Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira ry’urugendo rwo kuzibanira na we ubuziraherezo.
Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Ukuboza 2025, aho uyu mukinnyi wanyuze mu makipe akomeye, arimo na APR FC, yabyitangarije ubwe abinyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Mu butumwa buherekeje amafoto yafashwe nyuma yo kwambika impeta umukunzi we, Kwitonda Alain AKA Bacca, yagize ati “Itangiriro ryo kwibanira ubuziraherezo.”
Bacca kandi yambitse impeta y’urukundo umukunzi we, mu gihe ikipe ye ya Police FC ikomeje kwitwara neza, dore ko uyu munsi yayimwambikiyeho, yari yanabonyeho intsinzi ubwo yatsindaga Gasogi United igitego 1-0, byatumye ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, n’amanota 26.
Bacca yagiye muri Police FC mu mpeshyi y’uyu mwaka muri Nyakanga, avuye muri APR FC yari arangijemo amasezerano ariko ntiyongerwe.



RADIOTV10











