Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

radiotv10by radiotv10
31/03/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga mu Kibaya cya Bugarama ahazwi nko ku rya 9 mu Karere ka Rusizi, bavuga ko abashumba b’inka n’ihene bongeye kubura urugomo nyuma yuko byari byashakiwe umuti, none ubu bakaba barongeye kuboneshereza imyaka yabo, ku buryo uvuze bamukubita cyangwa bakamushumuriza imbwa z’inkazi.

Ni abahinzi bo muri iki Kibaya giherereye mu Kagari ka Pera ahazwi nko ku rya 9, aho ihene n’inka bituruka ahitwa mu Mudugudu hegereye ikibaya gihingwa. Aba bashumba bahengera abahinzi bamaze gutaha ubundi bakaragira matungo mu myaka yabo.

Ntazina Felicien ati “Ab’inka bazirekura na mu ijoro, ab’ihene na bo bakaragira mu miceri y’abaturage. Bahengera saa munani abahinzi bamaze kuva mu kibaya.”

Imananiyorembo Jeannette na we ati “Ihene barazishumura zikiroha mu myaka. n’ubu ni uko uje mu gitondo. Uje saa munani wakwirebera, ni ubushyo buba bwandagaye mu myaka.”

Bavuga ko ubuyobozi bwari bwagerageje gushaka umuti w’iki kibazo, ndetse bigasa nk’ibihagaze, ariko bidatinze byongeye gukaza umurego.

Nyamuhara Younousu ati “Muri boroke imwe hagombaga kuvamo imifuka itanu y’intoryi ariko hari kuvamo umufuka umwe. Ugeramo ugasanga ihene n’inka zavuyanze ngasarura ubusa kandi narahize.”

Bavuga ko abashumba bonesha akenshi baba banafite imbwa zo gukanga abo boneshereza ku buryo n’ushatse gufatira itungo mu murima bamugirira nabi bigatera ubwoba abahinzi.

Tatu Julienne ati “Noneho ndababwira nti ‘mwakuye izo hene muri soya zanjye’, baravuga ngo ‘uri kuvuga iki wa gakecuru we’, ngo ‘reka ihene zacu zibyibuhe’, ngiye kumva numva banteye ibuye ndiyirukira.”

Mukandekezi Gaudereva na we ati “Kandi noneho baba bafite imipanga inkoni n’imbwa. Uragira ngo uvuge bakagukubita. Dore njyewe baheruka no kunkubita pe, Kandi bansanze mu ntoryi zanjye, bankubise inkoni n’ubu nfite igikomere.”

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Bugarama, Uwera Joselyne avuga ko iki kibazo bari bagihereye umurongo mu nteko y’abaturage ariko ko niba cyongeye bagiye gukorana n’inzego z’umutekano kugira ngo ibyo bicike.

Ati “Ngira ngo ubu cyari cyarakemutse, kuko twari twashyizeho ingamba, kugeza aho tuvuga ko itungo rizajya ryonera umuhinzi tuzajya turifata tukarigurisha amafaranga tukaya uwonewe.”

Uyu muyobozi avuga ko inzego z’ibanze zigiye gukorana n’iz’umutekano zirimo DASSO n’ingabo, kugira ngo iki kibazo kibangamiye abaturage kiranduke burundu.

Inka barazireka zikirara mu myaka y’abaturage

Ugize ngo aravuga baramukubita
Imyaka yabo yonwa n’amatungo ku buryo ntacyo baba bakiramuyemo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + fifteen =

Previous Post

Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza

Next Post

Uwitabiriye Miss Rwanda akanegukanamo ikamba yateye intambwe imuganisha gushinga urugo

Related Posts

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

The First lady of Rwanda and Chairperson of the Unity Club Intwararumuri, Mrs. Jeannette Kagame, has urged Rwandans to continue...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

by radiotv10
03/11/2025
0

Mu gihe ibiciro by'ibicuruzwa by'ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba...

IZIHERUKA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana
MU RWANDA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

03/11/2025
Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwitabiriye Miss Rwanda akanegukanamo ikamba yateye intambwe imuganisha gushinga urugo

Uwitabiriye Miss Rwanda akanegukanamo ikamba yateye intambwe imuganisha gushinga urugo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.