Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera

radiotv10by radiotv10
28/10/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Uba mu nzu igaragara nk’ubwiherero ahora akomangirwa n’abaza bashaka kwiherera
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa ukiri muto wo mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, uba mu nzu nto bamwe bitiranya n’ubwiherero, avuga ko abahisi n’abagenzi bakunze kuza baje kwiherera, akababwira ko ari inzu abamo.

Uyu muturage w’umukobwa witwa Rukiya Tutere uba muri aka kazu gaherereye mu Mudugudu wa Mbagira mu Kagari ka Kamashangi, atabarizwa n’abaturanyi be, bavuga ko bashengurwa n’imibereho ye.

Uyu mukobwa yabwiye RADIOTV10 ko intandaro yo kuba yaraje kuba muri iyi nzu, ari uko umuvandimwe we yabariganyije inguranye ya Miliyoni 8 Frw y’inzu yabo yasenywe n’ibikorwa byo kubaka umuhanda.

Ati “Bamaze kutubarira, uwo tuvukana ajyana amafaranga yose, birangira nje kwiberamo hano. Yifungurije konti wenyine arayatwara, twe tugiye kureba kuri konti, dusanga amafaranga yarayatwaye.”

Avuga ko uyu muvandimwe wabo yakoze ubu buriganya akoranye n’uwari umukozi mu Karere, ndetse akaza no kubifungirwa ariko ko atamazemo n’amezi atandatu.

Avuga ko nyuma yuko umuvandimwe wabo abariganyije, yahise afata icyemezo cyo kuza kwibera muri iyi nzu yahoze ari ubwogero, ariko ko ahora ahangana n’abaza bashaka kwiherera kuko baba bakeka ko ari ubwiherero bw’ivuriro ry’ibanze rya Mbagira byegeranye.

Ati “Hari igihe baza bagakomanga ngo barashaka ubwiherero, nkababwira nti ‘ntabwo ari ubwiherero, mbamo’.”

Avuga kandi ko iyi nzu nubwo ayibamo ariko iva ku buryo iyi mvura yaguye, arara yicaye.

Abaturanyi be bashengurwa n’uyu mwana w’umukobwa, bavuga ko hari abahanyura benshi bakagira ngo ni ubwiherero.

Umwe ati “N’ubu duhagaze hano hari abari gutambuka bakibaza bati ese ‘iriya tuwarete bari kuyikoreraho ibiki?’.”

Undi muturanyi na we ati “Benshi cyane, n’ubu wajya kubona umuntu azamutse gutya akaza agakomanga agira ngo iyi ni tuwarete.”

Aherutse gusabwa gufunga iyi nzu ye ngo abayobozi batamenya ko habamo umuntu

 

Yasabwe kuhanfunga ubwo hazaga abayobozi

Uyu muturage uba muri iyi nzu, avuga ko mu minsi ishize hari abashyitsi b’abayobozi baje gusura ivuriro ry’ibanze rya Mbagira, yasabwe gufunga iyi nzu ye ngo batamenya ko habamo umuntu.

Ati “Bari abasirikare bari baje aha gusura ivuriro, bambonye barambwira bati mpave ntibamenye ko mba aha.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturaye, Dukuzumuremyi Anne Marie yabanje kumenyesha RADIOTV10 ko iki kibazo atakizi ariko ko agiye gushaka amakuru kuri cyo.

Nyuma, uyu muyobozi yanyujije ubutumwa kuri Twitter avuga ko bagiye kuba bashakiye icumbi uyu muturage mu gihe bagiye kongera gukurikirana ikibazo cy’umuvandimwe w’uriya mukobwa wabariganyije.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − five =

Previous Post

U Rwanda rwasubije abakeka ko rushobora kurwana na DRCongo

Next Post

Yavuze icyamuteye kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugore umurusha imyaka 20 nyuma yo kumusambanya

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Yavuze icyamuteye kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugore umurusha imyaka 20 nyuma yo kumusambanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.