Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Golden State Warriors yegukanye shampiyona ikomeye ku Isi mu mukino wa Basketball (NBA) yakiriwe mu Biro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, aho umukinnyi Stephen Curry uyikinamo akaba yarabaye n’umukinnyi w’umwaka, yatunguye Perezida Biden na Visi Perezida akabaha impano.

Abakinnyi ba Golden State Warriors bakiriwe muri Whithe House kuri uyu wa Kabiri mu kwishimira kwegukana iyi shampiyona batwaye inshuro enye mu myaka umunani.

Stephen Curry wongeye gutorwa nk’umukinnyi w’umwaka wa NBA, winjiye muri White House mu buryo bwihariye, yazanye na Perezida Joe Biden, ubwo batambukaga ku musambi utukura (red carpet), babakomera amashyi, bagaragaza ko bishimiye uyu mukinnyi ufite impano itangaje.

Uyu mukinnyi yahise atungura Perezida Biden na Visi Perezida wa Harris Kamala, abaha imyambaro yanditseho amazina yabo na nimero zifite icyo zisobanuye.

Umupira yahaye Biden uriho nimero 46 igaragaza umubare w’Umuperezida uyoboye Leta Zunze Ubumwe za America, mu gihe uwo yahaye Visi Perezida Kamala Harris wanditseho nimero ya mbere (1), ugaragaza ko uyu mugore yabaye uwa mbere ukomoka muri Afurika wabaye Visi Perezida wa USA.

Stephen Curry yashimiye Perezida Biden na Visi Perezida Harris ndetse n’ubuyobozi bwabo ku mbaraga bakoresheje kugira ngo umukinnyikazi wa Basketball w’Umunyamerika Brittney Yevette Griner wari warafungiwe mu Burusiya arekurwe.

Yagize ati “Bisobanuye ikintu gikomeye kuba ari hano mu rugo atekanye ari kumwe n’umuryango we. Kandi turashimira imbaraga zidasanzwe zakoreshejwe zitazwi kugira ngo bishoboke.”

Stephen Curry ubu uhagaze neza ku Isi mu mukino wa Basketball, yagiye agaragaza ko afite ubuhanga bwihariye muri uyu mukino kubera amacenga ye ndetse no kudahusha ubwo aba anaga imipira mu dukangara.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bemera uyu mukinnyi, aho muri Gicurasi umwaka ushize yabazwaga abakinnyi batanu akunda muri Basketball, akavugamo uyu Stephen Curry.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kimwe mu byo akundira Curry ari ubuhanga bwe budasanzwe kandi adafite igihagararo gikanganye nk’uko abandi bakina uyu mukino baba bameze.

Muri 2016 kandi Perezida Paul Kagame yavuze ko umukinnyi w’ibihe byose muri Basketball kuri we, ari uyu Stephen Curry.

Stephen Curry yashimiye Biden

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

Next Post

Igisubizo Tshisekedi yahereye Clare Akamanzi i Davos cyumvikanishije ko akiri wa wundi

Related Posts

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Tshisekedi yahereye Clare Akamanzi i Davos cyumvikanishije ko akiri wa wundi

Igisubizo Tshisekedi yahereye Clare Akamanzi i Davos cyumvikanishije ko akiri wa wundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.