Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Ibyamenyekanye ku nkongi yafashe inzu yasigiye agahinda abayibamo

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rusizi: Ibyamenyekanye ku nkongi yafashe inzu yasigiye agahinda abayibamo
Share on FacebookShare on Twitter

Inzu yo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, yafashwe n’inkongi y’umuriro nyuma y’iturika rya gaze, rigatuma umuriro ukwira hose, ugatwika ibikoresho byo mu nzu n’ibyangombwa birimo n’impamyabumenyi z’abarangije amashuri.

Iyi nkongi yabereye mu Mudugudu wa Burunga mu Kagari ka Gihundwe muri uyu Murenge wa Kamembe, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Gicurasi 2023, ahagana saa kumi n’ebyiri (06:00’), aho inzu eshatu zo mu gipangu kimwe, zafashwe n’uyu muriro.

Bamwe mu batuye muri iki gipangu kirimo inzu yafashwe n’inkongi, babwiye RADIOTV10 ko iyi nkongi yabanjirijwe n’iturika rya Gaze y’umwe mu bacumbitse muri iki gipangu wari utetse, bigatuma hahita haduka inkongi.

Iyi nkongi yafashe inzu, irashya irakongoka, inahiramo ibikoresho byose byari biyirimo byose birimo ibikoresho byo mu nzu, nk’intebe, frigo, televiziyo, ndetse n’ibyangombwa by’ubutaka n’impamyabumenyi.

Muzeyi Anicet, nyiri iki gipangu kirimo inzu zafashwe n’inkongi y’umuriro, yavuze ko bagiye kumva bakumva uwabaga mu nzu yaturutsemo uyu muriro ari gutabaza, basohoka bagasanga umuriro wakwiriye hose.

Ati “Ubwo rero ikibatsi cy’umuriro cyahise gifata inzu zombi, nsubira mu nzu nsohora abana, n’abantu bari barimo turasohoka, ibyarimo byose bihiramo, mbese nta kintu twarokoye.”

Umunyanyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre avuga ko ubuyobozi bwatabajwe saa kimi n’ebyiri n’igice za mu gitondo, bukihutira kuhagera.

Avuga ko ubuyobozi na bwo bwahise butabaza Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi, rikihutira kuhagera rikazimya uyu muriro.

Iyakaremye avuga ko Polisi yatabaranye ingoga, ikahagera vuba ariko kubera ubukana bw’iyi nkongi, basanze yafashe inzu zose uko ari eshatu zo muri iki gipangu.

Ati “Twafatanyije n’abaturage turazimya, ariko ikigaragara ni uko igisenge cy’izo nzu uko ari eshatu, cyangiritse.”

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba abaturage kwitondera gaze, bakamenya uburyo ikoreshwa, bakirinda kuyikoresha igihe bumva hari umwuka wayo uhumura, ndete akanasaba ko bakwiye kugura agakoresho kitwa Gas detector, kamenya igihe Gaze yagize ibibazo.

Gaze yaturitse yateye iyi nkongi
Polisi yaje kuzimya

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Gahamanyi Jean Baptiste says:
    3 years ago

    Twishimiye uburyo Police yihutiye gutabara iyo nkongi kd abagizweho ingaruka n’iyo nkongi bihangane. Gaz ni iyo kwitondera

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 16 =

Previous Post

Impanuka idasanzwe yatewe n’inyamaswa yatumye abantu 20 baburirwa irengero

Next Post

Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi wa ruhago agaragaje ikidasanzwe cyagaragaye mu mikino y’uyu mwaka

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi wa ruhago agaragaje ikidasanzwe cyagaragaye mu mikino y’uyu mwaka

Umunyamakuru akaba n’umusesenguzi wa ruhago agaragaje ikidasanzwe cyagaragaye mu mikino y’uyu mwaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.