Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Uwari mu marira ubu akaba amwenyura yavuze uko yifuzaga kugaragariza ibyishimo Perezida

radiotv10by radiotv10
19/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Uwari mu marira ubu akaba amwenyura yavuze uko yifuzaga kugaragariza ibyishimo Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Kanangire Joseph utuye mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, wari warangirijwe inzu n’imitingito yo muri 2021, ubu akaba yarubakiwe, ashimira Perezida Paul Kagame ku bw’imiyoborere ye yamukuye muri ubu bujyahabi.

Uyu muturage n’umuryango we, wari umaze igihe ugaragaza ko urara unyagirwa kubera inzu yabo yari yangijwe n’imitingito yo muri Kamena 2021 yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.

RADIOTV10 yakoze inkuru y’uyu muturage wo mu Mudugudu wa Ruhero mu Kagari ka Rwaza mu Murenge wa Rugerero, aho yavugaga ko yibagiranye mu bandi bari basenyewe n’iyi mitingito.

Kanangire Joseph ati “Abandi bari barabonye ubufasha barasanirwa ariko twe dugashaka icyo tuzira tukakibura ndetse bigera n’ahantu twijujuta tuti ahari ubanza tutari Abanyarwanda nk’abandi.”

Nyuma yo gukorerwa ubuvugizi n’iki gitangazamakuru, Kanangire Joseph avuga ko ubuyobozi bwamusuye, bukareba iki kibazo cye, bukemera kumusanira.

Ati “Baraje bareba ukuntu ikibazo dufite cyifashe none inzu barayisanuye, ubu turaryama tugasinzira, tukishima tugashimira n’Umukuru w’Igihugu, ni uko gusa ari nta bundi bushobozi dufite twagombaga kumuha inka kuko arayikwiye rwose ni umubyeyi arakarama kandi nta n’ubundi buyobozi twigeze tubona bumeze nk’ubwe.”

Abaturanyi b’uyu muryango na bo bashimira imiyoborere y’u Rwanda, yatabaye uyu muturanyi wabo. Umwe ati “Inzu yari yaramusenyukiyeho ariko ku bw’imiyoborere myiza ya Kagame yaramufashije, inzu barayubaka none ubu ari ahantu heza hagaragara.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Uwajeneza Jeannette, avuga ko uko ubushobozi bugenda buboneka, ari na ko abantu bakeneye ubufasha nk’ubu bagenda babuhabwa.

Ati “Ni yo mpamvu uwo muturage mubona mwamukoreye ubuvugizi natwe tukamwubakira, ubundi iyo twubakira umuturage ni ukubaka inzu tukayisakara, tukayikinga ndetse tugateraho sima inyuma n’imbere gusa iyo twagize umugisha tukabona sima nyinshi no hasi tuyishyiramo.”

Uyu muyobozi agaragaza ko muri uyu mwaka, mu Murenge wa Rugerero hubatswe inzu 23 z’abaturage batishoboye hamwe n’izindi 139 z’abahuye n’ibiza bitandukanye.

Kanangire Joseph arishimira kuba yubakiwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Olga bafatiwe icyemezo mu bujurire

Next Post

Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.