Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Hamenyekanye icyatumye umusore abengera umukobwa ku Murenge ku munsi wo gusezerana

radiotv10by radiotv10
27/05/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Hamenyekanye icyatumye umusore abengera umukobwa ku Murenge ku munsi wo gusezerana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, hari kuvugwa inkuru y’umusore wabengeye umukobwa ku biro by’Umurenge ku munsi bagombaga gusezeraniraho, bakamutegereza bakamubura. Hamenyekanye icyatumye uyu musore adasezerana n’uyu wari ugiye kumubera umugore.

Iyi nkuru yo kubengwa yasakaye ku wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022, ubwo uwitwa Mukarurangwa Therese yajyaga ku Biro by’Umurenge aherekejwe n’abo mu muryango we ndetse n’inshuti ze bazi ko agiye gusezerana n’umukunzi we.

Gusa ku bw’amahirwe macye, bageze ku biro by’Umurenge, bategereza uwo musore witwa Samuel Niyonzima uturuka mu Murenge wa Giheke, baraheba.

Uyu mukobwa yahise akura telefone mu isakoshi (Sac a gauche) ahamagara umukunzi we, yumva telefone ntiriho, ariko ntibacika intege barakomeza bataregereza.

Gusa ngo yaje gucamo, bamusaba ko yabasanga ku Murenge agasezerana n’umukunzi we, ari na bwo yaje kuza yiyambariye agapira gasanzwe ka T-Shirt.

Samuel Niyonzima avuga ko ababyeyi b’uyu mukobwa ari bo bamuhamagaye kuri telefone bakamusaba guhita aza ku Biro by’Umurenge aho bamubwiraga bati “Wowe ngwino twatinze, aho kujya mu rugo ngwino ku Merenge twatinze, aho kugira ngo wange gusezerana uduteshe umutwe ngwino turagutiza imyenda wambare.

Uyu musore avuga ko yanze kubasuzugura akaza koko, ariko ko icyari cyatumye ataza ari uko yategereje umuryango we ngo uze kumushyigikira akawubura.

Ati “Bitewe n’umugore nari mfite, iwacu bakumva ko wenda ntazana uyu ni cyo nakomeje ntegereza nti wenda baraza, ndategereza ndaheba.”

Avuga ko yajyaga aganira n’uyu mukobwa akamubwira ko yivuganiye n’umuryango we ukaba waremeye ko babana, ariko ko abona yaramubeshye batigeze bavugana.

Mukarurangwa Therese avuga ko gahunda yo gusezerana bombi baraye bayizi ndetse n’imiryango yabo, bakazindukira ku biro by’Umurenge ari na bwo bategerezaga uyu musore bakamubura.

Ati “Nari namubwiye nti ‘ababyeyi bamaze kwitegura’ ntakibazo, saa moya arambaza ngo none se mwahagurutse, ndamubwira nti ‘twahageze, n’ababyeyi bahagurutse, ntakibazo’ ubwo rero ibintu byo guhinduka…”

Se w’uyu mukobwa wagaragaraga nk’uwababajwe n’iki gikorwa cyakozwe n’uyu musore, yavuze ko uyu musore yari yarasabye umukobwa we kumugurira imyenda azambara ku munsi wo gusezerana.

Ati “Uwo musore namutegereje ngo aze mukodeshereze imyenda, ndamubura.”

Gusa uyu mubyeyi avuga ko ubu akarabye uyu muhungu ndetse ko n’umukobwa we naramuka agiye kubana na we, atazigera agera mu rugo rwabo.

Abandi baturage bazi uyu musore, bavuga ko asanzwe umutekamutwe ndetse ko n’umugore we wa mbere yari yamutekeye umutwe amushakaho amafaranga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkanka, Baziki Yussuf yavuze ko uyu musore n’umukobwa, bari barahawe inyigisho z’abagiye gusezerana ariko ko ko batazi uko byahindutse.

Yagize ati “Ibyabaye byadutunguye baje gusezerana birangira batumvikanye, nk’ubuyobozi twarabaganirije twumva impande zombi birangira batumvikana n’imiryango yabo itabyumva.”

Baziki avuga ko kubaka urugo bisaba ko ababigiyemo babanza kubyumvikanaho bityo ko igihe bazaba bumvikanye bazaza bakabasezeranya.

Umukobwa yageze ku Murenge arategereza araheba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Ntibumva impamvu Polisi itwika urumogi yafashe kandi barumvise ko rukenerwa

Next Post

Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.