Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Uwari mu marira ubu akaba amwenyura yavuze uko yifuzaga kugaragariza ibyishimo Perezida

radiotv10by radiotv10
19/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Uwari mu marira ubu akaba amwenyura yavuze uko yifuzaga kugaragariza ibyishimo Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Kanangire Joseph utuye mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, wari warangirijwe inzu n’imitingito yo muri 2021, ubu akaba yarubakiwe, ashimira Perezida Paul Kagame ku bw’imiyoborere ye yamukuye muri ubu bujyahabi.

Uyu muturage n’umuryango we, wari umaze igihe ugaragaza ko urara unyagirwa kubera inzu yabo yari yangijwe n’imitingito yo muri Kamena 2021 yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.

RADIOTV10 yakoze inkuru y’uyu muturage wo mu Mudugudu wa Ruhero mu Kagari ka Rwaza mu Murenge wa Rugerero, aho yavugaga ko yibagiranye mu bandi bari basenyewe n’iyi mitingito.

Kanangire Joseph ati “Abandi bari barabonye ubufasha barasanirwa ariko twe dugashaka icyo tuzira tukakibura ndetse bigera n’ahantu twijujuta tuti ahari ubanza tutari Abanyarwanda nk’abandi.”

Nyuma yo gukorerwa ubuvugizi n’iki gitangazamakuru, Kanangire Joseph avuga ko ubuyobozi bwamusuye, bukareba iki kibazo cye, bukemera kumusanira.

Ati “Baraje bareba ukuntu ikibazo dufite cyifashe none inzu barayisanuye, ubu turaryama tugasinzira, tukishima tugashimira n’Umukuru w’Igihugu, ni uko gusa ari nta bundi bushobozi dufite twagombaga kumuha inka kuko arayikwiye rwose ni umubyeyi arakarama kandi nta n’ubundi buyobozi twigeze tubona bumeze nk’ubwe.”

Abaturanyi b’uyu muryango na bo bashimira imiyoborere y’u Rwanda, yatabaye uyu muturanyi wabo. Umwe ati “Inzu yari yaramusenyukiyeho ariko ku bw’imiyoborere myiza ya Kagame yaramufashije, inzu barayubaka none ubu ari ahantu heza hagaragara.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Uwajeneza Jeannette, avuga ko uko ubushobozi bugenda buboneka, ari na ko abantu bakeneye ubufasha nk’ubu bagenda babuhabwa.

Ati “Ni yo mpamvu uwo muturage mubona mwamukoreye ubuvugizi natwe tukamwubakira, ubundi iyo twubakira umuturage ni ukubaka inzu tukayisakara, tukayikinga ndetse tugateraho sima inyuma n’imbere gusa iyo twagize umugisha tukabona sima nyinshi no hasi tuyishyiramo.”

Uyu muyobozi agaragaza ko muri uyu mwaka, mu Murenge wa Rugerero hubatswe inzu 23 z’abaturage batishoboye hamwe n’izindi 139 z’abahuye n’ibiza bitandukanye.

Kanangire Joseph arishimira kuba yubakiwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − five =

Previous Post

Abasore bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Olga bafatiwe icyemezo mu bujurire

Next Post

Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

Umusore waregwaga kubahuka Perezida Museveni akoresheje TikTok yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.