• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Ntibumva ukuntu bimuwe mu byabo batanishyuwe none bakaba bishyuzwa ubukode bwabyo

radiotv10by radiotv10
12/02/2022
in MU RWANDA
0
Rulindo: Ntibumva ukuntu bimuwe mu byabo batanishyuwe none bakaba bishyuzwa ubukode bwabyo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bimuwe ahashyizwe ikiyaga cy’igihangano cya Muyanza kiri mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo, ntibumva ukuntu bakomeje kwakwa ubukode bw’ubutaka bwahoze ari ubwabo bimuwemo batanishyuwe ingurane yabwo.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko ubwo basabwaga kuva mu masambu yabo ahashyizwe ikiyaga cy’igihangano cya Muyanza n’urugomero rwacyo, babwiwe n’ubuyobozi ko ubutaka buzasigara bazakomeza kubuhinga nta nkomyi gusa ngo si ko byagenze kuko bamaze imyaka ibiri abagize amahirwe hakagira ubutaka bwabo busigara bishyuzwa ubukode bwabwo uko umwaka utashye.

Umwe ati “Ibaze rero kuba wari utuye ahantu ntabwo bakurishye ahubwo urahindukiye urahakodesheje.”

Aba baturage bavuga ko bamaze gutanga ubukode bw’imyaka ibiri, bakaba batumva impamvu bishyuzwa ubu bukode bw’ubutaka bwabo batanishyuwe.

Undi muturage avuga ko umwaka ushize yishyujwe ubukode bw’ibihumbi birindwi (7 000 Frw) none n’uyu mwaka yishyujwe andi nk’ayo.

Ati “Sinibaza rero ukuntu ibyo bihumbi cumi na bine bigenda kandi batatubwiye ngo ‘muzahasubirana’.”

Uyu muturage wari usanzwe anafite igihingwa cy’ikawa mu isambu ye, avuga ko abo muri uyu mushinga babasabye kujya bazikorera ndetse akabizeza kujya abaha ifumbire.

Ati “None ubu turakodesha ikawa, mu Rwanda hose ni twebwe dukodesha ikawa kandi ari izawe ukwiye kujya uzikorera ukazisarura.”

Unyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Buyoga, Muhigira Antoine auvuga ko ubuyobozi butazi iby’ubu bukode ariko ko niba koko babwishyuzwa byaba bikorwa na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kuko ari yo yimuye aba baturage.

Ati “Habaye hari ubikora [kwishyuza ubukode] yaba ari MINAGRI ndumva nta muturage wagiye kubikora, twe nk’ubuyobozi bw’Umurenge ntabwo twabikoze.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 3 =

Previous Post

Ruhango: Umugabo arakekwaho kwica akubise ikintu mu mutwe uwo yasabye urwagwa ntarumuhe

Next Post

Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.