Thursday, May 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
21/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bashyikirije inzu bubakiye umuryango wo muri uyu Murenge wabaga mu yasenyutse, bayimuhana n’ibikoresho byo mu nzu byose.

Nsengumuremyi Theobald wo mu Kagari ka Nyange warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wabaga mu nzu yari yaraguye igice kimwe, yashyikirijwe iyi nzu kuri iki Cyumweru tariki 20 Nyakanga 2025, nyuma y’uko abagize umuryango we bari bamaze igihe bavirwa kubera ko iyo babagamo yari yarashaje.

Agira ati “Nishimye cyane kuba umuryango waranyizeho ukaba umpaye inzu ndi umusaza utari kuzashobora kwiyubakira, ndashimira umuryango kuko ukunda Abanyarwanda, Kagame Paul azahore ku isonga.”

Uretse inzu, uyu muryango wahawe n’ibikoresho bijyana na yo birimo intebe zo mu nzu, matola zo kuryamaho ndetse n’ibiribwa mu buryo bwo gufasha uyu muryango kubaho neza.

Nyiransabimana Madelene ati “Noneho birandenze sinabona n’icyo navuga, harimo intebe, matora ebyiri, umuceri n’ibishyimbo n’amavuta.”

Chairman w’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Bugarama, Mbarushimana Hamimu ushimira ubwitange bw’abanyamuryango bitabiriye iki gikorwa n’ibindi byakozwe muri uyu mwaka, avuga ko iyi nzu yubatswe mu gihe cy’ukwezi kumwe nyuma yuko abanyamuryango babonye aho uyu muturage yabaga bagasanga bidakwiye.

Ati “Umuturage twubakiye ni uwarokotse Jenoside. Ubwo twari ku mu bukangurambaga mu Mudugudu twasanze ahantu atuye hatabereye Umunyarwanda. Twahise dukora ubukangurambaga buri munyamuryango agira icyo atanga mu bushobozi bwe.”

Inzu yahawe uyu muturage, yuzuye itwaye miliyoni 11 Frw yavuye mu banyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Bugarama bagera ku bihumbi 25 bagiye bitanga buri wese uko ashoboye.

Inzu yabagamo uyu muryango mbere yari iteye inkeke
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bamushyikirije inzu nziza bamwubakiye
Ni inzu igezweho
Bishimiye kuba bagiye kuba mu nzu batekanye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. NDAGIJIMANA Emmanuel says:
    10 months ago

    FPR Inkotanyi Oyeee!!!

    Umuturage ku isonga ni yo ntego. Imana ikomeze umuryango wacu, FPR Inkotanyi, cyane cyane Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, intore izirusha intambwe. Tukuri inyuma natwe.

    Banyamuryango ba FPR Inkotanyi mu murenge wa Bugarama namwe, nanjye ndimo, muri intore.

    Imana iduhane amahoro n’imigisha yose!

    Reply

Leave a Reply to NDAGIJIMANA Emmanuel Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − four =

Previous Post

Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma

Next Post

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Related Posts

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

by radiotv10
07/05/2026
0

Abantu bane barimo uwahoze ari umuyobozi w'ishuri ry'imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi, bafunzwe n’Urwego...

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

by radiotv10
07/05/2026
0

Perezida Paul Kagame n’itsinda ry’abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, bakiriwe ku meza na mugenzi we wa Bostwana Duma Boko,...

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

by radiotv10
06/05/2026
0

Urukiko mu Bufaransa rwemeje ko iperereza kuri Agathe Kanziga, umugore wa Habyarimana Juvenal wabaye Perezida w’u Rwanda, ku ruhare akekwaho...

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

by radiotv10
06/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ku butumire bwa mugenzi we Duma Gideon Boko,...

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

by radiotv10
06/05/2026
0

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney, Komiseri muri Komisiyo y'Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
MU RWANDA

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

by radiotv10
07/05/2026
0

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

07/05/2026
Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

06/05/2026
Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

06/05/2026
Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

06/05/2026
Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

06/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.