Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ubuyobozi n’abaturage baranyuranya imvugo ku isoko riremera aho babona hadakwiye

radiotv10by radiotv10
20/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ubuyobozi n’abaturage baranyuranya imvugo ku isoko riremera aho babona hadakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bahangayikishijwe n’isoko ry’amatungo magufi riremera ku muhanda munini Kigali-Rubavu imbere y’ingo zabo kuko rishobora guteza impanuka, mu gihe ubuyobozi bwo buhakana ko ayo matungo magufi acururizwa muri uwo Murenge kuko ngo batayagira.

Ni isoko rikunze kugurishirizwamo amatungo magufi nk’ihene n’intama, riremera ku muhanda munini wa Kigali- Rubavu, gusa bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Mareru mu Kagari ka Nyamirango mu Murenge wa Kanzenze bavuga ko bahangayitse.

Umwe mu baturage yagize ati “Nk’umwana ushobora kumutuma cyangwa agiye no ku ishuri, urareba hano uko baba bahahagaze, ari itungo na ryo barigonga ari umwana na we bamugonga.”

Hari bamwe mu baturage bo bavuga ko aya matungo batayagurishiriza muri iri soko, ahubwo ko bayahanyuza ngo bayakuzanyirize hamwe bagiye kuyagurishiriza mu isoko rya Mahoko riri mu Murenge wa Nyakiriba, gusa na bo bakavuga ko na byo bidakwiye.

Undi muturage ati “Byateza ikibazo bitewe n’uko aba ari mu muhanda, ariko ni ukuhanyura gusa turi kuharuhukira turi kugenda ntabwo ari isoko.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Uwizeyimana Josiane ahakana iby’iri soko, ndetse akavuga ko n’aya matungo magufi bivugwa ko aricururizwamo, atarangwa muri uyu Murenge.

Yagize ati “Nta soko ry’amatungo magufi tugira hano, usibye iry’inka ahubwo mbwira uti ‘ni inka zica ku muhanda zijya mu isoko ry’inka’ ariko iwacu nta soko ry’amatungo magufi tugira. Nta n’umuturage wigeze avuga ko abangamiwe, nta n’ihene dufite mu Murenge wacu, byibura iyo uvuga n’intama.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + thirteen =

Previous Post

Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Next Post

Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.