Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Russia&Ukraine: Hasinywe amasezerano abaye intambwe ikomeye kuva Trump yajya ku butegetsi

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Russia&Ukraine: Hasinywe amasezerano abaye intambwe ikomeye kuva Trump yajya ku butegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko Ukraine n’u Burusiya basinye amasezerano yo guhagarika ibietero ku nyanja y’Umukara (Black Sea) no ku bikorwa by’ingudu.

Nubwo bitari byatangazwa neza igihe n’uburyo aya amasezerano yo kurangiza intambara byumwihariko ku Nyanja y’Umukara azatangira kubahirizwa, ni yo ya mbere izi impande zombi zemeranyijweho kuva Perezida Donald Trump yagera ku butegetsi.

Gusa nyuma y’iryo tangazo rya Leta Zunze Ubumwe za America, u Burusiya bwahise butangaza ko amasezerano y’agahenge ku nyanja y’Umukara icamo amato y’ibicuruzwa, atazubahirizwa mu gihe Amabanki y’u Burusiya azaba atarakomorerwa, ngo yongere guhabwa uburenganzira bwo gukorana n’ibindi bigo mpuzamahanga by’imari.

Icyakora Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskiy, yahise avuga ko ayo ari amayeri u Burusiya bushaka gukoresha kugira ngo butubahiriza ayo masezerano, avuga ayo masezerano y’agahene adasaba ko ibihano bikurwaho kugira ngo atangire kubahirizwa, ahubwo ko agomba guhita atangira gushyirwa mu bikorwa.
Zelenskiy yagize ati “Ayo ni amayeri bari gukoresha bagerageza guhindura amasezerano, ibyo ni ukuyobya abahuza bacu n’Isi yose.”

U Burusiya na Ukraine byombi byavuze ko bazashingira ku ntego za Washington mu gukurikiza amasezerano, ariko bombi bagaragaza impungenge zo kutizera ko buri ruhande ruzayubahirira.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, yagize ati “Dukeneye kubona ingamba zifatika z’uko ayo masezerano azubahirizwa, kuko twabonye kenshi Ukraine iyarengaho, kandi izo ngamba zizashoboka gusa mu gihe Washington yafata icyemezo, igategeka Zelenskiy n’itsinda rye, gushyira mu bikorwa amaserano batandukiriye.”

Ku ruhande rwa Zelenskiy, na we yavuze ko u Burusiya, nibutubahiriza aya masezerano, azasaba Trump gushyiraho ibindi bihano byiyongera ku byafatiwe u Burusiya no gutanga intwaro nyinshi kuri Ukraine.

Yagize ati “Twe nta cyizere dufitiye u Burusiya, ariko tuzaba abanyamwuga.”

Mu kiganiro yagiranye na Newsmax, Trump yemeye ko u Burusiya bushobora kuba bushaka gutinza iherezo ry’iyi ntambara.

Yagize ati “Numva u Burusiya bushaka kurangiza iyi ntambara, ariko birashoboka ko barimo kuyikererereza, nanjye nabikozeho mu myaka yashize”

Amasezerano yo guhagarika intambara, yagezweho nyuma y’ibiganiro byabaye muri Saudi Arabia, byakurikiwe n’ibindi byabereye kuri telefoni hagati ya Trump n’aba Baperezida babiri, Zelenskiy na Vladimir Putin, mu cyumweru gishize.

Aya masezerano aramutse ashyizwe mu bikorwa, ashobora kuba intambwe ya mbere ikomeye mu kugera ku ntego ya Trump yo gushaka guhagarika intambara imaze imyaka itatu ihanganishije u Burusiya na Ukraine.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Next Post

Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Related Posts

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yerecyeje muri Tanzania, aho yitabiriye irahira rya mugenzi we wa Madamu Samia Suluhu Hassan watorewe...

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

by radiotv10
03/11/2025
0

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza abasirikare ba bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, bari gukorera muri Romania imyitozo y’Umuryango...

IZIHERUKA

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.