Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana

radiotv10by radiotv10
31/03/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Ibibabangamiye bakorerwa n’abashumba byari bizwi ko byavugutiwe umuti byagarukanye ubukana
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinga mu Kibaya cya Bugarama ahazwi nko ku rya 9 mu Karere ka Rusizi, bavuga ko abashumba b’inka n’ihene bongeye kubura urugomo nyuma yuko byari byashakiwe umuti, none ubu bakaba barongeye kuboneshereza imyaka yabo, ku buryo uvuze bamukubita cyangwa bakamushumuriza imbwa z’inkazi.

Ni abahinzi bo muri iki Kibaya giherereye mu Kagari ka Pera ahazwi nko ku rya 9, aho ihene n’inka bituruka ahitwa mu Mudugudu hegereye ikibaya gihingwa. Aba bashumba bahengera abahinzi bamaze gutaha ubundi bakaragira matungo mu myaka yabo.

Ntazina Felicien ati “Ab’inka bazirekura na mu ijoro, ab’ihene na bo bakaragira mu miceri y’abaturage. Bahengera saa munani abahinzi bamaze kuva mu kibaya.”

Imananiyorembo Jeannette na we ati “Ihene barazishumura zikiroha mu myaka. n’ubu ni uko uje mu gitondo. Uje saa munani wakwirebera, ni ubushyo buba bwandagaye mu myaka.”

Bavuga ko ubuyobozi bwari bwagerageje gushaka umuti w’iki kibazo, ndetse bigasa nk’ibihagaze, ariko bidatinze byongeye gukaza umurego.

Nyamuhara Younousu ati “Muri boroke imwe hagombaga kuvamo imifuka itanu y’intoryi ariko hari kuvamo umufuka umwe. Ugeramo ugasanga ihene n’inka zavuyanze ngasarura ubusa kandi narahize.”

Bavuga ko abashumba bonesha akenshi baba banafite imbwa zo gukanga abo boneshereza ku buryo n’ushatse gufatira itungo mu murima bamugirira nabi bigatera ubwoba abahinzi.

Tatu Julienne ati “Noneho ndababwira nti ‘mwakuye izo hene muri soya zanjye’, baravuga ngo ‘uri kuvuga iki wa gakecuru we’, ngo ‘reka ihene zacu zibyibuhe’, ngiye kumva numva banteye ibuye ndiyirukira.”

Mukandekezi Gaudereva na we ati “Kandi noneho baba bafite imipanga inkoni n’imbwa. Uragira ngo uvuge bakagukubita. Dore njyewe baheruka no kunkubita pe, Kandi bansanze mu ntoryi zanjye, bankubise inkoni n’ubu nfite igikomere.”

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Bugarama, Uwera Joselyne avuga ko iki kibazo bari bagihereye umurongo mu nteko y’abaturage ariko ko niba cyongeye bagiye gukorana n’inzego z’umutekano kugira ngo ibyo bicike.

Ati “Ngira ngo ubu cyari cyarakemutse, kuko twari twashyizeho ingamba, kugeza aho tuvuga ko itungo rizajya ryonera umuhinzi tuzajya turifata tukarigurisha amafaranga tukaya uwonewe.”

Uyu muyobozi avuga ko inzego z’ibanze zigiye gukorana n’iz’umutekano zirimo DASSO n’ingabo, kugira ngo iki kibazo kibangamiye abaturage kiranduke burundu.

Inka barazireka zikirara mu myaka y’abaturage

Ugize ngo aravuga baramukubita
Imyaka yabo yonwa n’amatungo ku buryo ntacyo baba bakiramuyemo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 13 =

Previous Post

Ibitangaza byakozwe na rutahizamu wa APR byatumye amarangamutima y’abakunzi ba ruhago Nyarwanda yigaragaza

Next Post

Uwitabiriye Miss Rwanda akanegukanamo ikamba yateye intambwe imuganisha gushinga urugo

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwitabiriye Miss Rwanda akanegukanamo ikamba yateye intambwe imuganisha gushinga urugo

Uwitabiriye Miss Rwanda akanegukanamo ikamba yateye intambwe imuganisha gushinga urugo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.