Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ahahoze Ibiro by’Akagari hatuyemo umuturage none kubona Gitifu ni ukwiyuha akuya

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Ahahoze Ibiro by’Akagari hatuyemo umuturage none kubona Gitifu ni ukwiyuha akuya
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kamurera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko batazi aho ibiro by’Akagari biherereye kuko aho byahoze ubu hatuyemo umuturage, none ngo ushaka Gitifu ni ukumuhamagara kuri telefone.

Aba baturage bo muri aka Kagari kamwe muri dutanu tugize Umurenge wa Kamembe, babwiye RADIOTV10 ko umuturage ushaka serivisi ku Kagari akaba adafite nimero ya telefone ya Gitifu, adashobora kuyibona.

Umwe yagize ati “Mu gihe maze inaha cy’umwaka, ibiro by’Akagari ka Kamurera ntaho biri, ujya gushaka Gitifu ukagomba kumuhiga, waba udafite nimero ya telefone ntupfe kumubona.”

Hari n’abandi baturage bavuga ko bafite amakuru ko Ibiro by’Akagari ka Kamurera byimukiye mu by’Umurenge wa Kamembe kuko aho byari biri hari hegereye ibagiro none aha hahoze hari ibiro by’Akagari hakaba hasigaye hatuyemo umuturage.

Undi ati “Ku bw’uyu mwanya ibiro by’Akagari ubu ni inzu y’umuturage. Akagari kimuriwe ku Murenge ariko buriya umuturage utabisobanukiwe neza ntiyahagera ngo apfe gusobanukirwa ngo aranyura mu zihe nzira kugira ngo abashe kubona serivisi akeneye kuko ni inzu imwe ikoreramo ibiro by’Umurenge ikoreramo n’ibiro by’Akagari.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre yemereye RADIOTV10 ko Ibiro by’aka Kagari ka Kamurera byimukiye mu biro by’Umurenge nyuma yo kubona ko aho ubuyobozi bw’aka Kagari bwakoreraga hatari hajyanye n’igihe.

Ati “Bari bakubatse hafi y’ibagiro, noneho hakaba ari na hafi y’umugezi ku buryo niyo urebye aho ako Kagari gahera n’aho karangirira ubona kari ku ruhande.”

Avuga ko kwimurira ibikorwa by’aka Kagari mu Biro by’Umurenge, byabanje kuganirwaho bikamenyeshwa na njyanama y’Akarere kugira ngo hanafatwe n’umwanzuro w’ikigomba gukoresha iyo nzu yari ibiro by’Akagari ndetse n’ubutaka yubatseho.

Avuga ko kuba ibikorwa by’ubuyobozi bw’Akagari ka Kamurera bikorerwa mu biro by’Umurenge ntacyo bihungabanya ku mitangire ya serivisi kuko ahubwo byari kuba ikibazo iyo bikomeza gukorera aho byari biri kuko hari habangamye.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano muri OIF abarimo Umunyekongo

Next Post

Huye: Abasigajwe n’amateka barashaka gutera umugongo kubumba bakayoboka ubuhinzi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abasigajwe n’amateka barashaka gutera umugongo kubumba bakayoboka ubuhinzi

Huye: Abasigajwe n’amateka barashaka gutera umugongo kubumba bakayoboka ubuhinzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.