Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Russia&Ukraine: Hasinywe amasezerano abaye intambwe ikomeye kuva Trump yajya ku butegetsi

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Russia&Ukraine: Hasinywe amasezerano abaye intambwe ikomeye kuva Trump yajya ku butegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko Ukraine n’u Burusiya basinye amasezerano yo guhagarika ibietero ku nyanja y’Umukara (Black Sea) no ku bikorwa by’ingudu.

Nubwo bitari byatangazwa neza igihe n’uburyo aya amasezerano yo kurangiza intambara byumwihariko ku Nyanja y’Umukara azatangira kubahirizwa, ni yo ya mbere izi impande zombi zemeranyijweho kuva Perezida Donald Trump yagera ku butegetsi.

Gusa nyuma y’iryo tangazo rya Leta Zunze Ubumwe za America, u Burusiya bwahise butangaza ko amasezerano y’agahenge ku nyanja y’Umukara icamo amato y’ibicuruzwa, atazubahirizwa mu gihe Amabanki y’u Burusiya azaba atarakomorerwa, ngo yongere guhabwa uburenganzira bwo gukorana n’ibindi bigo mpuzamahanga by’imari.

Icyakora Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskiy, yahise avuga ko ayo ari amayeri u Burusiya bushaka gukoresha kugira ngo butubahiriza ayo masezerano, avuga ayo masezerano y’agahene adasaba ko ibihano bikurwaho kugira ngo atangire kubahirizwa, ahubwo ko agomba guhita atangira gushyirwa mu bikorwa.
Zelenskiy yagize ati “Ayo ni amayeri bari gukoresha bagerageza guhindura amasezerano, ibyo ni ukuyobya abahuza bacu n’Isi yose.”

U Burusiya na Ukraine byombi byavuze ko bazashingira ku ntego za Washington mu gukurikiza amasezerano, ariko bombi bagaragaza impungenge zo kutizera ko buri ruhande ruzayubahirira.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, yagize ati “Dukeneye kubona ingamba zifatika z’uko ayo masezerano azubahirizwa, kuko twabonye kenshi Ukraine iyarengaho, kandi izo ngamba zizashoboka gusa mu gihe Washington yafata icyemezo, igategeka Zelenskiy n’itsinda rye, gushyira mu bikorwa amaserano batandukiriye.”

Ku ruhande rwa Zelenskiy, na we yavuze ko u Burusiya, nibutubahiriza aya masezerano, azasaba Trump gushyiraho ibindi bihano byiyongera ku byafatiwe u Burusiya no gutanga intwaro nyinshi kuri Ukraine.

Yagize ati “Twe nta cyizere dufitiye u Burusiya, ariko tuzaba abanyamwuga.”

Mu kiganiro yagiranye na Newsmax, Trump yemeye ko u Burusiya bushobora kuba bushaka gutinza iherezo ry’iyi ntambara.

Yagize ati “Numva u Burusiya bushaka kurangiza iyi ntambara, ariko birashoboka ko barimo kuyikererereza, nanjye nabikozeho mu myaka yashize”

Amasezerano yo guhagarika intambara, yagezweho nyuma y’ibiganiro byabaye muri Saudi Arabia, byakurikiwe n’ibindi byabereye kuri telefoni hagati ya Trump n’aba Baperezida babiri, Zelenskiy na Vladimir Putin, mu cyumweru gishize.

Aya masezerano aramutse ashyizwe mu bikorwa, ashobora kuba intambwe ya mbere ikomeye mu kugera ku ntego ya Trump yo gushaka guhagarika intambara imaze imyaka itatu ihanganishije u Burusiya na Ukraine.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 11 =

Previous Post

Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Next Post

Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.