Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo

radiotv10by radiotv10
02/02/2022
in MU RWANDA
0
Rulindo: Bizejwe ubwiherero bugezweho basenyerwa ubwari busanzwe none ubu ukubwe ahura n’ihurizo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Ryanyirakayobe uherereye mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo, baravuga ko hari rwiyemezamirimo wabizege ubwiherero bugezweho, akaza agasenya ubwo bari basanganywe none hashize ukwezi acukuye ibyobo ahita yigendera bakaba bafite n’impungenge z’impanuka bizatera.

Aba baturage batujwe mu mudugudu w’ikitegererezo wubatse mu Kagari ka Butare mu Murenge wa Buyoga, bavuga ko rwiyemezamirimo yaje agasenya ubwiherero na bigaz bari basanganywe abizeza kuzabubakira ibya kijyambere bidateza umwanda.

Bavuga ko hashize ukwezi batazi irengero ry’uyu rwiyemezamirimo kuko akimara gucukura ibyobo, batongeye kumuca iryera.

Babwiye Umunyamakuru wa RADIOTV10 ko batewe impungenge n’impanuka zishobora guterwa n’ibyo byacukuwe n’uyu rwiyemezamirimo.

Umwe ati “Nk’abadamu bafite abana bakambakamba, ni ukwirirwa wicaye aho kuko wirirwa urinze wa mwana ku buryo n’uwagutumira yabonye agasururu, ubunzi imitima ukavuga ngo wa mwana ntabwo namusiga mu rugo na rwa rwobo.”

Ngo ibi kandi byakuruye umwanda muri uyu mudugudu kuko badafite aho bajya kwiherera bigatuma bamwe bihengeka mu bice bimwe byo muri uyu mudugudu.

Umwe ati “Ibaze kugira ngo umuntu akubwe nijoro, tekereza kugira ngo uve muri iki gice ugende ujye iryiriya aho ibiraro by’amatungo biri.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Buyoga, Muhigira Antoine avuga ko basabye Ubuyobozi bw’Akagari gaherereyemo uyu mudugudu kuzitira ibi byobo mu gihe ababikora batarabirangiza.

Ati “Ku wa Gatandatu twakoranye umuganda nsanga ari ikibazo, mbasaba ko babiganiriza abana bakahabereka ubundi bakahirinda ndetse n’abantu bakuru bakirinda kugenda hafi yahoo.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko uyu rwiyemezamirimo yoherejwe n’Akarere ka Rulindo mu gihe ubuyobozi bw’Akarere nabwo buvuga ko iki kibazo butakizi ariko bukizeza ko bugiye guhita bugikurikirana.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Bidatinze icyiciro cy’Ingenzi kitabagamo Intwari n’imwe kigiye kuzibonekamo

Next Post

Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal

Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.