Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ubuyobozi n’abaturage baranyuranya imvugo ku isoko riremera aho babona hadakwiye

radiotv10by radiotv10
20/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ubuyobozi n’abaturage baranyuranya imvugo ku isoko riremera aho babona hadakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bahangayikishijwe n’isoko ry’amatungo magufi riremera ku muhanda munini Kigali-Rubavu imbere y’ingo zabo kuko rishobora guteza impanuka, mu gihe ubuyobozi bwo buhakana ko ayo matungo magufi acururizwa muri uwo Murenge kuko ngo batayagira.

Ni isoko rikunze kugurishirizwamo amatungo magufi nk’ihene n’intama, riremera ku muhanda munini wa Kigali- Rubavu, gusa bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Mareru mu Kagari ka Nyamirango mu Murenge wa Kanzenze bavuga ko bahangayitse.

Umwe mu baturage yagize ati “Nk’umwana ushobora kumutuma cyangwa agiye no ku ishuri, urareba hano uko baba bahahagaze, ari itungo na ryo barigonga ari umwana na we bamugonga.”

Hari bamwe mu baturage bo bavuga ko aya matungo batayagurishiriza muri iri soko, ahubwo ko bayahanyuza ngo bayakuzanyirize hamwe bagiye kuyagurishiriza mu isoko rya Mahoko riri mu Murenge wa Nyakiriba, gusa na bo bakavuga ko na byo bidakwiye.

Undi muturage ati “Byateza ikibazo bitewe n’uko aba ari mu muhanda, ariko ni ukuhanyura gusa turi kuharuhukira turi kugenda ntabwo ari isoko.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Uwizeyimana Josiane ahakana iby’iri soko, ndetse akavuga ko n’aya matungo magufi bivugwa ko aricururizwamo, atarangwa muri uyu Murenge.

Yagize ati “Nta soko ry’amatungo magufi tugira hano, usibye iry’inka ahubwo mbwira uti ‘ni inka zica ku muhanda zijya mu isoko ry’inka’ ariko iwacu nta soko ry’amatungo magufi tugira. Nta n’umuturage wigeze avuga ko abangamiwe, nta n’ihene dufite mu Murenge wacu, byibura iyo uvuga n’intama.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + thirteen =

Previous Post

Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Next Post

Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.