Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Hamenyekanye icyatumye umusore abengera umukobwa ku Murenge ku munsi wo gusezerana

radiotv10by radiotv10
27/05/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Hamenyekanye icyatumye umusore abengera umukobwa ku Murenge ku munsi wo gusezerana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, hari kuvugwa inkuru y’umusore wabengeye umukobwa ku biro by’Umurenge ku munsi bagombaga gusezeraniraho, bakamutegereza bakamubura. Hamenyekanye icyatumye uyu musore adasezerana n’uyu wari ugiye kumubera umugore.

Iyi nkuru yo kubengwa yasakaye ku wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022, ubwo uwitwa Mukarurangwa Therese yajyaga ku Biro by’Umurenge aherekejwe n’abo mu muryango we ndetse n’inshuti ze bazi ko agiye gusezerana n’umukunzi we.

Gusa ku bw’amahirwe macye, bageze ku biro by’Umurenge, bategereza uwo musore witwa Samuel Niyonzima uturuka mu Murenge wa Giheke, baraheba.

Uyu mukobwa yahise akura telefone mu isakoshi (Sac a gauche) ahamagara umukunzi we, yumva telefone ntiriho, ariko ntibacika intege barakomeza bataregereza.

Gusa ngo yaje gucamo, bamusaba ko yabasanga ku Murenge agasezerana n’umukunzi we, ari na bwo yaje kuza yiyambariye agapira gasanzwe ka T-Shirt.

Samuel Niyonzima avuga ko ababyeyi b’uyu mukobwa ari bo bamuhamagaye kuri telefone bakamusaba guhita aza ku Biro by’Umurenge aho bamubwiraga bati “Wowe ngwino twatinze, aho kujya mu rugo ngwino ku Merenge twatinze, aho kugira ngo wange gusezerana uduteshe umutwe ngwino turagutiza imyenda wambare.

Uyu musore avuga ko yanze kubasuzugura akaza koko, ariko ko icyari cyatumye ataza ari uko yategereje umuryango we ngo uze kumushyigikira akawubura.

Ati “Bitewe n’umugore nari mfite, iwacu bakumva ko wenda ntazana uyu ni cyo nakomeje ntegereza nti wenda baraza, ndategereza ndaheba.”

Avuga ko yajyaga aganira n’uyu mukobwa akamubwira ko yivuganiye n’umuryango we ukaba waremeye ko babana, ariko ko abona yaramubeshye batigeze bavugana.

Mukarurangwa Therese avuga ko gahunda yo gusezerana bombi baraye bayizi ndetse n’imiryango yabo, bakazindukira ku biro by’Umurenge ari na bwo bategerezaga uyu musore bakamubura.

Ati “Nari namubwiye nti ‘ababyeyi bamaze kwitegura’ ntakibazo, saa moya arambaza ngo none se mwahagurutse, ndamubwira nti ‘twahageze, n’ababyeyi bahagurutse, ntakibazo’ ubwo rero ibintu byo guhinduka…”

Se w’uyu mukobwa wagaragaraga nk’uwababajwe n’iki gikorwa cyakozwe n’uyu musore, yavuze ko uyu musore yari yarasabye umukobwa we kumugurira imyenda azambara ku munsi wo gusezerana.

Ati “Uwo musore namutegereje ngo aze mukodeshereze imyenda, ndamubura.”

Gusa uyu mubyeyi avuga ko ubu akarabye uyu muhungu ndetse ko n’umukobwa we naramuka agiye kubana na we, atazigera agera mu rugo rwabo.

Abandi baturage bazi uyu musore, bavuga ko asanzwe umutekamutwe ndetse ko n’umugore we wa mbere yari yamutekeye umutwe amushakaho amafaranga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkanka, Baziki Yussuf yavuze ko uyu musore n’umukobwa, bari barahawe inyigisho z’abagiye gusezerana ariko ko ko batazi uko byahindutse.

Yagize ati “Ibyabaye byadutunguye baje gusezerana birangira batumvikanye, nk’ubuyobozi twarabaganirije twumva impande zombi birangira batumvikana n’imiryango yabo itabyumva.”

Baziki avuga ko kubaka urugo bisaba ko ababigiyemo babanza kubyumvikanaho bityo ko igihe bazaba bumvikanye bazaza bakabasezeranya.

Umukobwa yageze ku Murenge arategereza araheba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − six =

Previous Post

Ntibumva impamvu Polisi itwika urumogi yafashe kandi barumvise ko rukenerwa

Next Post

Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.