Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa ukiri muto wo mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, uba mu nzu nto bamwe bitiranya n’ubwiherero, avuga ko abahisi n’abagenzi bakunze kuza baje kwiherera, akababwira ko ari inzu abamo.

Uyu muturage w’umukobwa witwa Rukiya Tutere uba muri aka kazu gaherereye mu Mudugudu wa Mbagira mu Kagari ka Kamashangi, atabarizwa n’abaturanyi be, bavuga ko bashengurwa n’imibereho ye.

Uyu mukobwa yabwiye RADIOTV10 ko intandaro yo kuba yaraje kuba muri iyi nzu, ari uko umuvandimwe we yabariganyije inguranye ya Miliyoni 8 Frw y’inzu yabo yasenywe n’ibikorwa byo kubaka umuhanda.

Ati “Bamaze kutubarira, uwo tuvukana ajyana amafaranga yose, birangira nje kwiberamo hano. Yifungurije konti wenyine arayatwara, twe tugiye kureba kuri konti, dusanga amafaranga yarayatwaye.”

Avuga ko uyu muvandimwe wabo yakoze ubu buriganya akoranye n’uwari umukozi mu Karere, ndetse akaza no kubifungirwa ariko ko atamazemo n’amezi atandatu.

Avuga ko nyuma yuko umuvandimwe wabo abariganyije, yahise afata icyemezo cyo kuza kwibera muri iyi nzu yahoze ari ubwogero, ariko ko ahora ahangana n’abaza bashaka kwiherera kuko baba bakeka ko ari ubwiherero bw’ivuriro ry’ibanze rya Mbagira byegeranye.

Ati “Hari igihe baza bagakomanga ngo barashaka ubwiherero, nkababwira nti ‘ntabwo ari ubwiherero, mbamo’.”

Avuga kandi ko iyi nzu nubwo ayibamo ariko iva ku buryo iyi mvura yaguye, arara yicaye.

Abaturanyi be bashengurwa n’uyu mwana w’umukobwa, bavuga ko hari abahanyura benshi bakagira ngo ni ubwiherero.

Umwe ati “N’ubu duhagaze hano hari abari gutambuka bakibaza bati ese ‘iriya tuwarete bari kuyikoreraho ibiki?’.”

Undi muturanyi na we ati “Benshi cyane, n’ubu wajya kubona umuntu azamutse gutya akaza agakomanga agira ngo iyi ni tuwarete.”

Aherutse gusabwa gufunga iyi nzu ye ngo abayobozi batamenya ko habamo umuntu

 

Yasabwe kuhanfunga ubwo hazaga abayobozi

Uyu muturage uba muri iyi nzu, avuga ko mu minsi ishize hari abashyitsi b’abayobozi baje gusura ivuriro ry’ibanze rya Mbagira, yasabwe gufunga iyi nzu ye ngo batamenya ko habamo umuntu.

Ati “Bari abasirikare bari baje aha gusura ivuriro, bambonye barambwira bati mpave ntibamenye ko mba aha.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturaye, Dukuzumuremyi Anne Marie yabanje kumenyesha RADIOTV10 ko iki kibazo atakizi ariko ko agiye gushaka amakuru kuri cyo.

Nyuma, uyu muyobozi yanyujije ubutumwa kuri Twitter avuga ko bagiye kuba bashakiye icumbi uyu muturage mu gihe bagiye kongera gukurikirana ikibazo cy’umuvandimwe w’uriya mukobwa wabariganyije.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 14 =

Previous Post

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

Next Post

Yavuze icyamuteye kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugore umurusha imyaka 20 nyuma yo kumusambanya

Related Posts

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

by radiotv10
16/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko amazi y'imvura aturuka ku muhanda wa Kaburimbo...

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

by radiotv10
16/10/2025
0

Abaturage babarirwa mu 180 bo mu Karere ka Ruhabu bavuga ko bamaze imyaka ibiri bategereje kwishyurwa ingurane y’imitungo yabo yangiritse...

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Abasenateri bagaragaje ibibazo bikigaragara mu mikorere y’Amavuriro y’Ibanze (Poste de Santé), birimo kuba hari akora iminsi itatu gusa mu cyumweru...

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
15/10/2025
0

Umunyarwanda Musangabatware Clement unahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuyobora Ibiro by’iyi Nteko...

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafatanye abantu babiri umufuka urimo urumogi rupima ibilo 28, bafatiwe mu Murenge...

IZIHERUKA

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica
IMYIDAGADURO

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

by radiotv10
16/10/2025
0

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

16/10/2025
Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

16/10/2025
Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

16/10/2025
Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

15/10/2025
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Yavuze icyamuteye kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugore umurusha imyaka 20 nyuma yo kumusambanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.