Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ukekwa ko ari Igisambo yarashwe n’Abapolisi ahita apfa

radiotv10by radiotv10
21/12/2021
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ukekwa ko ari Igisambo yarashwe n’Abapolisi ahita apfa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Buhaza mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, abantu batatu bari bafite ibikoresho bikekwa ko bari bavuye kwiba, bahagaritswe n’Abapolisi barinangira ahubwo bashaka kubarwanya, barabarasa hapfamo umwe.

Ibi byabereye mu Mudugu wa Gabiro mu Kagari ka Buhaza inyuma y’Ikigo Nderabuzima cya Byahi giherereye mu Murenge wa Rubavu ubwo abantu batatu bikekwa ko ari abajura bari bavuye kwiba ibikoresho bagahagarikwa n’abapolisi ariko bakinangira.

Abapolisi bagerageje kubahagarika ahubwo bariruka ndetse bashaka gucikana n’ibyo bikoresho bikekwa ko byibwe, ubundi barasa mu kirere ariko isasu riza gufatamo umwe witwa Niyonsenga Iradukunda w’imyaka 21 y’amavuko.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yabwiye RADIOTV10 ko ibi byabaye ahagana saa munani n’iminota 20’ (02:20’) z’ijoro.

Mu butumwa bugufi, CIP Bonaventure Twizere Karekezi yagize ati “Abapolisi bari kuri patrol bahuye n’itsinda ry’abagabo 03 bari bikoreye ibintu bigaragara ko bari bavuye kubyiba, Abapolisi babahagaritse baranga bariruka, barasa hejuru ntibabita hasi bakomeza kwiruka ariko haza kuraswamo umwe. Yari afite television ya flat.”

Abatuye muri aka gace bamaze iminsi bataka ibikorwa by’urugomo n’ubujura bakorerwa n’abo mu itsinda ryiswe Abazukuru ba Shitani, babwiye RADIOTV10 ko nubwo batishimira ko hari Umunyarwanda wabura ubuzima ariko wenda kuba umwe muri bagenzi babo arashwe, baza gucogora.

Umwe yagize ati “Wenda byagabanuka, ibisambo ni bibi kuko barahari benshi…Byaba ari byiza kuba batangiye kubagabanya kuko baramufata ejo bakamufungura akigendera akaza ari wowe ari guhiga.”

Usanzwe akora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto, avuga ko mu masaha y’umugoroba hari ahantu hatari hakiri nyabagendwa kubera abajura.

Ati “Ibisambo byari bibangamiye abaturage kuko umukiliya yadutegaga ngo tumujyaneyo ariko tukanga bitewe nuko ibisambo biteka abamotari bikabatera amabuye bikabatega imigozi ariko ubwo batangiye kubirasa buriya turahumeka tugende twisanzuye.”

Mu byumweru bibiri bishize, urugo rwo mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu rwari rwatewe n’abantu bakekwa ko bari muri iri tsinda ry’Abuzukuru ba Shitani bakomeretsa bikabije umugabo n’umugore baho.

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko barembejwe n’ibisambo ariko ko wenda bagiye guhumeka

Danton GASIGWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 19 =

Previous Post

Abakinnyi babiri basanzwe ari inkingi za mwamba muri Rayon bahagaritswe ngo babanze bitekerezeho

Next Post

Amabwiriza mashya yatumye abagenzi 36 barara Nyabugogo, CP Kabera ati “Bibe isomo”

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amabwiriza mashya yatumye abagenzi 36 barara Nyabugogo, CP Kabera ati “Bibe isomo”

Amabwiriza mashya yatumye abagenzi 36 barara Nyabugogo, CP Kabera ati “Bibe isomo”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.