Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ubuyobozi n’abaturage baranyuranya imvugo ku isoko riremera aho babona hadakwiye

radiotv10by radiotv10
20/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ubuyobozi n’abaturage baranyuranya imvugo ku isoko riremera aho babona hadakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bahangayikishijwe n’isoko ry’amatungo magufi riremera ku muhanda munini Kigali-Rubavu imbere y’ingo zabo kuko rishobora guteza impanuka, mu gihe ubuyobozi bwo buhakana ko ayo matungo magufi acururizwa muri uwo Murenge kuko ngo batayagira.

Ni isoko rikunze kugurishirizwamo amatungo magufi nk’ihene n’intama, riremera ku muhanda munini wa Kigali- Rubavu, gusa bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Mareru mu Kagari ka Nyamirango mu Murenge wa Kanzenze bavuga ko bahangayitse.

Umwe mu baturage yagize ati “Nk’umwana ushobora kumutuma cyangwa agiye no ku ishuri, urareba hano uko baba bahahagaze, ari itungo na ryo barigonga ari umwana na we bamugonga.”

Hari bamwe mu baturage bo bavuga ko aya matungo batayagurishiriza muri iri soko, ahubwo ko bayahanyuza ngo bayakuzanyirize hamwe bagiye kuyagurishiriza mu isoko rya Mahoko riri mu Murenge wa Nyakiriba, gusa na bo bakavuga ko na byo bidakwiye.

Undi muturage ati “Byateza ikibazo bitewe n’uko aba ari mu muhanda, ariko ni ukuhanyura gusa turi kuharuhukira turi kugenda ntabwo ari isoko.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Uwizeyimana Josiane ahakana iby’iri soko, ndetse akavuga ko n’aya matungo magufi bivugwa ko aricururizwamo, atarangwa muri uyu Murenge.

Yagize ati “Nta soko ry’amatungo magufi tugira hano, usibye iry’inka ahubwo mbwira uti ‘ni inka zica ku muhanda zijya mu isoko ry’inka’ ariko iwacu nta soko ry’amatungo magufi tugira. Nta n’umuturage wigeze avuga ko abangamiwe, nta n’ihene dufite mu Murenge wacu, byibura iyo uvuga n’intama.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Next Post

Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Related Posts

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Hagaragajwe uko Nyabarongo yuzuye igatuma umuhanda Muhanga-Ngororero utaba nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.