Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ruhango: Ibyabaye ku banyoye umutobe bivugwa ko uhumanye byatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
09/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Ruhango: Ibyabaye ku banyoye umutobe bivugwa ko uhumanye byatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bagera muri 40 bajyanywe mu bitaro nyuma yo kunywa umutobe no gufatira amafunguro muri imwe muri resitora yo mu mujyi wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, bikabagwa nabi bagacisha hasi no hejuru, ndetse abandi bakava amaraso ahantu hose hari umwenge banaribwa mu nda.

Ni ikibazo cyabaye ku wa Kabiri tariki 07 Werurwe 2023 ubwo bamwe mu bagiye kwica akanyota no kurira muri iyi resitora iri mu mujyi wa Ruhango, baje kugubwa nabi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 ntiyabashije kuvugisha abagizweho ingaruka n’ibi binyobwa kuko bari mu bitaro bari kwitabwaho n’abaganga, aho bivugwa abajyanyweyo bagera muri 40.

Umubyeyi w’umwe muri bo, yagize ati “Bwarinze bucya, tugira ngo ni ukurwara mu nda n’inzoka zamuzonze, ni uko hari abandi bamuhamagaye baratubwira bati ‘nimuze abandi bashize baraye baturoze’.”

Uyu mubyeyi avuga ko umwana wabo yari arembye cyane “ku buryo namubwiye ngo tujye kwa muganga akambwira ati ‘ntabwo mbasha kugenda’ ngo yewe na moto ntiyabasha kuyatsa.”

Undi muturage wabonye umwe mu bagizweho ingaruka n’aya mafunguro bafatiye muri resitora, yavuze ko yari arembye cyane.

Ati “Hari uwo nijyaniye kwa muganga nijoro yavaga amaraso ahantu hose hari umwenge.”

Biravugwa ko ari umutobe banyoye

Undi wagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Ruhango akahahurira n’abanyoye biriya binyobwa bivugwa ko bihumanye, yagize ati “Natangajwe no kubona abantu benshi baje bafite icyo kibazo cyo mu nda bavuga ko banyoye amata hano mu Gataka, baje ubona ko barembye cyane ubona ko bibabaje cyane.”

Umukozi w’iyi resitora witwa Kimonyo Aaron ushinzwe ibikorwa byayo, yavuze ko bakeka ko icyari gihumanye ari umutobe ariko ko bitakozwe n’iyi resitora.

Avuga ko na bo baguze uyu mutobe nkuko bisanzwe kandi ko babanje kuwunywaho ariko ko ushobora kuba wahumanyijwe n’abandi bagamije guhungabanya iyi resitora.

Ati “Hari ibintu Abanyarwanda bakora bifashishije abandi bantu, bishobora kuba bituruka no ku ishyari ntawamenya kuko kugira ngo uhumanye ibintu abantu bakoresha ari benshi, urumva ni urwango.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens yavuze ko hahise hatangira gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyari gihumanye cyafatiwe muri iriya resitora.

Ati “Abenshi bari ku kigo nderabuzima kuko batarembye ariko hakaba na bacye bajyanywe ku Bitaro bakenewe gukurikirwa birushijeho.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 2

  1. Yves says:
    3 years ago

    Sumutobe kuko nzi uwawufashe arko niyagira icyaba ahubwo namata kuko najye nafasheyo amata meze nabi

    Reply
  2. Yves says:
    3 years ago

    Sumutobe kuko nzi uwawufashe arko niyagira icyaba ahubwo namata kuko najye nafasheyo amata nubu meze nabi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 18 =

Previous Post

Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

Next Post

Icyatumye urubanza rwa Prince Kid rwimurwa cyamenyekanye

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko y’Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye urubanza rwa Prince Kid rwimurwa cyamenyekanye

Icyatumye urubanza rwa Prince Kid rwimurwa cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.