Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Hamenyekanye icyatumye umusore abengera umukobwa ku Murenge ku munsi wo gusezerana

radiotv10by radiotv10
27/05/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Hamenyekanye icyatumye umusore abengera umukobwa ku Murenge ku munsi wo gusezerana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, hari kuvugwa inkuru y’umusore wabengeye umukobwa ku biro by’Umurenge ku munsi bagombaga gusezeraniraho, bakamutegereza bakamubura. Hamenyekanye icyatumye uyu musore adasezerana n’uyu wari ugiye kumubera umugore.

Iyi nkuru yo kubengwa yasakaye ku wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022, ubwo uwitwa Mukarurangwa Therese yajyaga ku Biro by’Umurenge aherekejwe n’abo mu muryango we ndetse n’inshuti ze bazi ko agiye gusezerana n’umukunzi we.

Gusa ku bw’amahirwe macye, bageze ku biro by’Umurenge, bategereza uwo musore witwa Samuel Niyonzima uturuka mu Murenge wa Giheke, baraheba.

Uyu mukobwa yahise akura telefone mu isakoshi (Sac a gauche) ahamagara umukunzi we, yumva telefone ntiriho, ariko ntibacika intege barakomeza bataregereza.

Gusa ngo yaje gucamo, bamusaba ko yabasanga ku Murenge agasezerana n’umukunzi we, ari na bwo yaje kuza yiyambariye agapira gasanzwe ka T-Shirt.

Samuel Niyonzima avuga ko ababyeyi b’uyu mukobwa ari bo bamuhamagaye kuri telefone bakamusaba guhita aza ku Biro by’Umurenge aho bamubwiraga bati “Wowe ngwino twatinze, aho kujya mu rugo ngwino ku Merenge twatinze, aho kugira ngo wange gusezerana uduteshe umutwe ngwino turagutiza imyenda wambare.

Uyu musore avuga ko yanze kubasuzugura akaza koko, ariko ko icyari cyatumye ataza ari uko yategereje umuryango we ngo uze kumushyigikira akawubura.

Ati “Bitewe n’umugore nari mfite, iwacu bakumva ko wenda ntazana uyu ni cyo nakomeje ntegereza nti wenda baraza, ndategereza ndaheba.”

Avuga ko yajyaga aganira n’uyu mukobwa akamubwira ko yivuganiye n’umuryango we ukaba waremeye ko babana, ariko ko abona yaramubeshye batigeze bavugana.

Mukarurangwa Therese avuga ko gahunda yo gusezerana bombi baraye bayizi ndetse n’imiryango yabo, bakazindukira ku biro by’Umurenge ari na bwo bategerezaga uyu musore bakamubura.

Ati “Nari namubwiye nti ‘ababyeyi bamaze kwitegura’ ntakibazo, saa moya arambaza ngo none se mwahagurutse, ndamubwira nti ‘twahageze, n’ababyeyi bahagurutse, ntakibazo’ ubwo rero ibintu byo guhinduka…”

Se w’uyu mukobwa wagaragaraga nk’uwababajwe n’iki gikorwa cyakozwe n’uyu musore, yavuze ko uyu musore yari yarasabye umukobwa we kumugurira imyenda azambara ku munsi wo gusezerana.

Ati “Uwo musore namutegereje ngo aze mukodeshereze imyenda, ndamubura.”

Gusa uyu mubyeyi avuga ko ubu akarabye uyu muhungu ndetse ko n’umukobwa we naramuka agiye kubana na we, atazigera agera mu rugo rwabo.

Abandi baturage bazi uyu musore, bavuga ko asanzwe umutekamutwe ndetse ko n’umugore we wa mbere yari yamutekeye umutwe amushakaho amafaranga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkanka, Baziki Yussuf yavuze ko uyu musore n’umukobwa, bari barahawe inyigisho z’abagiye gusezerana ariko ko ko batazi uko byahindutse.

Yagize ati “Ibyabaye byadutunguye baje gusezerana birangira batumvikanye, nk’ubuyobozi twarabaganirije twumva impande zombi birangira batumvikana n’imiryango yabo itabyumva.”

Baziki avuga ko kubaka urugo bisaba ko ababigiyemo babanza kubyumvikanaho bityo ko igihe bazaba bumvikanye bazaza bakabasezeranya.

Umukobwa yageze ku Murenge arategereza araheba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Ntibumva impamvu Polisi itwika urumogi yafashe kandi barumvise ko rukenerwa

Next Post

Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Ya modoka y’akataraboneka izahembwa Miss Muheto yarashyize iraza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.