Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurangiranwa muri Football Hadji Diouf yasesekaye mu Rwanda yakirwa n’Umunyamakurukazi

radiotv10by radiotv10
25/05/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Rurangiranwa muri Football Hadji Diouf yasesekaye mu Rwanda yakirwa n’Umunyamakurukazi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Senegal w’umunyabigwi muri ruhago ya Afurika, El Hadji Ousseynou Diouf, yasesekaye i Kigali mu Rwanda aho yakiriwe n’Umunyamakurukazi umenyerewe mu biganiro bya Siporo mu Rwanda.

Umunyamakurukazi, Clarisse Uwimana usanzwe akora ibiganiro bya Siporo kuri imwe muri Radio zikorera mu Rwanda, yagaragaje amashusho yakira uyu rurangiranwa El Hadji Ousseynou Diouf ku kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe.

Aya mashusho yashyizwe ku mbuga nkorambaga za Clarisse Uwimana, agaragaza El Hadji Ousseynou Diouf yinjira ku Kibuga cy’Indege afite ivarize mu ntaki anahetse akandi gakapu mu mugongo, akakirwa n’uyu munyamakurukazi bagahoberana.

Aya mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, Clarisse Uwimana yashyizeho ubutumwa agira ati “Urakaza neza musaza wanye! Ni byo ni El Hadji Diouf wanyu uri mu Mujyi aje kureba imikino ya nyuma ya BAL.”

Muri ubu butumwa bwashyizweho kuri uyu wa Gatatu, uyu munyakurukazi yakomeje ararikira abantu kuza gukurikira ikiganiro azagirana n’uyu rurangiranwa kizatambuka kuri radiyo akorera.

Yasoje agira ati “Nagiye kumwakira. Komeza wishimire kuba uri mu Rwanda muvandimwe.”

El Hadji Ousseynou Diouf w’imyaka 41 y’amavuko, ni umwe mu bakinnyi ba ruhago bamamaye muri Afurika akaba yarabaye Kapiteni w’ikipe y’Igihugu ya Senegal akaba yarakiniye amakipe akomeye ku isi nka Liverpool yo mu Bwongereza ikinamo mugenzi we Sadio Mane na we uvuga muri Senegal na we ukomeje kwamamara cyane.

Ku Kibuga cy’Indege i Kanombe yakiriwe n’Umunyamakurukazi Clarisse Uwimana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 14 =

Previous Post

Barashinja umuturanyi wabo kubakubita yanafungwa ntatindemo akaza abigambaho ko yatanze amafaranga muri RIB

Next Post

Dr Tedros Adhanom wari umukandida rukumbi yongeye gutorerwa kuyobora OMS

Related Posts

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo
IBYAMAMARE

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr Tedros Adhanom wari umukandida rukumbi yongeye gutorerwa kuyobora OMS

Dr Tedros Adhanom wari umukandida rukumbi yongeye gutorerwa kuyobora OMS

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.