Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bikekwa ko yaba yahubutse mu muhanda n’ubundi yaganjijwe n’inzoga agahita ahasiga ubuzima.

Uyu mugabo witwa Mutabazi Fidel yabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Nyakanga 2025 mu Mudugudu wa Cyapa mu Murenge wa Gihundwe.

Amakuru yamenyekanye mu gitondo cya kare ubwo ababa mu nzu nyakwigendera yaguye hafi yayo babyukaga bajya mu kazi bagasanga umurambo we haruguru yayo bagahita batabaza.

Uwitwa Francine yagize ati “Mu gitondo saa kumi n’imwe twabyutse tugiye mu kazi, mugenzi wacu ageze haruguru abona umuntu uryamye agira ubwoba agaruka mu nzu gutabaza noneho twese turaza dusanga umuntu aryamye yavuye amaraso tumwitegereje dusanga atakiri mu mubiri, duhita duhamagara abayobozi.”

Umuyobozi w’Umudugudu wa Cyapa, Kanamugire Octave wahise atabara mu ba mbere, avuga ko bikekwa ko uyu mugabo yaba yahubutse ku muhanda akitura hasi biturutse ku businzi.

Ati “Bigaragara ko umutwe wamenetse, ku buryo umuntu yakeka ko yahubutse hejuru. Yari afite agacupa gapfundikiye kavuyemo energy drink bigaragara ko ari inzoga yari yashyizemo. Mu busanzwe ni umuntu wari uzwiho gukunda inzoga cyane ku buryo yayinywaga agataka umutwe.”

Mu gihe atari ubwa mbere muri uyu mukingo uri mu muri metero imwe uvuye ku muhanda nyabagendwa haguyemo umuntu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Jean Pierre Iyakaremye wagarutse ku businzi nk’icyateye uru rupfu, yanavuze ko uyu mukingo waba ugiye gushyirwaho uruzitiro kugira ngo abantu badakomeze kuhatakariza ubuzima.

Ati “Urwego rw’Ubugenzacyaha ruri kubikurikirana, ariko amakuru y’ibanze arerekana ko yaba yahurudutse hejuru ku mukingo biturutse ku businzi. Twamenye ko saa tanu z’ijoro yari ari hano ku cyapa yasinze, njyewe nahise mpamagara nyiri izi nzu ambwira ko ari gutegura umushinga wo kuhubaka ku buryo azashyiraho uruzitiro.”

Umurambo wa Mutabazi Fidel ubuzima wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gihundwe.

Bibaye incuro ya kabiri muri uyu mukingo hagwamo umuntu nyuma yuko hari undi mugore wigeze kugwamo atezwe n’itiyo iri ku muhanda ariko we akagira amahirwe ntahatakarize ubuzima.

Aha hantu ni harehare ku buryo hatagize igikorwa hari abandi bashobora kuzahaburira ubuzima
Umubiri we wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gihundwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − two =

Previous Post

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Next Post

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w'igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.