Tuesday, October 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Hatangajwe igikekwa nyuma yo gusanga mu mashyuza umurambo w’umusore ukiri muto

radiotv10by radiotv10
23/11/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Hatangajwe igikekwa nyuma yo gusanga mu mashyuza umurambo w’umusore ukiri muto
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore uri mu kigero cy’imyaka 20 utahise umenyekana umwirondoro, yasanzwe yapfuye mu kidendezi cy’amashyuza giherereye mu Kagari ka Mashyuza, Umurenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, aho bamwe bakeka ko yapfuye ubwo yogaga, abandi bakabishidikanyaho.

Umurambo w’uyu musore wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 23 Ugushyingo 2024, ubwo abaturage banyuze kuri aya mashyuza bakabona umurambo ureremba hejuru bagahita bamenyesha ubuyobozi.

Icyakora bamwe mu baturage bavuga ko uko babibonye uyu murambo bashidikanya ko yaba yishwe n’amashyuza, bagakeka ko yaba yapfuye urundi rupfu rutari ukurohama.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi yahamirije RADIOTV10 aya makuru, anavuga ko kugeza ubu hagikorwa iperereza ngo hamenyekane imyirondoro ya nyakwigendera n’icyamuhitanye.

SP Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko uyu murambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka 20 wagaragaye ahagana saa kumi n’ebyiri za mu gitondo.

Yagize ati “Bigaragara ko yaguyemo mu gihe yarimo ayoga, ntabwo imyirondoro ye iramenyekana. Umurambo wajyanywe ku Bitaro bya Mibirizi mu gihe iperereza rigikomeje.”

Mu bihe bitandukanye ubuyobozi bukunze kuburira abaturage bajya koga mu mashyuza ko bagomba kwitwararika kugira ngo hatagira abahasiga ubuzima.

Abaturage bawiye RADIOTV10 ko no mu mezi abiri ashize na bwo aha ku mashyuza hasanzwe umurambo byiyongeraho ko no muri  Nyakanga 2022 ubwo umusaza n’umukecuru bapfiraga mu cyobo cyari cyarakamyemo amashyuza bari kwasa inkwi bazize gaze bivugwa ko yabafatiyemo bakabura umwuka.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 3 =

Previous Post

Umunyarwenya ufitanye isano n’u Rwanda n’u Burundi agiye kuhataramira

Next Post

Hatahuwe ahari ububiko bwa magendu yavanywe muri Congo yinjizwa mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Related Posts

Soft skills that make you look confident without speaking

Soft skills that make you look confident without speaking

by radiotv10
06/10/2025
0

Confidence is not only shown through words. The way you move, act, and react can speak louder than anything you...

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
06/10/2025
0

Umunyeshuri wigaga muri Kaminuza y’Imyuga n’Ubumenyingiro ya Hanika y’Itorero ry’Abangilikani yo mu Karere ka Nyanza, yasanzwe yapfuye bikekwa ko yiyahuye,...

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

by radiotv10
06/10/2025
0

Madamu Jeannette Kagame, yahawe igihembo mpuzamahanga ‘FIGO Distinguished Recognition Award’ gihabwa abagize uruhare rukomeye mu buzima bw’abari n’abategarugori. Madamu Jeannette...

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

by radiotv10
06/10/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko kuba umuyobozi yateshuka agakora ikosa rimwe ari ibisanzwe nk’ikiremwamuntu, ariko ko iyo arisubiyemo kenshi, biba...

Do men really want independent women, or just the idea of them?

Do men really want independent women, or just the idea of them?

by radiotv10
06/10/2025
0

Today, many men say they want an independent woman, someone who is confident, hardworking, and not fully dependent on them....

IZIHERUKA

Soft skills that make you look confident without speaking
IMIBEREHO MYIZA

Soft skills that make you look confident without speaking

by radiotv10
06/10/2025
0

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

06/10/2025
Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

06/10/2025
Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

06/10/2025
Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

06/10/2025
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

06/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe ahari ububiko bwa magendu yavanywe muri Congo yinjizwa mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Hatahuwe ahari ububiko bwa magendu yavanywe muri Congo yinjizwa mu Rwanda binyuranyije n'amategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Soft skills that make you look confident without speaking

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.