Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye

radiotv10by radiotv10
07/09/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Umunye-Congo utaherukaga kugaragara bamusanze yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wari ucumbitse mu Mudugudu wa Umubano mu Kagari ka Mbugangali mu Murenge wa Gisenyi, bamusanze yapfiriye mu nzu yabagamo.

Uyu mugabo witwa Yankese Christian yaherukaga kugaragara ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo yari avuye gucuranga muri kolari, ubundi arataha araryama, kuva icyo gihe ntiyongeye kugaragara.

Uyu mugabo ukomoka muri DRC yari amaze iminsi nta muntu uzi amakuru ye aho byanatumye ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bujya gushakisha bukamena inzu yabagamo bukinjiramo bugasanga yapfuye.

Inshuti za nyakwigendera zirimo n’abo bari basanzwe bakorana umurimo w’Imana wo gucuranga mu rusengero rwa Restauration Church, zabwiye RADIOTV10 ko yibanaga akaba yari azwiho kwitonda cyane.

Uwitwa Kamabu Augustin yavuze ko yari amaze iminsi amubonana ibibazo ku buryo hari n’igihe yamubajije uburwayi yaba afite, ariko akanga kugira icyo amutangariza.

Ati “Twaba ducuranga nkajya kubona nkabona arekeye gucuranga, hashira nk’iminota ibiri nkabona arongeye aracuranze. Ashobora kuba yari afite ikibazo cye kihariye atashakaga kumenyesha abantu.”

Uyu muturage uvuga ko amaze imyaka itatu aziranye na nyakwigendera, yavuze ko ku cyumweru bari bafite ikiraka bagomba kujya gucurangamo ariko akaza kumubura ndetse yanamuhagamara akumva telefone ye ntiriho.

Ati “Numvaga ari ikibazo gisanzwe, ndamwihorera, na nimogoroba ndamuhamagara ndamubura, ngeze ejo nimugoroba mbonye ko ibintu bidasanzwe ngera hano nsanga urufunguzo mu rugii, ndigendera.”

Abari basanzwe baturanye mu gipangu kimwe, bavuga ko nyakwigendera yari umugwaneza ku buryo badakeka ko haba hari uwamugiriye nabi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rutangira iperereza ku cyaba cyahitanye nyakwigendera mu gihe umurambo we wajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Gisenyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + thirteen =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza

Next Post

Ukuri ku mashusho yaciye ibintu y’ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro

Related Posts

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

IZIHERUKA

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe
MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukuri ku mashusho yaciye ibintu y’ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro

Ukuri ku mashusho yaciye ibintu y’ikiraro cyacitse bari kugifungura ku mugaragaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.