Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”

radiotv10by radiotv10
05/07/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Benshi bashyigikiye akanyafu ku mwana wakosheje bati “kahozeho kuva cyera”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bavuga ko gukubita akanyafu umwana wafuditse ntacyo bitwaye kuko kurera umwana utamuhana bimwonona agakura yarigize ikigenge.

Aba babyeyi babwiye RADIOTV10 ko icyaba ikibazo ari uko umubyeyi yakubita umwana we yihanukiriye ariko ko kumucishaho akanyafu ntacyo bitwaye.

Umwe yagize ati “Nta na rimwe umwana iyo akosheje adakubitwa ahubwo biterwa n’inkoni wamukubise ariko akanyafu kahozeho kuva na cyera. Akanyafu ni ngombwa kugira ngo umwana yumve ko yakosheje.”

Aba babyeyi bavuga ko kuba bahana umwana bamuganiriza na byo ari byiza ariko ko muri iki gihe abana batacyumva iyo ubabwije umunwa.

Undi ati “Niba umwana adakubiswe akanyafu ngo yumve ko yakosheje ngo umunyezeho agakoni ngo yumve ko ababaye, ni bya bindi uzasanga dufite abana batumva, ba bana batabwirwa cyangwa batagirwa inama ngo bumve.”

Ibihano byo kunyuza akanyafu ku bana ku mashuri na byo byakuweho mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira bw’umwana dore ko byari byagaragaye ko biri mu byatumaga bamwe bava mu ishuri.

Aba babyeyi b’i Rusizi, bavuga ko gukuraho ibi bihano ku mashuri na byo biri mu bituma abana bakura bananirana.

Undi mubyeyi ati “Umwana utamukubise akanyafu byamugira ikirara, none se umubwije umunwa ntiyumve wowe wakora iki? Ni ukumutsibura nyine.”

Bamwe mu bana bo muri aka gace, bavuga ko hari ababyeyi bakubita abana babo bihanukiriye bikarangira ari byo bitumye bananirana.

Umwe muri aba bana yagize ati “Hari ababakubita ukagira ngo si bo babibyariye, agakoresha ya nkoni bakubita Inka ikarira. Umwana uramukubita agatoroma akigira iriya akigira ikirara ariko kumuganiriza ni cyo kiza”

Imiryango itari iya Leta yiganjemo iharanira uburenganzira bwa muntu yakunze kwamagana iki gihano cyo gukubita abana akanyafu, gusa bamwe mu babyeyi bakuru, bavuga ko iki gihano kiba gikenewe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

OMS yibukije ko COVID igihari kandi ikica, mu Rwanda naho imibare yongeye kuzamuka

Next Post

Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

Congo yemeje ko Tshisekedi na Kagame bazahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.