Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ahahoze Ibiro by’Akagari hatuyemo umuturage none kubona Gitifu ni ukwiyuha akuya

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Ahahoze Ibiro by’Akagari hatuyemo umuturage none kubona Gitifu ni ukwiyuha akuya
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kamurera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko batazi aho ibiro by’Akagari biherereye kuko aho byahoze ubu hatuyemo umuturage, none ngo ushaka Gitifu ni ukumuhamagara kuri telefone.

Aba baturage bo muri aka Kagari kamwe muri dutanu tugize Umurenge wa Kamembe, babwiye RADIOTV10 ko umuturage ushaka serivisi ku Kagari akaba adafite nimero ya telefone ya Gitifu, adashobora kuyibona.

Umwe yagize ati “Mu gihe maze inaha cy’umwaka, ibiro by’Akagari ka Kamurera ntaho biri, ujya gushaka Gitifu ukagomba kumuhiga, waba udafite nimero ya telefone ntupfe kumubona.”

Hari n’abandi baturage bavuga ko bafite amakuru ko Ibiro by’Akagari ka Kamurera byimukiye mu by’Umurenge wa Kamembe kuko aho byari biri hari hegereye ibagiro none aha hahoze hari ibiro by’Akagari hakaba hasigaye hatuyemo umuturage.

Undi ati “Ku bw’uyu mwanya ibiro by’Akagari ubu ni inzu y’umuturage. Akagari kimuriwe ku Murenge ariko buriya umuturage utabisobanukiwe neza ntiyahagera ngo apfe gusobanukirwa ngo aranyura mu zihe nzira kugira ngo abashe kubona serivisi akeneye kuko ni inzu imwe ikoreramo ibiro by’Umurenge ikoreramo n’ibiro by’Akagari.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre yemereye RADIOTV10 ko Ibiro by’aka Kagari ka Kamurera byimukiye mu biro by’Umurenge nyuma yo kubona ko aho ubuyobozi bw’aka Kagari bwakoreraga hatari hajyanye n’igihe.

Ati “Bari bakubatse hafi y’ibagiro, noneho hakaba ari na hafi y’umugezi ku buryo niyo urebye aho ako Kagari gahera n’aho karangirira ubona kari ku ruhande.”

Avuga ko kwimurira ibikorwa by’aka Kagari mu Biro by’Umurenge, byabanje kuganirwaho bikamenyeshwa na njyanama y’Akarere kugira ngo hanafatwe n’umwanzuro w’ikigomba gukoresha iyo nzu yari ibiro by’Akagari ndetse n’ubutaka yubatseho.

Avuga ko kuba ibikorwa by’ubuyobozi bw’Akagari ka Kamurera bikorerwa mu biro by’Umurenge ntacyo bihungabanya ku mitangire ya serivisi kuko ahubwo byari kuba ikibazo iyo bikomeza gukorera aho byari biri kuko hari habangamye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 13 =

Previous Post

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano muri OIF abarimo Umunyekongo

Next Post

Huye: Abasigajwe n’amateka barashaka gutera umugongo kubumba bakayoboka ubuhinzi

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'inzu mberabyombi biyubakiye ku bufatanye n'Ubuyobozi...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

IZIHERUKA

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

19/01/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abasigajwe n’amateka barashaka gutera umugongo kubumba bakayoboka ubuhinzi

Huye: Abasigajwe n’amateka barashaka gutera umugongo kubumba bakayoboka ubuhinzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.