Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana baranabyarana Padiri arahagoboka

radiotv10by radiotv10
03/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana baranabyarana Padiri arahagoboka
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi uvuka mu Karere ka Musanze yagerageje kwica ubukwe bw’umugabo babanye imyaka itatu banabyarana umwana umwe, ariko Padiri mukuru wa Paruwasi ya Stella Maris yo muri Diyosezi Gatulika ya Nyundo mu Karere ka Rubavu arahagoboka ababera umuhuza, ubundi umuryango w’umugabo umusubiza ibihumbi 100 Frw yavuje umwana wenyine.

Ni ubukwe bwabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki 03 Gicurasi 2025, aho imihango yo gusaba no gukwa yaberaga mu nzu y’i Kana, hazwi nko mu gikari cy’iyi Paruwasi, banagombaga gusezeraniramo.

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru wa Radiotv10, Nyirabahizi Esther wari waje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana, yavuze ko nyuma yo kumwegera ngo bafatanye kurera umwana babyaranye, uyu mugabo yahengereye ari mu bitaro maze ajya gukora ubukwe n’undi mukobwa mu murenge gusa ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu washize ngo nibwo uyu Byukusenge Jean Claude babyaranye yamwoherereje amafaranga ibihumbi 20 Frw y’itike ngo amubwira ngo aze bahangane.

Ati: “ibyo yakoraga byose yanyoherezaga amafoto kuko yateye ivi anyohereza amafoto avuye no mu murenge anyohereza andi mafoto gusa ejo nimugoroba we ubwe niwe wanyohereje ibihumbi 20k n’ubu ushatse nakwereka na mesaje y’ayo mafaranga! Yashatse ko duhangana rero, naje”

Uyu akomeza avuga ko yahageze agashaka kumufata bakamumukiza, bikanakereza imihango y’ubukwe Gusaba no gukwa bigatindaho nk’iminota 30, maze bisaba ko bajya mu biganiro by’ubwumvikane bigizwemo uruhare na Padiri mukuru n’abahagarariye umuryango w’umugabo.

Kuba uyu mugabo ari we woherereje Nyirabahizi amafaranga y’urugendo byababaje cyane abo mu muryango we, ari nabyo byatumye biyambaza Padiri ndetse uwagaragaraga nk’umukuru w’umuryango yemera gutanga amafaranga ibihumbi 100k maze ubukwe bubona gukomeza.

Icyakora uruhande rw’uyu muryango w’uyu Jean Claude rwirinze kugira icyo rutangaza imbere y’itangazamakuru ariko ugaragara nk’uhagarariye umuryango avuga ko ikibazo gikemutse.

Ibi byanashimangiwe na Nyirabahizi Esther wavuze ko yasabaga amafaranga ibihumbi 265k ariko ko bigizwemo uruhare na Padiri mukuru yemeye kwakira amafaranga ibihumbi 100k.

Nyirabahizi Esther avuga ko uyu mugabo babanye mu nzu imyaka itatu batarasezeranye byemewe n’amategeko gusa nyuma batangira kwigira umubano kwa Padiri ngo bagarukire Imana ariko uyu mugabo ngo aza kumutenguha, kuko atamenye icyabisubitse.

Muri icyo gihe ngo bari bagiye no kujya kwiyereka imiryango, ariko uyu mugabo abisubika bitunguranye hasigaye umunsi umwe ngo bajye kwiyereka umuryango we.

Uyu avuga ko yashavujwe cyane n’uko aho kumufasha kuvuza umwana babyaranye wari urembye, ngo uyu mugabo yihutiye kujya gusezerana imbere y’Amategeko mu Murenge wa Rubavu avuye mu Murenge wa Rugerero bari batuyemo.

Yari yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana ariko biba iby’ubusa
Yatahanye inyandiko y’ibihumbi 100 Frw yahawe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − three =

Previous Post

Belgium Foreign Minister barking up the wrong tree

Next Post

Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro

Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.