Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

radiotv10by radiotv10
17/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye ku Kirwa cya Gihaya giherereye mu Kiyaga cya Kivu mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, baravuga ko umukire uri kuhubaka Hoteli, akomeje kubagurira ubutaka, kandi agasa nk’ubashyiraho iterabwoba kugira ngo abishyure amafaranga ashaka bo atabanyura.

Aba baturage bavuga ko batamenya uburyo ibiciro bagurirwaho bishyirwaho, ahubwo ko bajya kubona bakabona umushoramari azanye impapuro zanditseho ibiciro bavuga ko ari intica ntikize.

Bizimungu Narcisse yagize ati “Araza nyine akadushyiraho igitutu ngo amafaranga ari ku gipapuro azanye ni ayo ngayo kandi ngo nitubyanga Leta izahafatira ubuntu. Ni uko aza adushyiraho ubwoba.”

Mateso Beatha na we ati “Ntabwo muvugana igiciro, akubwira ko amafaranga ari ku gipapuro atari buyarenze, uyafate cyangwa urorere. Iyo utayafashe arakubwira ngo guma aho amaherezo uzamushaka.”

Aba baturage bavuga ko bagenzi babo baguriwe mbere bakishyurwa, bagerageje kugura ubundi butaka hakuno bikanga, kuko amafaranga bahawe adahagije, none bamwe bakaba bari gusembera kuri iki kirwa, none byatumye bafata isomo ko batagomba kwakira amafaranga yose bahawe.

Bizimungu akomeza agira ati “Twamaze gufata ibyemezo, azakore uko ashaka ubutaka ni ubwa Leta, ariko twe ntabwo tuzemera ayo mafaranga atagira icyo atumarira. Ubwo Leta nimushyigikira mu kuhafata ku ngufu ntakundi.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rusizi, Habimana Alfred avuga ko ubuyobozi bugiye gukurikirana iki kibazo, kugira ngo bwumvikanishe aba baturage n’umushoramari.

Ati “Icy’uko amafaranga abaha batayishimira ntacyo twari tuzi, ubwo turakimenye tuyigiye kuvugana n’uwo mushoramari turebe uburyo bajya bishyurwa amafaranga yagira icyo abamarira.”

Uyu muyobozi avuga ko ibyo kuba uyu mushoramari abwira abaturage ko nibanga amafaranga abaha ubutakaza buzafatwa na Leta, atari byo, ahubwo ko ari iterabwi.

Ati “Kubabwira ko Leta izahamuhera ubuntu ryaba ari iterabwoba kandi  nta muntu ufite ububasha bwo gutera undi ubwoba ngo amuhe umutungo we.”

Si ubwa mbere abaturage bo ku kirwa cya Gihaya bitaganyijwe ko cyizagenerwa ubukerarugendo baba batatse akarengane bakorerwa n’umushoramari uri kuhubaka hoteli, kuko no mu myaka ibiri ishize nabwo bigeze kumvikana bavuga iki kibazo.

Aba baturage bavuga ko umukire abashyiraho iterabwoba
Bavuga ko bamaze igihe bituriye kuri iki Kirwa ariko umuherwe akaba ashaka kubarenganya
Uyu mushoramari ari kuhubaka Hoteli

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − six =

Previous Post

Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

Next Post

Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo

Related Posts

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

by radiotv10
12/12/2025
0

Money is often a sensitive topic, but it is also one of the most important factors that shape a person's...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

IZIHERUKA

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance
IMIBEREHO MYIZA

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo

Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.