Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa ukiri muto wo mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, uba mu nzu nto bamwe bitiranya n’ubwiherero, avuga ko abahisi n’abagenzi bakunze kuza baje kwiherera, akababwira ko ari inzu abamo.

Uyu muturage w’umukobwa witwa Rukiya Tutere uba muri aka kazu gaherereye mu Mudugudu wa Mbagira mu Kagari ka Kamashangi, atabarizwa n’abaturanyi be, bavuga ko bashengurwa n’imibereho ye.

Uyu mukobwa yabwiye RADIOTV10 ko intandaro yo kuba yaraje kuba muri iyi nzu, ari uko umuvandimwe we yabariganyije inguranye ya Miliyoni 8 Frw y’inzu yabo yasenywe n’ibikorwa byo kubaka umuhanda.

Ati “Bamaze kutubarira, uwo tuvukana ajyana amafaranga yose, birangira nje kwiberamo hano. Yifungurije konti wenyine arayatwara, twe tugiye kureba kuri konti, dusanga amafaranga yarayatwaye.”

Avuga ko uyu muvandimwe wabo yakoze ubu buriganya akoranye n’uwari umukozi mu Karere, ndetse akaza no kubifungirwa ariko ko atamazemo n’amezi atandatu.

Avuga ko nyuma yuko umuvandimwe wabo abariganyije, yahise afata icyemezo cyo kuza kwibera muri iyi nzu yahoze ari ubwogero, ariko ko ahora ahangana n’abaza bashaka kwiherera kuko baba bakeka ko ari ubwiherero bw’ivuriro ry’ibanze rya Mbagira byegeranye.

Ati “Hari igihe baza bagakomanga ngo barashaka ubwiherero, nkababwira nti ‘ntabwo ari ubwiherero, mbamo’.”

Avuga kandi ko iyi nzu nubwo ayibamo ariko iva ku buryo iyi mvura yaguye, arara yicaye.

Abaturanyi be bashengurwa n’uyu mwana w’umukobwa, bavuga ko hari abahanyura benshi bakagira ngo ni ubwiherero.

Umwe ati “N’ubu duhagaze hano hari abari gutambuka bakibaza bati ese ‘iriya tuwarete bari kuyikoreraho ibiki?’.”

Undi muturanyi na we ati “Benshi cyane, n’ubu wajya kubona umuntu azamutse gutya akaza agakomanga agira ngo iyi ni tuwarete.”

Aherutse gusabwa gufunga iyi nzu ye ngo abayobozi batamenya ko habamo umuntu

 

Yasabwe kuhanfunga ubwo hazaga abayobozi

Uyu muturage uba muri iyi nzu, avuga ko mu minsi ishize hari abashyitsi b’abayobozi baje gusura ivuriro ry’ibanze rya Mbagira, yasabwe gufunga iyi nzu ye ngo batamenya ko habamo umuntu.

Ati “Bari abasirikare bari baje aha gusura ivuriro, bambonye barambwira bati mpave ntibamenye ko mba aha.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturaye, Dukuzumuremyi Anne Marie yabanje kumenyesha RADIOTV10 ko iki kibazo atakizi ariko ko agiye gushaka amakuru kuri cyo.

Nyuma, uyu muyobozi yanyujije ubutumwa kuri Twitter avuga ko bagiye kuba bashakiye icumbi uyu muturage mu gihe bagiye kongera gukurikirana ikibazo cy’umuvandimwe w’uriya mukobwa wabariganyije.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − four =

Previous Post

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

Next Post

Yavuze icyamuteye kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugore umurusha imyaka 20 nyuma yo kumusambanya

Related Posts

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

IZIHERUKA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro
IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Yavuze icyamuteye kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugore umurusha imyaka 20 nyuma yo kumusambanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.