Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Umugabo arakekwaho kwica akubise ikintu mu mutwe uwo yasabye urwagwa ntarumuhe

radiotv10by radiotv10
12/02/2022
in MU RWANDA
0
Ruhango: Umugabo arakekwaho kwica akubise ikintu mu mutwe uwo yasabye urwagwa ntarumuhe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, kubera gukekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa mugenzi we yakubise ikintu mu mutwe nyuma y’uko yari amusabye inzoga ya rwabitoki [Urwagwa] ntayimuhe.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Nyarutovu mu Kagari ka Nyabibugu mu Murenge wa Mwendo, ku mu cyumweru gishize ubwo umugabo witwa Francois yasangaga nyakwigendera Mbanzabigwi Jean Claude iwe ubundi akamusaba inzoga ariko ntayimuhe.

Amakuru avuga ko nyuma yo kumwima iyo nzoga, yahise amukubita mu mutwe ikintu undi ahita aremba bamwihutana ku Bitaro bya Gitwe na ho bahise bamwohereza ku Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare CHUB ari na ho yaje gushiriramo umwuka.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise ruta muri yombi Francois ukekwaho gukubita nyakwigendera ikintu mu mutwe bikamuviramo gupfa.

Francois ukekwaho uru rupfu ubu afungiye kuri Station ya RIB yo muri Ruhango kugira ngo akorerwe dosiye izashyikirizwe Ubushinjacyaha.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo, Muhire Floribert watangaje ko icyatumye uyu mugabo akubita mu mutwe tablette ari umujinya yatewe no kuba atarahawe inzoga yari amaze gusaba nyakwigendera mu gihe yamubwiraga ko ntayo afite.

Hari andi makuru aturuka mu baturanyi avuga ko uyu ukekwaho kugira uruhare muri uru rupfu yari asanzwe afitanye ibibazo na nyakwigendera ku buryo yanagiye kumwaka iyo nzoga ashaka kumwenderanyaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 1 =

Previous Post

Intambara yonyine dukeneye hagati ya Uganda n’u Rwanda ni iy’ubwiza bw’abagore/abakobwa bacu- Gen Muhoozi

Next Post

Rulindo: Ntibumva ukuntu bimuwe mu byabo batanishyuwe none bakaba bishyuzwa ubukode bwabyo

Related Posts

Hadutse ubuhanuzi bwazamuye impaka mu bakristo b’Itorero rimwe mu Rwanda

Hadutse ubuhanuzi bwazamuye impaka mu bakristo b’Itorero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

IZIHERUKA

Hadutse ubuhanuzi bwazamuye impaka mu bakristo b’Itorero rimwe mu Rwanda
MU RWANDA

Hadutse ubuhanuzi bwazamuye impaka mu bakristo b’Itorero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

21/01/2026
Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Ntibumva ukuntu bimuwe mu byabo batanishyuwe none bakaba bishyuzwa ubukode bwabyo

Rulindo: Ntibumva ukuntu bimuwe mu byabo batanishyuwe none bakaba bishyuzwa ubukode bwabyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hadutse ubuhanuzi bwazamuye impaka mu bakristo b’Itorero rimwe mu Rwanda

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.