Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Umuyobozi aravugwaho imyitwarire ibangamiye abaturage ituma bataha barahira ko batazamugaruka imbere

radiotv10by radiotv10
22/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rubavu: Hari umuyobozi umaze icyumweru batazi aho aherereye, Meya yagize icyo abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyungo mu Karere ka Rubavu, barashinja umuyobozi ushinzwe irangamimerere muri uyu Murenge kubasuzugura no kubuka inabi, mu gihe we avuga ko atabasuzugura ngo kuko ari bo batuma abona umugati.

Mu Kagari ka Kigarama mu Murengwa Nyundo, hagaragara umubare munini w’ababyeyi batandikishije abana, bakavuga ko kimwe mu byatumye batabandikisha, ari uko ushinzwe irangamimerere muri uyu Murenge ababwira nabi akanabima serivisi.

Umwe ati “Nagiyeyo ambwira nabi cyane none nari nagize ngo ndajyayo ngira ubute ariko n’icyo kibazo kinarimo rwose mutubwirire uwo mudamu ajye atubwira neza.”

Abajijwe icyo yita kuba baramubwiye nabi, uyu muturage, yagize ati “namubajije impamvu abana banjye batanditswe kandi ahandi muri mashine bababona nko ku irembo, arambwira ngo ngende ngo ibyo tujye tubibaza ahandi.”

Yakomeje agira ati “Noneho mubajije ngo mbe mubyeyi, none ikibazo cyanjye ko mutari kunkorera serivise? Arangije aramubwira ngo ‘mva hejuru wa musaza we’.”

Uwamahoro Ruth ni Umukuru w’umwe mu Midugudu igize Akagari ka Kigarama, na we uvuga ko bibagora nk’ubuyobozi bw’ibanze gushishikariza abaturage kwitabira kwandikisha abana babo kubera kwakirwa nabi.

ati “Umuturage akavuga ngo nagezeyo etat civil anyirukaho! Kandi umuturage w’inaha iwacu mu misozi rwose kumureba nabi, ntabwo yakugarukira ku Nyundo kubera ko igihe ukihakorera azavuga ati ‘n’ubundi nzahasanga wa mudamu noneho azankubita!’ Mudufashe yige kubwira abaturage neza.”

Kampire Raymonde, umukozi ushinzwe irangamimerere mu Murenge wa Nyundo uvugwaho kwakira nabi abaturage, we avuga ko yakirana yombi abamugana kandi ngo akabaha ibyo bagenewe byose gusa ariko ngo hari abatishimira guhabwa ibisubizo binyuranye n’ibyifuzo byabo.

ati “Ntawe nabwira nabi kuko nanjye niho nkura umugati, mu by’ukuri kuvuga ngo umuturage namwakira nabi ntabwo byashoboka kuko mfite abayobozi banyobora, ahubwo njye mbona ari cya kindi navuze mbere, niba umuntu avuye iwe aje gusaba serivisi ntayihabwe, nanjye ndi umuntu ni ukuvuga ngo umuntu aba ashaka ngo icyo ashaka cyose agihabwe kandi ni nko kubwira muganga ngo ndwaye umutwe ni wo nshaka ko uvura kandi wenda umuganga afite ukundi ari kubibona wenda atari umutwe ndwaye, ubwo rero n’umuturage hari igihe aza avuga ngo ndashaka iki kandi wenda kidashoboka, ari na yo mpamvu turi muri aka kazi, ari nayo mpamvu ndi aha kugira ngo mpereze umuturage icyo yemerewe, icyo atemerewe nkimusobanurire.”

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Theophile says:
    2 years ago

    Uyu mudamu ikintu muziho nuko Ari serieuse cyane,ariko icyo nzi nuko serivise azikora neza wenda nikuruhande rwanjye bidakiraho uruhande rwabandi,hambere aha twaherekeje abantu gusezerana,yigishije neza turishima,ahubwo harubwo abantu bamwe baba bashaka ko bigenda uko bashaka.gusa niba Koko abikora yisubireho.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + sixteen =

Previous Post

Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

Next Post

Icyatumye abahanzi Nyarwanda bashyirirwaho umwihariko mu bihembo bikomeye bitanzwe bwa mbere cyamenyekanye

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye abahanzi Nyarwanda bashyirirwaho umwihariko mu bihembo bikomeye bitanzwe bwa mbere cyamenyekanye

Icyatumye abahanzi Nyarwanda bashyirirwaho umwihariko mu bihembo bikomeye bitanzwe bwa mbere cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.