Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana baranabyarana Padiri arahagoboka

radiotv10by radiotv10
03/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana baranabyarana Padiri arahagoboka
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi uvuka mu Karere ka Musanze yagerageje kwica ubukwe bw’umugabo babanye imyaka itatu banabyarana umwana umwe, ariko Padiri mukuru wa Paruwasi ya Stella Maris yo muri Diyosezi Gatulika ya Nyundo mu Karere ka Rubavu arahagoboka ababera umuhuza, ubundi umuryango w’umugabo umusubiza ibihumbi 100 Frw yavuje umwana wenyine.

Ni ubukwe bwabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki 03 Gicurasi 2025, aho imihango yo gusaba no gukwa yaberaga mu nzu y’i Kana, hazwi nko mu gikari cy’iyi Paruwasi, banagombaga gusezeraniramo.

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru wa Radiotv10, Nyirabahizi Esther wari waje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana, yavuze ko nyuma yo kumwegera ngo bafatanye kurera umwana babyaranye, uyu mugabo yahengereye ari mu bitaro maze ajya gukora ubukwe n’undi mukobwa mu murenge gusa ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu washize ngo nibwo uyu Byukusenge Jean Claude babyaranye yamwoherereje amafaranga ibihumbi 20 Frw y’itike ngo amubwira ngo aze bahangane.

Ati: “ibyo yakoraga byose yanyoherezaga amafoto kuko yateye ivi anyohereza amafoto avuye no mu murenge anyohereza andi mafoto gusa ejo nimugoroba we ubwe niwe wanyohereje ibihumbi 20k n’ubu ushatse nakwereka na mesaje y’ayo mafaranga! Yashatse ko duhangana rero, naje”

Uyu akomeza avuga ko yahageze agashaka kumufata bakamumukiza, bikanakereza imihango y’ubukwe Gusaba no gukwa bigatindaho nk’iminota 30, maze bisaba ko bajya mu biganiro by’ubwumvikane bigizwemo uruhare na Padiri mukuru n’abahagarariye umuryango w’umugabo.

Kuba uyu mugabo ari we woherereje Nyirabahizi amafaranga y’urugendo byababaje cyane abo mu muryango we, ari nabyo byatumye biyambaza Padiri ndetse uwagaragaraga nk’umukuru w’umuryango yemera gutanga amafaranga ibihumbi 100k maze ubukwe bubona gukomeza.

Icyakora uruhande rw’uyu muryango w’uyu Jean Claude rwirinze kugira icyo rutangaza imbere y’itangazamakuru ariko ugaragara nk’uhagarariye umuryango avuga ko ikibazo gikemutse.

Ibi byanashimangiwe na Nyirabahizi Esther wavuze ko yasabaga amafaranga ibihumbi 265k ariko ko bigizwemo uruhare na Padiri mukuru yemeye kwakira amafaranga ibihumbi 100k.

Nyirabahizi Esther avuga ko uyu mugabo babanye mu nzu imyaka itatu batarasezeranye byemewe n’amategeko gusa nyuma batangira kwigira umubano kwa Padiri ngo bagarukire Imana ariko uyu mugabo ngo aza kumutenguha, kuko atamenye icyabisubitse.

Muri icyo gihe ngo bari bagiye no kujya kwiyereka imiryango, ariko uyu mugabo abisubika bitunguranye hasigaye umunsi umwe ngo bajye kwiyereka umuryango we.

Uyu avuga ko yashavujwe cyane n’uko aho kumufasha kuvuza umwana babyaranye wari urembye, ngo uyu mugabo yihutiye kujya gusezerana imbere y’Amategeko mu Murenge wa Rubavu avuye mu Murenge wa Rugerero bari batuyemo.

Yari yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana ariko biba iby’ubusa
Yatahanye inyandiko y’ibihumbi 100 Frw yahawe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − sixteen =

Previous Post

Belgium Foreign Minister barking up the wrong tree

Next Post

Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro

Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.