Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Ntibumva ukuntu bimuwe mu byabo batanishyuwe none bakaba bishyuzwa ubukode bwabyo

radiotv10by radiotv10
12/02/2022
in MU RWANDA
0
Rulindo: Ntibumva ukuntu bimuwe mu byabo batanishyuwe none bakaba bishyuzwa ubukode bwabyo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bimuwe ahashyizwe ikiyaga cy’igihangano cya Muyanza kiri mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo, ntibumva ukuntu bakomeje kwakwa ubukode bw’ubutaka bwahoze ari ubwabo bimuwemo batanishyuwe ingurane yabwo.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko ubwo basabwaga kuva mu masambu yabo ahashyizwe ikiyaga cy’igihangano cya Muyanza n’urugomero rwacyo, babwiwe n’ubuyobozi ko ubutaka buzasigara bazakomeza kubuhinga nta nkomyi gusa ngo si ko byagenze kuko bamaze imyaka ibiri abagize amahirwe hakagira ubutaka bwabo busigara bishyuzwa ubukode bwabwo uko umwaka utashye.

Umwe ati “Ibaze rero kuba wari utuye ahantu ntabwo bakurishye ahubwo urahindukiye urahakodesheje.”

Aba baturage bavuga ko bamaze gutanga ubukode bw’imyaka ibiri, bakaba batumva impamvu bishyuzwa ubu bukode bw’ubutaka bwabo batanishyuwe.

Undi muturage avuga ko umwaka ushize yishyujwe ubukode bw’ibihumbi birindwi (7 000 Frw) none n’uyu mwaka yishyujwe andi nk’ayo.

Ati “Sinibaza rero ukuntu ibyo bihumbi cumi na bine bigenda kandi batatubwiye ngo ‘muzahasubirana’.”

Uyu muturage wari usanzwe anafite igihingwa cy’ikawa mu isambu ye, avuga ko abo muri uyu mushinga babasabye kujya bazikorera ndetse akabizeza kujya abaha ifumbire.

Ati “None ubu turakodesha ikawa, mu Rwanda hose ni twebwe dukodesha ikawa kandi ari izawe ukwiye kujya uzikorera ukazisarura.”

Unyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Buyoga, Muhigira Antoine auvuga ko ubuyobozi butazi iby’ubu bukode ariko ko niba koko babwishyuzwa byaba bikorwa na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kuko ari yo yimuye aba baturage.

Ati “Habaye hari ubikora [kwishyuza ubukode] yaba ari MINAGRI ndumva nta muturage wagiye kubikora, twe nk’ubuyobozi bw’Umurenge ntabwo twabikoze.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 1 =

Previous Post

Ruhango: Umugabo arakekwaho kwica akubise ikintu mu mutwe uwo yasabye urwagwa ntarumuhe

Next Post

Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.