Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Umuyobozi aravugwaho imyitwarire ibangamiye abaturage ituma bataha barahira ko batazamugaruka imbere

radiotv10by radiotv10
22/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rubavu: Hari umuyobozi umaze icyumweru batazi aho aherereye, Meya yagize icyo abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyungo mu Karere ka Rubavu, barashinja umuyobozi ushinzwe irangamimerere muri uyu Murenge kubasuzugura no kubuka inabi, mu gihe we avuga ko atabasuzugura ngo kuko ari bo batuma abona umugati.

Mu Kagari ka Kigarama mu Murengwa Nyundo, hagaragara umubare munini w’ababyeyi batandikishije abana, bakavuga ko kimwe mu byatumye batabandikisha, ari uko ushinzwe irangamimerere muri uyu Murenge ababwira nabi akanabima serivisi.

Umwe ati “Nagiyeyo ambwira nabi cyane none nari nagize ngo ndajyayo ngira ubute ariko n’icyo kibazo kinarimo rwose mutubwirire uwo mudamu ajye atubwira neza.”

Abajijwe icyo yita kuba baramubwiye nabi, uyu muturage, yagize ati “namubajije impamvu abana banjye batanditswe kandi ahandi muri mashine bababona nko ku irembo, arambwira ngo ngende ngo ibyo tujye tubibaza ahandi.”

Yakomeje agira ati “Noneho mubajije ngo mbe mubyeyi, none ikibazo cyanjye ko mutari kunkorera serivise? Arangije aramubwira ngo ‘mva hejuru wa musaza we’.”

Uwamahoro Ruth ni Umukuru w’umwe mu Midugudu igize Akagari ka Kigarama, na we uvuga ko bibagora nk’ubuyobozi bw’ibanze gushishikariza abaturage kwitabira kwandikisha abana babo kubera kwakirwa nabi.

ati “Umuturage akavuga ngo nagezeyo etat civil anyirukaho! Kandi umuturage w’inaha iwacu mu misozi rwose kumureba nabi, ntabwo yakugarukira ku Nyundo kubera ko igihe ukihakorera azavuga ati ‘n’ubundi nzahasanga wa mudamu noneho azankubita!’ Mudufashe yige kubwira abaturage neza.”

Kampire Raymonde, umukozi ushinzwe irangamimerere mu Murenge wa Nyundo uvugwaho kwakira nabi abaturage, we avuga ko yakirana yombi abamugana kandi ngo akabaha ibyo bagenewe byose gusa ariko ngo hari abatishimira guhabwa ibisubizo binyuranye n’ibyifuzo byabo.

ati “Ntawe nabwira nabi kuko nanjye niho nkura umugati, mu by’ukuri kuvuga ngo umuturage namwakira nabi ntabwo byashoboka kuko mfite abayobozi banyobora, ahubwo njye mbona ari cya kindi navuze mbere, niba umuntu avuye iwe aje gusaba serivisi ntayihabwe, nanjye ndi umuntu ni ukuvuga ngo umuntu aba ashaka ngo icyo ashaka cyose agihabwe kandi ni nko kubwira muganga ngo ndwaye umutwe ni wo nshaka ko uvura kandi wenda umuganga afite ukundi ari kubibona wenda atari umutwe ndwaye, ubwo rero n’umuturage hari igihe aza avuga ngo ndashaka iki kandi wenda kidashoboka, ari na yo mpamvu turi muri aka kazi, ari nayo mpamvu ndi aha kugira ngo mpereze umuturage icyo yemerewe, icyo atemerewe nkimusobanurire.”

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Theophile says:
    2 years ago

    Uyu mudamu ikintu muziho nuko Ari serieuse cyane,ariko icyo nzi nuko serivise azikora neza wenda nikuruhande rwanjye bidakiraho uruhande rwabandi,hambere aha twaherekeje abantu gusezerana,yigishije neza turishima,ahubwo harubwo abantu bamwe baba bashaka ko bigenda uko bashaka.gusa niba Koko abikora yisubireho.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

Next Post

Icyatumye abahanzi Nyarwanda bashyirirwaho umwihariko mu bihembo bikomeye bitanzwe bwa mbere cyamenyekanye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye abahanzi Nyarwanda bashyirirwaho umwihariko mu bihembo bikomeye bitanzwe bwa mbere cyamenyekanye

Icyatumye abahanzi Nyarwanda bashyirirwaho umwihariko mu bihembo bikomeye bitanzwe bwa mbere cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.