Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

radiotv10by radiotv10
30/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi mabi nyamara barahoranye ameza, yaje kubura bitewe n’iyangirika ry’umuyoboro ryatewe n’ikorwa ry’umuhanda.

Kugira ngo umuturage w’aha muri Kagara wari usanzwe afite amazi mu rugo iwe abashe kubona ayo kunywa meza, bimusaba kujya kuvoma mu kandi kagari aho bamwe bavuga ko bakoresha isaha bitewe n’ibura ry’amazi rimaze igihe muri aka gace.

Ndayambaje Donatien ati “Twese mu Kagari ka Kagara nta mazi dufite. Hari gushira umwaka amazi meza yaragiye. Amazi meza tuyakura mu Murenge wa Nkanka aho dukoresha isaha irenga.”

Ibyo bituma abadashoboye gukora urwo rugendo ntibanabone amafaranga yo kwishyura abayabazinira bajya kuvoma amazi mabi mu gishanga na yo akabagira ho ingaruka zirimo nko kurwara inzoka.

Mukamanzi Thacienne ati “Mvuye mu kabande ndatagangaye. Amazi yaragiye ni yo mpamvu mvuye kuvoma epfo iriya mu gishanga. Hari igihe tuyashyira ku ziko tukayatekesha tukabonamo ibisimba nyine nta kundi. Inzoka zo turazirwara n’ubu buri gihe njya kwa muganga kubera zo.”

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura WASAC ishami rya Rusizi Ngamije Alexandre avuga ko kuba aka gace kadaheruka amazi byaturutse ku kwangirika k’umuyoboro kwatewe n’ikorwa ry’umuhanda Gihundwe-Rwahi-Busekanka, ubu imirimo yo kuwuvugurura ikaba yenda kurangira.

Ati “Ikorwa ry’umuhanda aho ryatangiriye habayeho gucika kw’amatiyo kubera imashini zakoraga umuhanda. Hagombaga kwimura amatiyo ariko ntibirarangira, ariko ku butafanye n’Akarere na Rwiyemezamirimo twari twumvikanye ko byakwihutishwa kugira ngo abaturage bongere babone amazi.”

Nubwo abaturage bo muri aka Kagara bamaze icyo gihe cyose batabona amazi meza, imibare itangwa na WASAC ivuga ko kugeza ubu kwegereza amazi meza abaturage mu Karere ka Rusizi biri hejuru ya 84%.

Hashize hafi umwaka robine zitageramo amazi

Bajya kuvoma ibishanga by’amazi mabi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 months ago

    mubwire wasac isane imiyoboro ni ibintu byumvikana amazi ni ubuzima. ubwo kandi mu karere wasac irahari ntibisaba ibirenze. murakoze
    abaturage nabo bakarinda ibikorwaremezo lbabagezaho. murakoze cyane. inkuru nk’izi ziremya imibereho myiza y’abaturage.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eleven =

Previous Post

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Next Post

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

by radiotv10
19/09/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje amabwiriza agenga ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye no kwakira abantu, birimo utubari, utubyiniro na resitora,...

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

by radiotv10
19/09/2025
0

Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo, bwa mbere agejejwe...

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubuyobozi bwa Diviziyo ya gatanu y'Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubwa Burigade ya 202 y’iza Tanzania (TPDF), bwagiranye inama igamije imikoranire...

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

by radiotv10
19/09/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko izamuka rya 7,2% ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryabayeho mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka,...

IZIHERUKA

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura
AMAHANGA

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

by radiotv10
19/09/2025
0

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

19/09/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

19/09/2025
Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

19/09/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

19/09/2025
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.