Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ukekwa ko ari Igisambo yarashwe n’Abapolisi ahita apfa

radiotv10by radiotv10
21/12/2021
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ukekwa ko ari Igisambo yarashwe n’Abapolisi ahita apfa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Buhaza mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, abantu batatu bari bafite ibikoresho bikekwa ko bari bavuye kwiba, bahagaritswe n’Abapolisi barinangira ahubwo bashaka kubarwanya, barabarasa hapfamo umwe.

Ibi byabereye mu Mudugu wa Gabiro mu Kagari ka Buhaza inyuma y’Ikigo Nderabuzima cya Byahi giherereye mu Murenge wa Rubavu ubwo abantu batatu bikekwa ko ari abajura bari bavuye kwiba ibikoresho bagahagarikwa n’abapolisi ariko bakinangira.

Abapolisi bagerageje kubahagarika ahubwo bariruka ndetse bashaka gucikana n’ibyo bikoresho bikekwa ko byibwe, ubundi barasa mu kirere ariko isasu riza gufatamo umwe witwa Niyonsenga Iradukunda w’imyaka 21 y’amavuko.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yabwiye RADIOTV10 ko ibi byabaye ahagana saa munani n’iminota 20’ (02:20’) z’ijoro.

Mu butumwa bugufi, CIP Bonaventure Twizere Karekezi yagize ati “Abapolisi bari kuri patrol bahuye n’itsinda ry’abagabo 03 bari bikoreye ibintu bigaragara ko bari bavuye kubyiba, Abapolisi babahagaritse baranga bariruka, barasa hejuru ntibabita hasi bakomeza kwiruka ariko haza kuraswamo umwe. Yari afite television ya flat.”

Abatuye muri aka gace bamaze iminsi bataka ibikorwa by’urugomo n’ubujura bakorerwa n’abo mu itsinda ryiswe Abazukuru ba Shitani, babwiye RADIOTV10 ko nubwo batishimira ko hari Umunyarwanda wabura ubuzima ariko wenda kuba umwe muri bagenzi babo arashwe, baza gucogora.

Umwe yagize ati “Wenda byagabanuka, ibisambo ni bibi kuko barahari benshi…Byaba ari byiza kuba batangiye kubagabanya kuko baramufata ejo bakamufungura akigendera akaza ari wowe ari guhiga.”

Usanzwe akora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto, avuga ko mu masaha y’umugoroba hari ahantu hatari hakiri nyabagendwa kubera abajura.

Ati “Ibisambo byari bibangamiye abaturage kuko umukiliya yadutegaga ngo tumujyaneyo ariko tukanga bitewe nuko ibisambo biteka abamotari bikabatera amabuye bikabatega imigozi ariko ubwo batangiye kubirasa buriya turahumeka tugende twisanzuye.”

Mu byumweru bibiri bishize, urugo rwo mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu rwari rwatewe n’abantu bakekwa ko bari muri iri tsinda ry’Abuzukuru ba Shitani bakomeretsa bikabije umugabo n’umugore baho.

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko barembejwe n’ibisambo ariko ko wenda bagiye guhumeka

Danton GASIGWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 17 =

Previous Post

Abakinnyi babiri basanzwe ari inkingi za mwamba muri Rayon bahagaritswe ngo babanze bitekerezeho

Next Post

Amabwiriza mashya yatumye abagenzi 36 barara Nyabugogo, CP Kabera ati “Bibe isomo”

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amabwiriza mashya yatumye abagenzi 36 barara Nyabugogo, CP Kabera ati “Bibe isomo”

Amabwiriza mashya yatumye abagenzi 36 barara Nyabugogo, CP Kabera ati “Bibe isomo”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.