Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ahahoze Ibiro by’Akagari hatuyemo umuturage none kubona Gitifu ni ukwiyuha akuya

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Ahahoze Ibiro by’Akagari hatuyemo umuturage none kubona Gitifu ni ukwiyuha akuya
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kamurera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko batazi aho ibiro by’Akagari biherereye kuko aho byahoze ubu hatuyemo umuturage, none ngo ushaka Gitifu ni ukumuhamagara kuri telefone.

Aba baturage bo muri aka Kagari kamwe muri dutanu tugize Umurenge wa Kamembe, babwiye RADIOTV10 ko umuturage ushaka serivisi ku Kagari akaba adafite nimero ya telefone ya Gitifu, adashobora kuyibona.

Umwe yagize ati “Mu gihe maze inaha cy’umwaka, ibiro by’Akagari ka Kamurera ntaho biri, ujya gushaka Gitifu ukagomba kumuhiga, waba udafite nimero ya telefone ntupfe kumubona.”

Hari n’abandi baturage bavuga ko bafite amakuru ko Ibiro by’Akagari ka Kamurera byimukiye mu by’Umurenge wa Kamembe kuko aho byari biri hari hegereye ibagiro none aha hahoze hari ibiro by’Akagari hakaba hasigaye hatuyemo umuturage.

Undi ati “Ku bw’uyu mwanya ibiro by’Akagari ubu ni inzu y’umuturage. Akagari kimuriwe ku Murenge ariko buriya umuturage utabisobanukiwe neza ntiyahagera ngo apfe gusobanukirwa ngo aranyura mu zihe nzira kugira ngo abashe kubona serivisi akeneye kuko ni inzu imwe ikoreramo ibiro by’Umurenge ikoreramo n’ibiro by’Akagari.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre yemereye RADIOTV10 ko Ibiro by’aka Kagari ka Kamurera byimukiye mu biro by’Umurenge nyuma yo kubona ko aho ubuyobozi bw’aka Kagari bwakoreraga hatari hajyanye n’igihe.

Ati “Bari bakubatse hafi y’ibagiro, noneho hakaba ari na hafi y’umugezi ku buryo niyo urebye aho ako Kagari gahera n’aho karangirira ubona kari ku ruhande.”

Avuga ko kwimurira ibikorwa by’aka Kagari mu Biro by’Umurenge, byabanje kuganirwaho bikamenyeshwa na njyanama y’Akarere kugira ngo hanafatwe n’umwanzuro w’ikigomba gukoresha iyo nzu yari ibiro by’Akagari ndetse n’ubutaka yubatseho.

Avuga ko kuba ibikorwa by’ubuyobozi bw’Akagari ka Kamurera bikorerwa mu biro by’Umurenge ntacyo bihungabanya ku mitangire ya serivisi kuko ahubwo byari kuba ikibazo iyo bikomeza gukorera aho byari biri kuko hari habangamye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano muri OIF abarimo Umunyekongo

Next Post

Huye: Abasigajwe n’amateka barashaka gutera umugongo kubumba bakayoboka ubuhinzi

Related Posts

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umurambo w’umugabo utamenyekana imyirondoro, wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi ku gice cyo mu Kagari k'Urugarama mu Murenge wa Gahini mu...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abasigajwe n’amateka barashaka gutera umugongo kubumba bakayoboka ubuhinzi

Huye: Abasigajwe n’amateka barashaka gutera umugongo kubumba bakayoboka ubuhinzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.