Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Russia&Ukraine: Hasinywe amasezerano abaye intambwe ikomeye kuva Trump yajya ku butegetsi

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Russia&Ukraine: Hasinywe amasezerano abaye intambwe ikomeye kuva Trump yajya ku butegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko Ukraine n’u Burusiya basinye amasezerano yo guhagarika ibietero ku nyanja y’Umukara (Black Sea) no ku bikorwa by’ingudu.

Nubwo bitari byatangazwa neza igihe n’uburyo aya amasezerano yo kurangiza intambara byumwihariko ku Nyanja y’Umukara azatangira kubahirizwa, ni yo ya mbere izi impande zombi zemeranyijweho kuva Perezida Donald Trump yagera ku butegetsi.

Gusa nyuma y’iryo tangazo rya Leta Zunze Ubumwe za America, u Burusiya bwahise butangaza ko amasezerano y’agahenge ku nyanja y’Umukara icamo amato y’ibicuruzwa, atazubahirizwa mu gihe Amabanki y’u Burusiya azaba atarakomorerwa, ngo yongere guhabwa uburenganzira bwo gukorana n’ibindi bigo mpuzamahanga by’imari.

Icyakora Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskiy, yahise avuga ko ayo ari amayeri u Burusiya bushaka gukoresha kugira ngo butubahiriza ayo masezerano, avuga ayo masezerano y’agahene adasaba ko ibihano bikurwaho kugira ngo atangire kubahirizwa, ahubwo ko agomba guhita atangira gushyirwa mu bikorwa.
Zelenskiy yagize ati “Ayo ni amayeri bari gukoresha bagerageza guhindura amasezerano, ibyo ni ukuyobya abahuza bacu n’Isi yose.”

U Burusiya na Ukraine byombi byavuze ko bazashingira ku ntego za Washington mu gukurikiza amasezerano, ariko bombi bagaragaza impungenge zo kutizera ko buri ruhande ruzayubahirira.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, yagize ati “Dukeneye kubona ingamba zifatika z’uko ayo masezerano azubahirizwa, kuko twabonye kenshi Ukraine iyarengaho, kandi izo ngamba zizashoboka gusa mu gihe Washington yafata icyemezo, igategeka Zelenskiy n’itsinda rye, gushyira mu bikorwa amaserano batandukiriye.”

Ku ruhande rwa Zelenskiy, na we yavuze ko u Burusiya, nibutubahiriza aya masezerano, azasaba Trump gushyiraho ibindi bihano byiyongera ku byafatiwe u Burusiya no gutanga intwaro nyinshi kuri Ukraine.

Yagize ati “Twe nta cyizere dufitiye u Burusiya, ariko tuzaba abanyamwuga.”

Mu kiganiro yagiranye na Newsmax, Trump yemeye ko u Burusiya bushobora kuba bushaka gutinza iherezo ry’iyi ntambara.

Yagize ati “Numva u Burusiya bushaka kurangiza iyi ntambara, ariko birashoboka ko barimo kuyikererereza, nanjye nabikozeho mu myaka yashize”

Amasezerano yo guhagarika intambara, yagezweho nyuma y’ibiganiro byabaye muri Saudi Arabia, byakurikiwe n’ibindi byabereye kuri telefoni hagati ya Trump n’aba Baperezida babiri, Zelenskiy na Vladimir Putin, mu cyumweru gishize.

Aya masezerano aramutse ashyizwe mu bikorwa, ashobora kuba intambwe ya mbere ikomeye mu kugera ku ntego ya Trump yo gushaka guhagarika intambara imaze imyaka itatu ihanganishije u Burusiya na Ukraine.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − five =

Previous Post

Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Next Post

Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Congo: Umuhanzi wapfuye bikazamura impaka kumushyingura byakurikiwe n’imvururu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.