Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA
0
Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, wasohoye itangazo ryamagana ibikorwa by’u Burusiya muri Ukraine, usaba iki Gihugu kiyoborwa na Vladmir Putin, kubaha amategeko mpuzamahanga ndetse n’ubutavogerwa n’ubusugire bwa Ukraine.

Iri tangazo ry’Uyoboye Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe, Perezida Macky Sall wa Senegal ndetse na Perezida wa Komisiyo y’uyu Muryango, Moussa Faki Mahamat, ryasohotse kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022.

Rivuga ko Perezida Macky Sall na Moussa Faki Mahamat batewe impungenge n’ibiri kubera muri Ukraine kubera ingaruka bishobora kugira ku baturage.

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wasabye ko iyi ntambara ihagarara

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “[Macky Sall na Moussa Faki Mahamat] Baributsa ubutegetsi bw’u Burusiya ndetse n’ibindi bice cyangwa amahanga bari inyuma y’ibi bikorwa, kubahiriza amategeko mpuzamahanga, ubutavogerwa n’ubusugire bya Ukraine”

Macky Sall na Moussa Faki Mahamat bakomeza bavuga ko baburiye “impande zombi guhagarika urugamba ubundi bakayoboka inzira y’ibiganiro mu gihe cya vuba bikayoborwa n’Umuryango w’Abibumbye mu rwego rwo kudashyira Isi mu kangaratete ndetse no guteza imvururu z’umubumbe.”

Iri tangazo rikomeza ryibutsa ibi bihugu ko, ibyo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe isaba, biteganywa n’amategeko mpuzamahanga y’amahoro n’imibanire irambye mu nyungu z’abatuye Isi.

Ni itangazo ritigeze rigaruka ku muyobozi uwo ari we wese, mu gihe kuri uyu wa Kane ubwo Perezida Putin yatangizaga urugamba, abayobozi b’Ibihugu n’imiryango bikomeye ku Isi baturaga bagasaba Putin kureka ibi bikorwa.

Muri aba bayobozi, barimo Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America, Emmanuel Macron w’u Bufaransa na Antonio Guterres, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

Aba bayobozi bakomeje gusaba Putin guhagarika ibi bikorwa bya gisirikare yatangije muri Ukraine mu gihe we yaburiwe buri wese ushobora kumwitambika imbere ko azahura n’akaga atigeze abona na mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eleven =

Previous Post

Igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muri Africa: Ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Ghazouani wa Mauritania

Next Post

Mugisha Samuel n’Umufaransa wari mu bahabwa amahirwe bavuye muri TdRwanda2022

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mugisha Samuel n’Umufaransa wari mu bahabwa amahirwe bavuye muri TdRwanda2022

Mugisha Samuel n’Umufaransa wari mu bahabwa amahirwe bavuye muri TdRwanda2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.