Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Uwari mu marira ubu akaba amwenyura yavuze uko yifuzaga kugaragariza ibyishimo Perezida

radiotv10by radiotv10
19/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Uwari mu marira ubu akaba amwenyura yavuze uko yifuzaga kugaragariza ibyishimo Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Kanangire Joseph utuye mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, wari warangirijwe inzu n’imitingito yo muri 2021, ubu akaba yarubakiwe, ashimira Perezida Paul Kagame ku bw’imiyoborere ye yamukuye muri ubu bujyahabi.

Uyu muturage n’umuryango we, wari umaze igihe ugaragaza ko urara unyagirwa kubera inzu yabo yari yangijwe n’imitingito yo muri Kamena 2021 yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.

RADIOTV10 yakoze inkuru y’uyu muturage wo mu Mudugudu wa Ruhero mu Kagari ka Rwaza mu Murenge wa Rugerero, aho yavugaga ko yibagiranye mu bandi bari basenyewe n’iyi mitingito.

Kanangire Joseph ati “Abandi bari barabonye ubufasha barasanirwa ariko twe dugashaka icyo tuzira tukakibura ndetse bigera n’ahantu twijujuta tuti ahari ubanza tutari Abanyarwanda nk’abandi.”

Nyuma yo gukorerwa ubuvugizi n’iki gitangazamakuru, Kanangire Joseph avuga ko ubuyobozi bwamusuye, bukareba iki kibazo cye, bukemera kumusanira.

Ati “Baraje bareba ukuntu ikibazo dufite cyifashe none inzu barayisanuye, ubu turaryama tugasinzira, tukishima tugashimira n’Umukuru w’Igihugu, ni uko gusa ari nta bundi bushobozi dufite twagombaga kumuha inka kuko arayikwiye rwose ni umubyeyi arakarama kandi nta n’ubundi buyobozi twigeze tubona bumeze nk’ubwe.”

Abaturanyi b’uyu muryango na bo bashimira imiyoborere y’u Rwanda, yatabaye uyu muturanyi wabo. Umwe ati “Inzu yari yaramusenyukiyeho ariko ku bw’imiyoborere myiza ya Kagame yaramufashije, inzu barayubaka none ubu ari ahantu heza hagaragara.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Uwajeneza Jeannette, avuga ko uko ubushobozi bugenda buboneka, ari na ko abantu bakeneye ubufasha nk’ubu bagenda babuhabwa.

Ati “Ni yo mpamvu uwo muturage mubona mwamukoreye ubuvugizi natwe tukamwubakira, ubundi iyo twubakira umuturage ni ukubaka inzu tukayisakara, tukayikinga ndetse tugateraho sima inyuma n’imbere gusa iyo twagize umugisha tukabona sima nyinshi no hasi tuyishyiramo.”

Uyu muyobozi agaragaza ko muri uyu mwaka, mu Murenge wa Rugerero hubatswe inzu 23 z’abaturage batishoboye hamwe n’izindi 139 z’abahuye n’ibiza bitandukanye.

Kanangire Joseph arishimira kuba yubakiwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 5 =

Previous Post

Abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Olga bafatiwe icyemezo mu bujurire

Next Post

Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye Inama muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagaragaje ko mu kubungabunga ibidukikije...

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
29/10/2025
0

Impuguke mu buzima n’imiyoborere, ziravuga ko imyitwarire y’ubusinzi ikomeje kugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda ihangayikishije, zigasaba Leta kugira icyo ikora...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

by radiotv10
29/10/2025
0

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, akurikiranyweho kwica nyina babanaga, amuziza kuba yaranze...

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, aravuga ko atakibasha kubonera ibitotsi mu nzu ye yiyubakiye nyuma...

IZIHERUKA

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa
AMAHANGA

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

by radiotv10
29/10/2025
0

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.