaturage babiri mu bavuga ko bakubiswe n’abayobozi, ati “Imyitwarire yabo nkuko byagiye bigaragara yaba gutesha agaciro inzego, gukubita abayobozi b’Imidugudu, gukubita Executif w’Akagari yagiye kurangiza imanza, mwabonye ko ari imyitwarire itari myiza bagaragaje.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo bivuze ko Executif Mugisha yabahohoteye, ahubwo yagerageje kurengera abaturage.”

Uyu muyobozi avuga ko abayobozi na bo bazakomeza ubukangurambaga muri aba baturage kugira ngo bacike kuri izo ngeso mbi zituma bashyamirana n’abayobozi.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Twayigize says:
    3 years ago

    Ariko rero namwe muge mukora kinyamwuga,iyo umunyamakuru ashyizeho umuntu wambaye uniform y’urwego rw’umutekano(DASSO)
    Kandi munkuru ntaho bigaragara ko uru rwego rwahohoteye umuturage,bishatse kuvuga ko ubonye ifoto iri kunkuru yanyu agirango DASSO niyo yabazengereje,muge mutekereza kubyo mugiye gukora,naho ubundi tubashimira amakuru yanyu,thanks!

    Reply
  2. Ntwari says:
    3 years ago

    Ubwo se iriya photo ko mperuka Ari iyo muri Cyuve Musanze,igaruka muri Rubavu gute ? Vraiment aha ni ugusebya umwuga .ni Aho ibindi byo turabemera,ikindi abaturage usanga natwe harimo abadashaka kubahiriza gahunda za leta bakigira ibihazi,ahubwo ugasanga bararwanya abayobozi .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + ten =

Previous Post

Umuraperi nyarwanda ari mu maboko ya RIB

Next Post

Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”

Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.