Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba

radiotv10by radiotv10
17/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abatuye ku Kirwa barashinja umukire kubakorera ibidakwiye anabashyiraho iterabwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye ku Kirwa cya Gihaya giherereye mu Kiyaga cya Kivu mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, baravuga ko umukire uri kuhubaka Hoteli, akomeje kubagurira ubutaka, kandi agasa nk’ubashyiraho iterabwoba kugira ngo abishyure amafaranga ashaka bo atabanyura.

Aba baturage bavuga ko batamenya uburyo ibiciro bagurirwaho bishyirwaho, ahubwo ko bajya kubona bakabona umushoramari azanye impapuro zanditseho ibiciro bavuga ko ari intica ntikize.

Bizimungu Narcisse yagize ati “Araza nyine akadushyiraho igitutu ngo amafaranga ari ku gipapuro azanye ni ayo ngayo kandi ngo nitubyanga Leta izahafatira ubuntu. Ni uko aza adushyiraho ubwoba.”

Mateso Beatha na we ati “Ntabwo muvugana igiciro, akubwira ko amafaranga ari ku gipapuro atari buyarenze, uyafate cyangwa urorere. Iyo utayafashe arakubwira ngo guma aho amaherezo uzamushaka.”

Aba baturage bavuga ko bagenzi babo baguriwe mbere bakishyurwa, bagerageje kugura ubundi butaka hakuno bikanga, kuko amafaranga bahawe adahagije, none bamwe bakaba bari gusembera kuri iki kirwa, none byatumye bafata isomo ko batagomba kwakira amafaranga yose bahawe.

Bizimungu akomeza agira ati “Twamaze gufata ibyemezo, azakore uko ashaka ubutaka ni ubwa Leta, ariko twe ntabwo tuzemera ayo mafaranga atagira icyo atumarira. Ubwo Leta nimushyigikira mu kuhafata ku ngufu ntakundi.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rusizi, Habimana Alfred avuga ko ubuyobozi bugiye gukurikirana iki kibazo, kugira ngo bwumvikanishe aba baturage n’umushoramari.

Ati “Icy’uko amafaranga abaha batayishimira ntacyo twari tuzi, ubwo turakimenye tuyigiye kuvugana n’uwo mushoramari turebe uburyo bajya bishyurwa amafaranga yagira icyo abamarira.”

Uyu muyobozi avuga ko ibyo kuba uyu mushoramari abwira abaturage ko nibanga amafaranga abaha ubutakaza buzafatwa na Leta, atari byo, ahubwo ko ari iterabwi.

Ati “Kubabwira ko Leta izahamuhera ubuntu ryaba ari iterabwoba kandi  nta muntu ufite ububasha bwo gutera undi ubwoba ngo amuhe umutungo we.”

Si ubwa mbere abaturage bo ku kirwa cya Gihaya bitaganyijwe ko cyizagenerwa ubukerarugendo baba batatse akarengane bakorerwa n’umushoramari uri kuhubaka hoteli, kuko no mu myaka ibiri ishize nabwo bigeze kumvikana bavuga iki kibazo.

Aba baturage bavuga ko umukire abashyiraho iterabwoba
Bavuga ko bamaze igihe bituriye kuri iki Kirwa ariko umuherwe akaba ashaka kubarenganya
Uyu mushoramari ari kuhubaka Hoteli

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eight =

Previous Post

Ikihishe inyuma yo kuba Tshisekedi yaragiye aho yagombaga guhurira na Kagame kandi abizi ko byasubitswe

Next Post

Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo

Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.