Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ukekwa ko ari Igisambo yarashwe n’Abapolisi ahita apfa

radiotv10by radiotv10
21/12/2021
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ukekwa ko ari Igisambo yarashwe n’Abapolisi ahita apfa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Buhaza mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, abantu batatu bari bafite ibikoresho bikekwa ko bari bavuye kwiba, bahagaritswe n’Abapolisi barinangira ahubwo bashaka kubarwanya, barabarasa hapfamo umwe.

Ibi byabereye mu Mudugu wa Gabiro mu Kagari ka Buhaza inyuma y’Ikigo Nderabuzima cya Byahi giherereye mu Murenge wa Rubavu ubwo abantu batatu bikekwa ko ari abajura bari bavuye kwiba ibikoresho bagahagarikwa n’abapolisi ariko bakinangira.

Abapolisi bagerageje kubahagarika ahubwo bariruka ndetse bashaka gucikana n’ibyo bikoresho bikekwa ko byibwe, ubundi barasa mu kirere ariko isasu riza gufatamo umwe witwa Niyonsenga Iradukunda w’imyaka 21 y’amavuko.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yabwiye RADIOTV10 ko ibi byabaye ahagana saa munani n’iminota 20’ (02:20’) z’ijoro.

Mu butumwa bugufi, CIP Bonaventure Twizere Karekezi yagize ati “Abapolisi bari kuri patrol bahuye n’itsinda ry’abagabo 03 bari bikoreye ibintu bigaragara ko bari bavuye kubyiba, Abapolisi babahagaritse baranga bariruka, barasa hejuru ntibabita hasi bakomeza kwiruka ariko haza kuraswamo umwe. Yari afite television ya flat.”

Abatuye muri aka gace bamaze iminsi bataka ibikorwa by’urugomo n’ubujura bakorerwa n’abo mu itsinda ryiswe Abazukuru ba Shitani, babwiye RADIOTV10 ko nubwo batishimira ko hari Umunyarwanda wabura ubuzima ariko wenda kuba umwe muri bagenzi babo arashwe, baza gucogora.

Umwe yagize ati “Wenda byagabanuka, ibisambo ni bibi kuko barahari benshi…Byaba ari byiza kuba batangiye kubagabanya kuko baramufata ejo bakamufungura akigendera akaza ari wowe ari guhiga.”

Usanzwe akora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto, avuga ko mu masaha y’umugoroba hari ahantu hatari hakiri nyabagendwa kubera abajura.

Ati “Ibisambo byari bibangamiye abaturage kuko umukiliya yadutegaga ngo tumujyaneyo ariko tukanga bitewe nuko ibisambo biteka abamotari bikabatera amabuye bikabatega imigozi ariko ubwo batangiye kubirasa buriya turahumeka tugende twisanzuye.”

Mu byumweru bibiri bishize, urugo rwo mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu rwari rwatewe n’abantu bakekwa ko bari muri iri tsinda ry’Abuzukuru ba Shitani bakomeretsa bikabije umugabo n’umugore baho.

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko barembejwe n’ibisambo ariko ko wenda bagiye guhumeka

Danton GASIGWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Abakinnyi babiri basanzwe ari inkingi za mwamba muri Rayon bahagaritswe ngo babanze bitekerezeho

Next Post

Amabwiriza mashya yatumye abagenzi 36 barara Nyabugogo, CP Kabera ati “Bibe isomo”

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amabwiriza mashya yatumye abagenzi 36 barara Nyabugogo, CP Kabera ati “Bibe isomo”

Amabwiriza mashya yatumye abagenzi 36 barara Nyabugogo, CP Kabera ati “Bibe isomo”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.