Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rulindo: Ntibumva ukuntu bimuwe mu byabo batanishyuwe none bakaba bishyuzwa ubukode bwabyo

radiotv10by radiotv10
12/02/2022
in MU RWANDA
0
Rulindo: Ntibumva ukuntu bimuwe mu byabo batanishyuwe none bakaba bishyuzwa ubukode bwabyo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bimuwe ahashyizwe ikiyaga cy’igihangano cya Muyanza kiri mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo, ntibumva ukuntu bakomeje kwakwa ubukode bw’ubutaka bwahoze ari ubwabo bimuwemo batanishyuwe ingurane yabwo.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko ubwo basabwaga kuva mu masambu yabo ahashyizwe ikiyaga cy’igihangano cya Muyanza n’urugomero rwacyo, babwiwe n’ubuyobozi ko ubutaka buzasigara bazakomeza kubuhinga nta nkomyi gusa ngo si ko byagenze kuko bamaze imyaka ibiri abagize amahirwe hakagira ubutaka bwabo busigara bishyuzwa ubukode bwabwo uko umwaka utashye.

Umwe ati “Ibaze rero kuba wari utuye ahantu ntabwo bakurishye ahubwo urahindukiye urahakodesheje.”

Aba baturage bavuga ko bamaze gutanga ubukode bw’imyaka ibiri, bakaba batumva impamvu bishyuzwa ubu bukode bw’ubutaka bwabo batanishyuwe.

Undi muturage avuga ko umwaka ushize yishyujwe ubukode bw’ibihumbi birindwi (7 000 Frw) none n’uyu mwaka yishyujwe andi nk’ayo.

Ati “Sinibaza rero ukuntu ibyo bihumbi cumi na bine bigenda kandi batatubwiye ngo ‘muzahasubirana’.”

Uyu muturage wari usanzwe anafite igihingwa cy’ikawa mu isambu ye, avuga ko abo muri uyu mushinga babasabye kujya bazikorera ndetse akabizeza kujya abaha ifumbire.

Ati “None ubu turakodesha ikawa, mu Rwanda hose ni twebwe dukodesha ikawa kandi ari izawe ukwiye kujya uzikorera ukazisarura.”

Unyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Buyoga, Muhigira Antoine auvuga ko ubuyobozi butazi iby’ubu bukode ariko ko niba koko babwishyuzwa byaba bikorwa na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi kuko ari yo yimuye aba baturage.

Ati “Habaye hari ubikora [kwishyuza ubukode] yaba ari MINAGRI ndumva nta muturage wagiye kubikora, twe nk’ubuyobozi bw’Umurenge ntabwo twabikoze.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Ruhango: Umugabo arakekwaho kwica akubise ikintu mu mutwe uwo yasabye urwagwa ntarumuhe

Next Post

Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Umukinnyikazi wa Film ukunze gususurutsa imbuga nkoranyambaga yatunguranye aza muri Miss Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.