Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

radiotv10by radiotv10
31/03/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga mu Kibaya cya Bugarama ahazwi nko ku rya 9 mu Karere ka Rusizi, bavuga ko abashumba b’inka n’ihene bongeye kubura urugomo nyuma yuko byari byashakiwe umuti, none ubu bakaba barongeye kuboneshereza imyaka yabo, ku buryo uvuze bamukubita cyangwa bakamushumuriza imbwa z’inkazi.

Ni abahinzi bo muri iki Kibaya giherereye mu Kagari ka Pera ahazwi nko ku rya 9, aho ihene n’inka bituruka ahitwa mu Mudugudu hegereye ikibaya gihingwa. Aba bashumba bahengera abahinzi bamaze gutaha ubundi bakaragira matungo mu myaka yabo.

Ntazina Felicien ati “Ab’inka bazirekura na mu ijoro, ab’ihene na bo bakaragira mu miceri y’abaturage. Bahengera saa munani abahinzi bamaze kuva mu kibaya.”

Imananiyorembo Jeannette na we ati “Ihene barazishumura zikiroha mu myaka. n’ubu ni uko uje mu gitondo. Uje saa munani wakwirebera, ni ubushyo buba bwandagaye mu myaka.”

Bavuga ko ubuyobozi bwari bwagerageje gushaka umuti w’iki kibazo, ndetse bigasa nk’ibihagaze, ariko bidatinze byongeye gukaza umurego.

Nyamuhara Younousu ati “Muri boroke imwe hagombaga kuvamo imifuka itanu y’intoryi ariko hari kuvamo umufuka umwe. Ugeramo ugasanga ihene n’inka zavuyanze ngasarura ubusa kandi narahize.”

Bavuga ko abashumba bonesha akenshi baba banafite imbwa zo gukanga abo boneshereza ku buryo n’ushatse gufatira itungo mu murima bamugirira nabi bigatera ubwoba abahinzi.

Tatu Julienne ati “Noneho ndababwira nti ‘mwakuye izo hene muri soya zanjye’, baravuga ngo ‘uri kuvuga iki wa gakecuru we’, ngo ‘reka ihene zacu zibyibuhe’, ngiye kumva numva banteye ibuye ndiyirukira.”

Mukandekezi Gaudereva na we ati “Kandi noneho baba bafite imipanga inkoni n’imbwa. Uragira ngo uvuge bakagukubita. Dore njyewe baheruka no kunkubita pe, Kandi bansanze mu ntoryi zanjye, bankubise inkoni n’ubu nfite igikomere.”

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Bugarama, Uwera Joselyne avuga ko iki kibazo bari bagihereye umurongo mu nteko y’abaturage ariko ko niba cyongeye bagiye gukorana n’inzego z’umutekano kugira ngo ibyo bicike.

Ati “Ngira ngo ubu cyari cyarakemutse, kuko twari twashyizeho ingamba, kugeza aho tuvuga ko itungo rizajya ryonera umuhinzi tuzajya turifata tukarigurisha amafaranga tukaya uwonewe.”

Uyu muyobozi avuga ko inzego z’ibanze zigiye gukorana n’iz’umutekano zirimo DASSO n’ingabo, kugira ngo iki kibazo kibangamiye abaturage kiranduke burundu.

Inka barazireka zikirara mu myaka y’abaturage

Ugize ngo aravuga baramukubita
Imyaka yabo yonwa n’amatungo ku buryo ntacyo baba bakiramuyemo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − nine =

Previous Post

Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza

Next Post

Uwitabiriye Miss Rwanda akanegukanamo ikamba yateye intambwe imuganisha gushinga urugo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwitabiriye Miss Rwanda akanegukanamo ikamba yateye intambwe imuganisha gushinga urugo

Uwitabiriye Miss Rwanda akanegukanamo ikamba yateye intambwe imuganisha gushinga urugo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.