Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bavuga ko gukubita akanyafu umwana wafuditse ntacyo bitwaye kuko kurera umwana utamuhana bimwonona agakura yarigize ikigenge.

Aba babyeyi babwiye RADIOTV10 ko icyaba ikibazo ari uko umubyeyi yakubita umwana we yihanukiriye ariko ko kumucishaho akanyafu ntacyo bitwaye.

Umwe yagize ati “Nta na rimwe umwana iyo akosheje adakubitwa ahubwo biterwa n’inkoni wamukubise ariko akanyafu kahozeho kuva na cyera. Akanyafu ni ngombwa kugira ngo umwana yumve ko yakosheje.”

Aba babyeyi bavuga ko kuba bahana umwana bamuganiriza na byo ari byiza ariko ko muri iki gihe abana batacyumva iyo ubabwije umunwa.

Undi ati “Niba umwana adakubiswe akanyafu ngo yumve ko yakosheje ngo umunyezeho agakoni ngo yumve ko ababaye, ni bya bindi uzasanga dufite abana batumva, ba bana batabwirwa cyangwa batagirwa inama ngo bumve.”

Ibihano byo kunyuza akanyafu ku bana ku mashuri na byo byakuweho mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira bw’umwana dore ko byari byagaragaye ko biri mu byatumaga bamwe bava mu ishuri.

Aba babyeyi b’i Rusizi, bavuga ko gukuraho ibi bihano ku mashuri na byo biri mu bituma abana bakura bananirana.

Undi mubyeyi ati “Umwana utamukubise akanyafu byamugira ikirara, none se umubwije umunwa ntiyumve wowe wakora iki? Ni ukumutsibura nyine.”

Bamwe mu bana bo muri aka gace, bavuga ko hari ababyeyi bakubita abana babo bihanukiriye bikarangira ari byo bitumye bananirana.

Umwe muri aba bana yagize ati “Hari ababakubita ukagira ngo si bo babibyariye, agakoresha ya nkoni bakubita Inka ikarira. Umwana uramukubita agatoroma akigira iriya akigira ikirara ariko kumuganiriza ni cyo kiza”

Imiryango itari iya Leta yiganjemo iharanira uburenganzira bwa muntu yakunze kwamagana iki gihano cyo gukubita abana akanyafu, gusa bamwe mu babyeyi bakuru, bavuga ko iki gihano kiba gikenewe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 3 =

Previous Post

OMS yibukije ko COVID igihari kandi ikica, mu Rwanda naho imibare yongeye kuzamuka

Next Post

Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.