Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ruhango: Ibyabaye ku banyoye umutobe bivugwa ko uhumanye byatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
09/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Ruhango: Ibyabaye ku banyoye umutobe bivugwa ko uhumanye byatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bagera muri 40 bajyanywe mu bitaro nyuma yo kunywa umutobe no gufatira amafunguro muri imwe muri resitora yo mu mujyi wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, bikabagwa nabi bagacisha hasi no hejuru, ndetse abandi bakava amaraso ahantu hose hari umwenge banaribwa mu nda.

Ni ikibazo cyabaye ku wa Kabiri tariki 07 Werurwe 2023 ubwo bamwe mu bagiye kwica akanyota no kurira muri iyi resitora iri mu mujyi wa Ruhango, baje kugubwa nabi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 ntiyabashije kuvugisha abagizweho ingaruka n’ibi binyobwa kuko bari mu bitaro bari kwitabwaho n’abaganga, aho bivugwa abajyanyweyo bagera muri 40.

Umubyeyi w’umwe muri bo, yagize ati “Bwarinze bucya, tugira ngo ni ukurwara mu nda n’inzoka zamuzonze, ni uko hari abandi bamuhamagaye baratubwira bati ‘nimuze abandi bashize baraye baturoze’.”

Uyu mubyeyi avuga ko umwana wabo yari arembye cyane “ku buryo namubwiye ngo tujye kwa muganga akambwira ati ‘ntabwo mbasha kugenda’ ngo yewe na moto ntiyabasha kuyatsa.”

Undi muturage wabonye umwe mu bagizweho ingaruka n’aya mafunguro bafatiye muri resitora, yavuze ko yari arembye cyane.

Ati “Hari uwo nijyaniye kwa muganga nijoro yavaga amaraso ahantu hose hari umwenge.”

Biravugwa ko ari umutobe banyoye

Undi wagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Ruhango akahahurira n’abanyoye biriya binyobwa bivugwa ko bihumanye, yagize ati “Natangajwe no kubona abantu benshi baje bafite icyo kibazo cyo mu nda bavuga ko banyoye amata hano mu Gataka, baje ubona ko barembye cyane ubona ko bibabaje cyane.”

Umukozi w’iyi resitora witwa Kimonyo Aaron ushinzwe ibikorwa byayo, yavuze ko bakeka ko icyari gihumanye ari umutobe ariko ko bitakozwe n’iyi resitora.

Avuga ko na bo baguze uyu mutobe nkuko bisanzwe kandi ko babanje kuwunywaho ariko ko ushobora kuba wahumanyijwe n’abandi bagamije guhungabanya iyi resitora.

Ati “Hari ibintu Abanyarwanda bakora bifashishije abandi bantu, bishobora kuba bituruka no ku ishyari ntawamenya kuko kugira ngo uhumanye ibintu abantu bakoresha ari benshi, urumva ni urwango.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens yavuze ko hahise hatangira gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyari gihumanye cyafatiwe muri iriya resitora.

Ati “Abenshi bari ku kigo nderabuzima kuko batarembye ariko hakaba na bacye bajyanywe ku Bitaro bakenewe gukurikirwa birushijeho.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 2

  1. Yves says:
    3 years ago

    Sumutobe kuko nzi uwawufashe arko niyagira icyaba ahubwo namata kuko najye nafasheyo amata meze nabi

    Reply
  2. Yves says:
    3 years ago

    Sumutobe kuko nzi uwawufashe arko niyagira icyaba ahubwo namata kuko najye nafasheyo amata nubu meze nabi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

Next Post

Icyatumye urubanza rwa Prince Kid rwimurwa cyamenyekanye

Related Posts

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye urubanza rwa Prince Kid rwimurwa cyamenyekanye

Icyatumye urubanza rwa Prince Kid rwimurwa cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.