Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA
0
Russia&Ukraine: Afurika yabyinjiyemo isaba ko intambara ihagarara inibutsa u Burusiya kutavogera Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, wasohoye itangazo ryamagana ibikorwa by’u Burusiya muri Ukraine, usaba iki Gihugu kiyoborwa na Vladmir Putin, kubaha amategeko mpuzamahanga ndetse n’ubutavogerwa n’ubusugire bwa Ukraine.

Iri tangazo ry’Uyoboye Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe, Perezida Macky Sall wa Senegal ndetse na Perezida wa Komisiyo y’uyu Muryango, Moussa Faki Mahamat, ryasohotse kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022.

Rivuga ko Perezida Macky Sall na Moussa Faki Mahamat batewe impungenge n’ibiri kubera muri Ukraine kubera ingaruka bishobora kugira ku baturage.

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wasabye ko iyi ntambara ihagarara

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “[Macky Sall na Moussa Faki Mahamat] Baributsa ubutegetsi bw’u Burusiya ndetse n’ibindi bice cyangwa amahanga bari inyuma y’ibi bikorwa, kubahiriza amategeko mpuzamahanga, ubutavogerwa n’ubusugire bya Ukraine”

Macky Sall na Moussa Faki Mahamat bakomeza bavuga ko baburiye “impande zombi guhagarika urugamba ubundi bakayoboka inzira y’ibiganiro mu gihe cya vuba bikayoborwa n’Umuryango w’Abibumbye mu rwego rwo kudashyira Isi mu kangaratete ndetse no guteza imvururu z’umubumbe.”

Iri tangazo rikomeza ryibutsa ibi bihugu ko, ibyo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe isaba, biteganywa n’amategeko mpuzamahanga y’amahoro n’imibanire irambye mu nyungu z’abatuye Isi.

Ni itangazo ritigeze rigaruka ku muyobozi uwo ari we wese, mu gihe kuri uyu wa Kane ubwo Perezida Putin yatangizaga urugamba, abayobozi b’Ibihugu n’imiryango bikomeye ku Isi baturaga bagasaba Putin kureka ibi bikorwa.

Muri aba bayobozi, barimo Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America, Emmanuel Macron w’u Bufaransa na Antonio Guterres, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

Aba bayobozi bakomeje gusaba Putin guhagarika ibi bikorwa bya gisirikare yatangije muri Ukraine mu gihe we yaburiwe buri wese ushobora kumwitambika imbere ko azahura n’akaga atigeze abona na mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 6 =

Previous Post

Igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muri Africa: Ibyo Perezida Kagame yaganiriye na Ghazouani wa Mauritania

Next Post

Mugisha Samuel n’Umufaransa wari mu bahabwa amahirwe bavuye muri TdRwanda2022

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito
AMAHANGA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mugisha Samuel n’Umufaransa wari mu bahabwa amahirwe bavuye muri TdRwanda2022

Mugisha Samuel n’Umufaransa wari mu bahabwa amahirwe bavuye muri TdRwanda2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.