Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Uwahawe ubuyobozi mu buryo bufifitse aravugwaho imyitwarire yibazwaho na bamwe

radiotv10by radiotv10
09/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Uwahawe ubuyobozi mu buryo bufifitse aravugwaho imyitwarire yibazwaho na bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Tuwonane mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko umuyobozi bashyiriweho nyuma y’uko uwo bitoreye akuweho mu buryo batamenye, akomeje kurangwa n’imyitwarire itanoze nk’ubusinzi no kwiyemera.

Kimwe mu byo banenga umuyobozi bavuga ko batigeze bitorera, ni ugusinda ku buryo bamwe basanga bimutera imyitwarire itari myiza

Umuturage witwa Mukeshimana Esperance uvuga ko uyu muyobozi wabo atagaragaza imyitwarire y’intangarugero, yagize ati “Mudugudu arasinda agakora hasi no hejuru.”

Undi muturage witwa Mumararungu yagize ati “Mudugudu twatoye bamuteye coup d’état baduha uriya w’agateganyo, ariko uyu baduhaye ni umuntu w’umwiyemezi.”

Uretse gusinda, aba baturage bavuga ko bakemanga ubunyangamugayo bw’uyu muyobozi w’Umudugudu wabo, babishingira ku kuba we n’irondo yari ayoboye baba baratesheje abajura ibyibano bakabigurisha.

Nzanywayisake Ezechiel ati “batesheje umujura icyuma nk’aho bakakirangishije ngo bagisubize nyiracyo, icyuma barakigurisha. Noneho amakuru aza kumenyekana ku Kagari babasaba gusubiza amafaranga, icyuma kikagaruka ubu kiri mu kagari.”

Sindikubwabo Theophile uyobora Umudugudu wa Tuwonane, nubwo yemera ko ajya afata ku gacupa, ariko atajya agira imyitwarire mibi avugwaho n’abo ayobora.

Ati “Gufata ku gacupa byo hari igihe nyinywa ariko nkayinywera mu rugo. Abanshinja ibyo ni abari kumwe n’udutsiko dushyigikira ibirara.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Ingabire Joyeux yabwiye RADIOTV10 ko hari abaturage barwanya ubuyobozi kubera ko bubitambika mu bikorwa bibi.

Agira ati “byaterwa n’uwatanze amakuru, niba hari abari gukurikiranwaho ibyaha, akenshi uwo muntu umubajije yahita akubwira ko hari ikibazo. Nk’aba rero numva ntashimangira ko Umuyobozi w’Umudugudu yitwara nabi kuko ahubwo usanga basa nk’abarwanya ubuyobozi.”

Uyu muyobozi w’Umudugudu unengwa n’abaturage, mu ntangiriro z’ukwezi gushize nabwo yari yanenzwe n’abaturage ayobora nyuma yo gushinja bamwe muri bo ko bamwiciye umwana bakamushyingura mu gishanga, nyamara akaza kuboneka mu mujyi wa Kigali ari muzima.

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

The Ben yahishuye ko ari umufana w’umuhanzi w’indirimbo z’Imana utaramara igihe kinini mu muziki

Next Post

MTN Rwanda yongeye kugira umusaruro ushimishije by’umwihariko izamuka ry’abafatabuguzi

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda yongeye kugira umusaruro ushimishije by’umwihariko izamuka ry’abafatabuguzi

MTN Rwanda yongeye kugira umusaruro ushimishije by’umwihariko izamuka ry’abafatabuguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.